• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ubwanditsi 30 Mar 2016 Mu Mahanga

​Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Werurwe, umupolisi ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha mu karere ka Ngoma.

Inspector of Police (IP) Jean Pierre Ndayisaba yagiranye inama n’abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamugari riherereye mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Remera ndetse n’ababyeyi barerera muri icyo kigo, asaba abana kwirinda ibiyobyabwenge n’ihohoterwa rishobora kubakorerwa, anasaba ababyeyi babo kubitaho muri ibi bihe by’ibiruhuko tugiye kwinjiramo nk’uko ingengabihe y’umwaka w’amashuri ibiteganya.

Yabwiye aba banyeshuri ko ibiruhuko atari umwanya wo kwifata uko babonye bakiga ingeso mbi, ahubwo ko ari igihe cyo gusubiramo amasomo yabo no gufasha imirimo ababyeyi.

Akaba yagize ati:”hari abanyeshuri bagera mu biruhuko bakishora mu kunywa inzoga, itabi n’ibindi biyobyabwenge, mumenye ko ibyo byose bishobora kubashora mu busambanyi rimwe na rimwe bukurikirwa n’ingaruka zirimo gutwara inda z’indaro, kuva mu ishuri, ubuzererezi, ubwomanzi no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ibiruhuko byanyu bibafashe kuruhura ubwonko neza, mwifashisha imyidagaduro itandukanye, gusubira mu masomo no gusura abo mu miryango yanyu mudaherukanye.”

IP Ndayisabye yaboneyeho umwanya wo gusaba ababyeyi b’aba banyeshuri cyane cyane ab’abakobwa kubitaho no kubakurikiranira hafi ngo hatagira ababashuka bakabashora mu ngeso mbi, aho yagize ati:”Muri iyi minsi hari abantu bakuru bajya bashukisha abana b’abakobwa ibintu bitandukanye birimo telephone zigendanwa, amafaranga, kubasohokana n’ibindi barangiza bagakabakoresha imibonano mpuzabitsina ikurikirwa rimwe na rimwe no gutwara inda zitateganyijwe. Babyeyi rero mwite kuri aba bana, kuko nta cyiza aba baba bagamije uretse gushora aba bana mu ngeso mbi zishobora kwangiza ahazaza habo.”

Yanagiriye inama aba banyeshuri yo kwima amatwi umuntu waza ababwira ko ashobora kubaha cyangwa kubashakira akazi n’amashuri byiza mu bihugu by’amahanga, aha akaba yarababwiye ko iyo babagejejeyo babambura ibyangombwa byose maze bakabakoresha imirimo ivunanye nta gihembo ndetse bakabashora mu busambanyi, kimwe no kubakuramo ibice bimwe na bimwe by’imibiri yabo.

Nyuma y’ibyo biganiro, umuyobozi w’iri shuri Rwamamara Etienne yagize ati:”Polisi y’u Rwanda ni umujyanama ukomeye. Izi nama bahora batugira tuzikurikije Igihugu cyacu cyatera imbere kurushaho kuko nta mutekano nta terambere. Turasaba ababyeyi kudufasha kwita kuri aba bana dusangiye kurera, bakazagaruka gukurikirana amasomo yabo mu gihembwe gitaha nta n’umwe uhuye n’ibibazo byavuzwe.”

Umubyeyi wari witabiriye iyi nama witwa Mugemana Jean Paul yagize ati:”Tugiye kugenzura abana bacu cyane cyane ab’abakobwa, tujye tumenya aho bajya, cyangwa abo biriranywe mu rwego rwo kubarinda ko bashorwa mu mibonano mpuzabitsina kuko hari ingero zimwe na zimwe tubona aho dutuye, aho hari abakobwa baretse amashuri kubera gutwita inda zitateganyijwe kandi bakiri mu ishuri.”

Umwe muri abo banyeshuri witwa Dukunde Chretienne wiga mu mwaka wa gatatu wisumbuye yagize ati:” Turashimira Polisi y’u Rwanda kubera inama idahwema kutugira, hari bamwe muri twe bashukwa n’abasore ndetse n’abagabo bakuru, bakabaha impano zinyuranye, bakabajyana mu tubyiniro, bakanabaha inzoga, nyuma bakabashora mu mibonano mpuzabitsina. Tugiye kubagira inama, tubabwire ingaruka bigira ku buzima bwabo, kuko imiryango yacu ndetse n’I gihugu muri rusange bidutezeho byinshi. Nta mpamvu rero yo kwangiza ahazaza hacu, hakangizwa n’ibintu dushoboye kwirinda no kurinda abandi.”

RNP

2016-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2022
CNLG  aravuga ko Amerika ari intangarugero  igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo
Mu Mahanga

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano
Mu Mahanga

Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka
INKURU NYAMUKURU

Umushyikirano wa 15 uzibanda kuri gahunda y’Igihugu igamije impinduka

Ubwanditsi 07 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru