• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Editorial 03 Sep 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi Meddy amaze iminsi ageze mu Rwanda aho yaje mu gitaramo Mutzig Beer Fest uyu muhanzi nyuma y’imyaka 7 ataririmbira ku butaka bw’u Rwanda yazanywe n’ikinyobwa cya Mutzig mu gitaramo bise Mutzig Beer Fest cyabereye i Nyamata muri Golden Tulip kuri uyu wa Gatandatu tariki 2 Nzeri 2017.

Kuri iyi Hotel hatatse amabara y’umweru n’umutuku hicaye ababukereye n’amatara akwereka ko habaye ikirori, umuziki mwinshi abantu babyina gake gake bategereje ko abahanzi bagera ku rubyiniro ari nako banywa Mutzig nk’ikinyobwa cyabazaniye Meddy wari umaze imyaka 7 atabataramira bitewe nuko yiberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

-7852.jpg

Meddy byari byitezwe ko agera ku rubyiniro saa yine zuzuye siko byagenze kuko yabanjirijwe n’abana biga umuziki ku Nyundo bamucurangiraga, aba babanje gushyushya abantu muri muzika icuranze dore ko hari havuyeho aba Djs bahawe umwanya wo kwigaragaza muri iki gitaramo.

Abantu bari bafite amatsiko menshi ubona bategereje kongera kubona Meddy bagipfa kumuca iryera basimbukiye mu bicu bikubitana n’umubare wabo nawo utubutse. Ngabo medard cyangwa Meddy nk’izina yamamariyeho muri muzika yinjiriye abyina mu ijambo rimwe ati “Muraho?”. Akimara kuramutsa abafana be Meddy yatangiranye n’indirimbo Inkoramutima abantu si ukurira intebe ngo babashe kubona uyu muhanzi bivayo.

Nyuma y’inkoramutima Meddy yakurikijeho ‘Akaramata’ nyumayayo ahita afata gitari atangira kwicurangira indirimbo ye ‘Ese urambona’ ubuhanga mu ijwi ndetse no kuririmba neza byaranze Meddy muri iki gitaramo.ageze ku ndirimbo ye yakoze cyera yitwa ‘Amayobera’ Meddy yahinduye ibintu yongera guhagurutsa imbaga yari yaje kumureba barayibyinana biratinda dore ko nawe yanyuzagamo akayibyina.

Meddy wari witwaje ababyinnyi yageze ku ndirimbo ye ‘Mubwire’ bahita bazamuka ku rubyiniro si ugucinya umudiho biratinda.meddy amaze kumva umurindi w’abafana yagize ati ‘Ibyo mushaka byose niteguye kubikora nonaha. Nyuma yo gushimisha abafana mu ndirimbo nyinshi Meddy yongeye kwerekana ubuhanga mu kuririmba ndetse anerekana ko ari umwe mu bahanzi nyarwanda bakunzwe kurusha abandi

-7850.jpg

-7851.jpg

-7853.jpg

-7854.jpg

-7855.jpg

-7856.jpg

-7857.jpg

-7858.jpg

-7859.jpg

REBA INCAMAKE YA VIDEO Y’UKO BYARI BIMEZE


2017-09-03
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Editorial 28 Apr 2022
Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Editorial 31 May 2021
Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Editorial 16 Jul 2016
Rwogera ni izina rishya mu muziki nyarwanda, yifashishije indirimbo ashimira ababyeyi be kubwo kwitanga kwabo ku buzima bwe.

Rwogera ni izina rishya mu muziki nyarwanda, yifashishije indirimbo ashimira ababyeyi be kubwo kwitanga kwabo ku buzima bwe.

Editorial 09 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC
INKURU NYAMUKURU

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

Editorial 12 Oct 2018
Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali,  Icyamamare  Davido yatahanye  na Kate Bashabe.
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali, Icyamamare Davido yatahanye na Kate Bashabe.

Editorial 05 Mar 2018
Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore
Amakuru

Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Editorial 02 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru