• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Editorial 21 Mar 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’uruzinduko rw’iminsi 2 Umunyamabanga wa Leta y’Ubwongereza , Madamu Suella Braverman yashoje mu Rwanda kuwa mbere tariki 20 werurwe 2023, yatangaje ko yiboneye ko u Rwanda ari nta makemwa mu kwakira no gufata neza abimukira b’abanyamahanga, yewe ndetse no kurusha uko bafatwa mu bihugu byinshi byo mu Burayi.Amasezerano hagati y’Ubwongereza n’uRwanda azabera ibindi bihugu urugero.

Madamu Braverman wagenzwaga no gushimangira amasezerano Ubwongereza bufitanye n’uRwanda, ateganya ko ruzakira abimukira bari mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yashoboye kubonana n’abimukira bari mu Rwanda, barimo abavanywe mu bucakara muri Libiya, aho bari barageze bagerageza kwambuka ngo bajye gushakira imibereho ku mugabane w’uBurayi, abavuye muri Afghanistan bahunga ubutegetsi bw’intagondwa z’abatalibani, n’abandi benshi bahisemo gutura mu Rwanda, mu gihe mu bihugu byabo ibintu bitarasubira mu buryo, cyangwa mu gihe amadosiye asaba ubuhungiro mu bindi bihugu byo mu Burayi n’Amerika agisuzumwa.

Abo bose batangarije Madamu Suella Braverman ko bahamwe amacumbi ajyanye n’icyubahiro gikwiye umuntu, bamubwira ko biga uko bikwiye, bakavuzwa neza, bakidagadura, mbese ngo babaye abenegihugu mu bandi.Agisubira mu gihugu cye, Umunyamabanga wa Leta Suella Braverman yabwiye itangazamakuru ndetse n’izindi nzego bireba, ko nta gikwiye gukoma imbere umushinga wo kohereza abimukira mu Rwanda, ko ndetse aya masezerano azabera urugero n’ibindi bihugu bihangayikishijwe n’abimukira binjira muri ibyo bihugu rwihishwa, abenshi ndetse bakanapfira mu nzira batarahagera.

Ubuhamya bwa Suella Braverman bugamburuje abarwanya aya masezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza, bikaba byari bisanzwe bizwi ko abo ari abanga u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo ku mpamvu zizwi nabo ubwabo gusa, kimwe n’ababonera amaronko ku bimukira, babeshya ngo barabafasha kurengera uburenganzira bwabo. Indege itwaye icyiciro cya mbere cy’abimukira bavuye mu Bwongereza, ishobora kugwa i Kanombe mu minsi mike iri imbere, kuko impande zombi zemeranyijwe kwihutisha gushyira mu bikorwa amasezerano. Kuki abimukira bari mu mudendezo mu Rwanda, nyamara hakaba Abanyarwanda bahisemo kuzapfira ishyanga?

Iyo ushishoje, Abanyarwanda binangiye bakanga gutaha, si uko batazi ko mu Rwanda ari amahoro. Ahubwo biganjemo ababa mu mashyamba ya Kongo no mu bihugu bike by’Afrika, Uburayi n’Amerika, bibwira ko ngo bazataha barasa, baje gufata ubutegetsi mu Rwanda, bagasubizaho leta y’ibigarasha n’abajenosideri.

Abo ni abari mu mitwe y’iterabwoba nka FDLR, RNC, FLN n’indi itagira epfo na ruguru. N’abitwa ko bajijutse, bakiyita” abatavuga rumwe na Leta”, bazi neza ko ibyo gufata ubutegetsi mu Rwanda ari inzozi zidashoboka, ariko bagahitamo gushuka ab’ubwenge buke, ngo babahe udufaranga tubasunika mu buzima bubi barimo, iyo rubanda inababere agakingirizo iyo mu mahanga, kuko batinya gutaha kubera ibyaha binyuranye basize bakoze mu Rwanda. Wakwiyita ute”impunzi” kandi uri mu mitwe yitwaje intwaro?

Tumaze iminsi tugaruka ku bukangurambaga bw’abajenosideri n’ibigarasha birimo Ingabire Victoire na FDU-Inkingi ye, Ntaganda Bernard, Faustin Twagiramungu, Anasthase Gasana, Gaspard Musabyimana, abaparimehutu bo Dominiko Mbonyumutwa, n’abandi bacuramye ubwonko, ngo batabariza “impunzi z’Abanyarwanda ziri muri kongo”.

Ariko se mu by’ukuri, ninde wakwirengagiza ubunryo Leta y’uRwanda, ifatanyje n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi, UNHCR, yewe ndetse n’ibihugu byakiriye impunzi z’Abanyarwanda, nta gihe batabwiye abifuza gutaha ko amarembo afunguye, abashaka kuguma aho bari nabo bakaba bahaguma, ariko batitwa impunzi? Hari ibihumbi byinshi byahisemo gutera umugongo ubuhunzi, abandi batura mu bihugu bahungiyemo, ariko bafite uburenganzira bwo gusura igihugu cyabo, uRwanda. Abatashye ubu baratuye, baratuje, bari mu cyerekezo kizima kimwe n’abo basanze mu Rwanda.

Abinangiye nta mpamvu n’imwe yumvikana batanga, uretse gusa kuvuga ngo mu Rwanda “nta bwisanzure buhari”, ukagirango kubundabunda iw’abandi nibwo bwisanzure bubakwiye.

Bishoboka bite se ko umuntu yakwiyita impunzi atarabujijwe gutaha, agahitamo gufata intwaro no kuyoboka imitwe yica, igasahura,igasambanya abagore ku ngufu, mbese imitwe twagereranya n’iya satani?!Niba umunyamahanga akubwira ko mu Rwanda abayeho neza, kuki wowe wahitamo kubaho nabi mu mahanga kandi ufite iwanyu. Abatarafata icyemezo cyo gutaha murakererwa rwose, kuko abari mu gihugu barakomeza kubasiga muri rwa rugendo rw’iterambere turimo.

Uko imyaka ishira kandi niko musaza, ari nako igihe cyo gukora kibasiga.

N’iyo kandi waba utunze, burya nta shya ry’ishyanga. Bikarushaho kuba bibi iyo uwo mutungo uwukoresha mu kubangamira inyungu z’igihugu cyakubyaye.Amateka atwereka ko burya amahanga ahanda. Igihe kiragera akaguhinduka, cyane cyane iyo yamenye ko utavugwa neza ku ivuko. Witegereza kuzabura amajyo, kandi uRwanda rwawe ruhora rugutegeye yombi ngo rukwakirane ubwuzu.

Taha none, utandukane no kubaho nk’utagira gakondo.

2023-03-21
Editorial

IZINDI NKURU

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Editorial 19 Oct 2021
U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Editorial 27 Feb 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Editorial 01 Dec 2018
Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Editorial 25 Jun 2018
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Editorial 19 Oct 2021
U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Editorial 27 Feb 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Editorial 01 Dec 2018
Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Editorial 25 Jun 2018
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Editorial 19 Oct 2021
U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Editorial 27 Feb 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru