• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Editorial 20 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibimenyetso simusiga birerekana ko mu mwaka wa 2026 Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni azongera kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, ikazaba ibaye manda ya 7. Icyo gihe Museveni azaba yujuje imyaka 82 y’amavuko.

Nyamara mu matora aheruka, abaturage bamugaragarije ko barambiwe ubutegetsi bwe n’ishyaka rya NRM, maze amajwi bayahundagaza kuri Robert Kyaguranyi bita Bobi Wine. Byamusabye kwiyambaza uburiganya n’iterabwoba, maze ubutegetsi bwemeza ko Museveni ariwe watsinze, Byahe byo kajya!

Nyuma yo kubona ko abaturage bamuhaze, ubu Museveni yahinduye umuvuno, Kubera ko NRM ifite abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko, nabo bashyizwemo n’uburiganya, Perezida Museveni arasaba guhindura itegekonshinga, ku buryo kuva mu w’2026 Perezida wa Uganda azajya atorwa n’abadepite, aho gutorwa n’abaturage bujuje imyaka nk’uko byari bisanzwe.

Uyu mushinga ukimara kumenyekana, abaturage bararakaye bikomeye, ndetse baranerura bavuga ko Museveni na NRM nibagerageza guhindura itegekonshinga hazavuka imvururu ziteye ubwoba.

Ubutegetsi bubonye ibintu bikomeye, bwashatse amayeri yose yo gukinga abaturage ibikarito mu maso. Muri ayo mayeri harimo kohereza ingabo muri kongo kugirango abaturage n’isi yose babe aribyo barangariraho, hagati aho Museveni n’abambari be banoza umushinga wo kugundira ubutegetsi.

Abasesengura politiki yo muri Uganda bavuga ko guhindura itegekonshinga bizagorana cyane ubutegetsi, bikaba byanatuma hatemba umuvu w’amaraso.

Bemeza ko Museveni nabona umushinga we upfubye, azahitamo kutiyamamaza, ahubwo akamamaza umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba, ubu utegeka ingabo zirwanira kubutaka. Gusa uyu nawe ngo abaturage ntibamukozwa, kuko bamushinja ingeso zirimo gukabya gukunda agasembuye. Ikindi abaturage bumva Gen Kainerugaba abaye Perezida ntaho byaba bivuye ntaho bigiye, kuko ubutegetsi bwaba bukiri mu biganza by’umuryango wa Kaguta Museveni.

Icyakora niyo bamwima amajwi ntibyamubuza kuba Perezida, kuko na se atigeze atorwa, ahubwo byamusabye kwiba amajwi mu matora yose yabaye.
Ikigaragarira buri wese ni uko ibihe biri imbere bikomereye ubutegetsi bwa Museveni. Guhindura itegekonshinga cyangwa kwamamaza umuhungu we, byombi ni ihurizo , kuko bizakurura imidugararo mu baturage.

Abaturage ndetse n’amahanga barega Leta ya Museveni ruswa n’icyenewabo byashize Uganda ahantu habi mu nzego zose, nko mu burezi, mu buvuzi, mu mutekano, mu bikorwa-remezo, n’ahandi.

2022-01-20
Editorial

IZINDI NKURU

Abapolisi bihugura mu bijyanye n’ubutumwa bw’amahoro  basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

Abapolisi bihugura mu bijyanye n’ubutumwa bw’amahoro basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

Editorial 12 Jun 2016
Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Editorial 23 Dec 2016
Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Editorial 23 Jul 2021
” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

” Tuzabavuna” ko yahahamuye Ingabire Victoire, yaba akeka ko ariwe uzavunwa mbere?

Editorial 02 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel
SHOWBIZ

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Editorial 05 Feb 2018
Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni
INKURU NYAMUKURU

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Editorial 28 Apr 2019
Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Editorial 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru