• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda

Museveni yazamuye mu ntera abayobozi ba CMI, Abel Kandiho na C.K Asiimwe,  bashinjwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 29 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida wa Uganda Yoweri Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru barimo Abel Kandiho uyobora Urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI) na C.K Asiimwe umwungirije, bashinjwa gushyigikira imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda no gukorera iyicarubozo Abanyarwanda baba muri icyo gihugu.

Abel Kandiho wari Brigadier yongewe inyenyeri imwe agirwa Major General, mu gihe umwungiriza we C.K Asiimwe wari Colonel, yavanwe mu cyiciro cya ba Ofisiye Bakuru agashyirwa mu cya ba Ofisiye Jenerali, ahabwa ipeti rya Brigadier.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Gatandatu, mu gihe aya mazina yombi amaze iminsi avugwa mu bikorwa bibangamiye u Rwanda, byagejeje aho rusaba abaturage barwo guhagarika kujya muri Uganda.

Ibinyamakuru bikorana na Leta ya Uganda byatangaje ko izamurwa mu ntera ry’abayobozi ba CMI ryabaye “kubera imikorere myiza, kurwanya ibyaha no gusenya udutsiko dukorana na leta z’amahanga.” Ni ibikorwa byakunze kugerekwa ku Banyarwanda bagiye bahohoterwa muri icyo gihugu bashinjwa ubutasi.

U Rwanda rushinja Uganda gucumbikira abakekwaho ibyaha binyuranye bahunze ubutabera no gukingira ikibaba ibikorwa by’imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, birimo iby’imitwe ya RNC, FDLR, RUD Urunana n’indi, byose bigakorwa bigizwemo uruhare na CMI iyoborwa na Kandiho.

Mu biganiro byabaye hagati y’u Rwanda na Uganda mbere y’uko Coronavirus ituma bihagarikwa, rwagaragaje uburyo ubuyobozi bwa RNC bukomeje icengezamatwara muri Uganda no gushaka ubushobozi, bafashijwe n’abayobozi ba CMI barimo Asiimwe wungirije muri CMI akaba n’umuyobozi ushinzwe kurwanya iterabwoba.

Mu gukomeza kugaragaza uburyo CMI ifasha abarwanya Leta y’u Rwanda, mu nama yo ku wa 14 Gashyantare 2020 Umunyamabaga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko uru rwego ruhuza ibikorwa by’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Yatanze urugero ko ku wa 2 Gashyantare 2020 ubwo habaga inama igamije gushaka umuti ku bibazo by’ibihugu byombi, hanabaye iyahuje RNC na RUD Urunana i Mbarara, yitabirwa n’abarimo Capt Nshimiye uzwi nka Governor, wayoboye igitero cyagabwe na RUD Urunana mu Kinigi mu mwaka ushize.

Yitabiriwe kandi na Col Rugema Emmanuel na Col Sam ba RUD Urunana, hamwe na Lt Frank Mushayija watorotse igisirikare, Major Ntare, Capt Frank Mugisha uzwi nka Sunday, JMV Turabumukiza na Major Robert Higiro wari uhagarariye RNC.

Nduhungirehe yakomeje ati “CMI yohereje imodoka zafashe Col Rugema n’itsinda rye bava i Kisoro bajya i Mbarara mu nama.” Iyo nama yari igamije kurema umutwe uhuriweho na RUD Urunana na RNC no gukomeza ibikorwa by’icengezamatwara.

Nduhungirehe yanagarutse ku iyicarubozo CMI iyobowe na Kandiho na Asiimwe ikomeje gukorera Abanyarwanda muri icyo gihugu, aho ubuhamya bwinshi bubihuza n’uko yagiye ishaka kubinjiza mu mitwe yitwaje intwaro, ubyanze agatotezwa.

Yakomeje ati”Abanyarwanda ubu barimo gupfa kubera iyicarubozo bakorewe na CMI, urugero rubabaje ruheruka ni urwa Emmanuel Mageza w’myaka 50, wakorewe iyicarubozo mu gihe kirenga umwaka muri kasho za CMI, uheruka kugwa mu bitaro byo mu mutwe bya Butabika, ashyingurwa muri Uganda.”

Mu gukomeza gutoteza Abanyarwanda, muri iki cyumweru abagera kuri 342 bashyizwe hamwe n’inzego z’ubuyobozi muri Uganda, zibajugunya ku mipaka itemewe mu turere twa Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru zibashinja ko bari gukwirakwiza Coronavirus muri Uganda.

Mu byo u Rwanda rwakomeje gusaba Uganda, harimo gukurikirana abayobozi bakorana na RNC na RUD Urunana barimo Philemon Mateke, Kandiho na Asiimwe bo muri CMI, Brig Gen Fred Karara, Major Fred Mushambo, Col Kaka Bagyenda n’abandi. Bamwe muri bo ahubwo bahembwe kuzamurwa mu ntera.

Bibaye nyuma y’uko inama yahurije i Gatuna abayobozi b’u Rwanda, Uganda, Angola na RDC ku wa 21 Gashyantare 2020, yasabye icyo gihugu ko mu kwezi kumwe kigenzura ibikorwa by’imitwe ibangamiye u Rwanda bibera ku butaka bwayo, byaba ari ukuri, kigafata ingamba zose zo kubihagarika no kwirinda ko byakongera kubaho.

Raporo yagombaga kugezwa ku bakuru b’ibihugu, nyuma yo kureba ibiyikubiyemo, abahuza bagakoranya inama mu minsi 15 i Gatuna / Katuna igamije gufungura imipaka no gusubiza ku murongo umubano hagati y’ibihugu byombi.

Amb. Nduhungirehe aheruka kubwira Itangazamakuru ko inama zahagaze kubera icyorezo cya Coronavirus, cyane ko ukwezi kwari kwatanzwe ko kwararangiye. U Rwanda rwandikiye Uganda ruyibwira ko ibyo yiyemeje yabikora, icyorezo cyazarangira impande zombi zikazahura zireba intambwe yatewe.

Iri zamurwa mu ntera ryanageze ku basirikare bakuru barimo uhagarariye ibikorwa bya gisirikare muri ambasade ya Uganda mu Bubiligi, Moses Rwakitarate, wagizwe Major General na Hudson Mukasa ufite inshingano nk’izo muri Kenya.

 

2020-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Editorial 06 Dec 2017
Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Editorial 27 Feb 2020
Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Editorial 10 May 2024
Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe

Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe

Editorial 20 Nov 2017
Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Editorial 06 Dec 2017
Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Editorial 27 Feb 2020
Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Editorial 10 May 2024
Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe

Burundi: Perezida Nkurunziza muri gahunda yo gutanga Laissez-passer zijyana mu ijuru abatavuga rumwe nawe

Editorial 20 Nov 2017
Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Editorial 06 Dec 2017
Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Editorial 27 Feb 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru