• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Editorial 17 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Niger mu Rwanda, Rakiatou Mayaki yabwiye abanyamakuru uko Perezida Kagame yubashywe muri Niger.

Ambasaderi Mayaki yavuze ko Perezida Kagame witegura kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ari “umunyafurika uharanira ishema ry’abanyafurika”, ati “ni ibintu bitagibwaho impaka.”

Ku bw’ibyo, Madame Mayaki yavuze ko Niger “yiteguye kumushyigikira ku kigero cya 200%” kuko “yeretse abanyafurika ko n’imisozi umuntu ashobora kuyimura afite ubushake.”

Madame Rakiatou Mayaki ni umwe mu ba-ambasaderi 10 bashyikirije Perezida Kagame impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, kuri uyu wa 16 Mutarama 2018.

Abandi ni Joanne Lomas w’u Bwongereza, Nicola Bellomo w’Umuryango w’Ubumwe w’u Burayi, Julia Pataki wa Romania, Konstantinos Moatsos w’u Bugereki, Seyed Morteza Mortazavi wa Iran, Oumar Daou wa Mali, Abdall Hassan Eisa Bushara wa Sudan, Ahmed samy Mohamed El-Ansary wa Misiri na Zulit Zewdie Gebremariam wa Ethiopia.

Mu biganiro bahaye itangazamakuru bamaze kwakirwa na Perezida Kagame, bose bahurije ku kuvuga ko ibihugu byabo byiteguye gukorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye.

Madame Rakiatou Mayaki wa Niger yavuze ko we na Perezida Kagame baganiriye “ku mishinga y’iterambere ry’abaturage, imikoranire mu by’ibidukikije, ibikorwaremezo, ubuhinzi n’ubworozi, guteza imbere urubyiruko no kurwanya ibyuka bibi byoherezwa mu kirere.”

Mu gihe Perezida Kagame yitegura kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe kuva mu mpera z’uku kwezi, ambasaderi Mayaki yavuze ko Niger izamushyigikira uko ishoboye kose.

Ati “Mbere na mbere hagati y’abaperezida bacu harimo ubushuti buhamye no kubahana, umuvandimwe we Mahamadou Issoufou (Perezida wa Niger), na we akunda Afurika, bakunda iterambere rya Afurika, barashaka gukura Afurika mu bukene, barashaka gukemura ikibazo cy’abanyafurika bari mu bushomeri…”

Mu muhango wo gusangira n’aba ba ambasaderi bashya wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Mutarama 2018, Perezida Kagame yababwiye ko muri uyu mwaka wa 2018 u Rwanda ruzaharanira ubumwe bw’Abanyafurika kurusha uko byari bimeze.

Yagize ati “Abanyafurika bahereye kera bifuza gukorana no kubaho neza, ndizera ko tuzafatanya mu gutuma babigeraho.”

Yagarutse kuri imwe mu ngamba zigamije gufungurira imiryango Abanyafurika baza mu Rwanda, yibutsa ko uje mu Rwanda ahabwa visa ageze mu Rwanda.

Ati “Ariko bizadusaba kuba maso kurushaho, gushyiraho uburyo bunoze ngo hatagira ikibi kiba tutifuzaga. Naho ubundi twifuza ko umubare w’abadusura n’inshuti zacu wiyongera.”

Kuwa 28 Mutarama 2018 ni bwo Perezida Kagame Paul azatangira kuyobora Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), aho azaba asimbuye Perezida wa Guinea, Alpha Condé.

Ni umwanya ugenda uhererekanywa n’abakuru b’ibihugu hakurikijwe uturere dutanu twa Afurika: Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburengerazuba, Iburasirazuba no Hagati.

Agiye kuyobora uyu muryango nyuma y’aho yanagiriwe icyizere akanayobora akanama k’impuguke kari gashinzwe gutegura amavugurura muri uyu muryango.

2018-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Editorial 17 May 2021
Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Editorial 22 Aug 2025
Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Editorial 04 Dec 2017
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Editorial 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa  umwanya w’ubujyanama
HIRYA NO HINO

Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Editorial 27 Nov 2017
Uwahoze ari umutoza wa Rayon Raoul Shungu arasaba abanyarwanda gufana Congo
IMIKINO

Uwahoze ari umutoza wa Rayon Raoul Shungu arasaba abanyarwanda gufana Congo

Editorial 03 Feb 2016
Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
UBUKUNGU

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru