• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Editorial 01 May 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage ikunze gutinda kubakwa rimwe na rimwe kubera iba ikeneye ingengo y’imari nini.

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere iyo habonetse ubushobozi.

-6434.jpg

Perezida wa Repubulika yasuye Abaturage

Minisitiri Gatete yabivuze nyuma y’aho Depite Bitunguramye Diogène abajije impamvu mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2017-2018, hatagaragamo ingengo y’imari izakoreshwa mu kubaka umuhanda Gasabo-Nyacyonga-Rulindo, na Nyarugenge-Nzove-Gakenke yose Perezida Paul Kagame yemereye abaturage.

Mu ruzinduko yagiriye muri aka karere ka Rulindo tariki ya 28 Gashyantare 2014, Perezida Paul Kagame yemereye abaturage umuhanda wa kaburimbo uhuza ahitwa Nyacyonga na Mukoto ureshya n’ibilometero 30, akaba yaravuze ko ku bufatanye n’abaturage umuhanda ugiye gushyirwa kuri gahunda kandi ukubakwa byihuse.

-6433.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asuhuza abaturage

Gatete yagize ati “Imihanda irahenda, nk’iyi mihanda ya Rulindo ntabwo yibagiranye irahari ariko iyi ni imihanda ihenda ku buryo utafata ingendo y’imari yose ngo uyishyire ku muhanda, ni nayo mpamvu imihanda myinshi cyane tuyisabira inguzanyo, nk’ubu nakubwira ko urebye nk’uriya muhanda wa Huye –Kibeho cyangwa Ngoma -Nyanza murabizi ko Perezida Kagame yayemereye abaturage kera ariko kubera ko ari amafaranga menshi cyane akenewe, ntabwo uhita ubikora ugomba kubanza kubiteganyiriza.”

Yakomeje agira ati “Muzi kandi nk’uriya muhanda uva Nyagatare ukagera Base, cyangwa Kagitumba -Rusumo, ntabwo uwo muhanda wahita uwushyira mu ngengo y’imari y’umwaka utaha, ugomba kubanza gushaka amafaranga, gusa iyo Perezida yatanze impano tuyishyira mu by’ibanze hejuru y’ibindi byose bikenewe, icyo navuga ni uko iyi mihanda izakorwa.”

Muri rusange mu mwaka wa 2017-2018, ingengo y’imari iteganyijwe izaba ari miliyari 2094.9 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miliyari 1954.2, bivuze ko yiyongereyeho miliyari 140.7.

Amafaranga azava imbere mu gihugu kongeraho inguzanyo igihugu giteganya, azaba angana na 83% y’ingengo y’imari yose, mu gihe inkunga y’amahanga zo zizaba ari 17% gusa.

-6436.jpg

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere

2017-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Editorial 30 Sep 2025
Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

Administrator 23 Oct 2025
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017
Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Editorial 19 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru
POLITIKI

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Editorial 10 Oct 2018
Ikibazo cy’Ingutu hagati  DONALD TRUMP n’Itangazamakuru
ITOHOZA

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Editorial 26 Dec 2016
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye
Mu Mahanga

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru