• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Nikobisanzwe yagizwe ambasaderi wa mbere w’u Rwanda muri Mozambique

Nikobisanzwe yagizwe ambasaderi wa mbere w’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 15 Sep 2018 POLITIKI

Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Gatanu yashyize mu myanya abayobozi bashya muri Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, barimo Masozera Richard wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya naho Nikobisanzwe Claude agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique.

Nikobisanzwe abaye ambasaderi wa mbere w’u Rwanda i Maputo, nyuma y’uko muri Nyakanga Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rufite icyifuzo cyo gufungurayo ambasade ndetse akigeza kuri Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, wari mu ruzinduko mu Rwanda.

Perezida Kagame yashimangiye ko gufungura Ambasade i Maputo bizakomeza kunoza umubano w’ibihugu byombi.

Yagize ati “Nabwiye Perezida Nyusi ko mu minsi iri imbere tuzafungura Ambasade i Maputo. Ibi bizadufasha gukomeza gushimangira ubuhahirane hagati y’ibihugu byacu. Nta yindi nzira izadufasha gukomeza urugamba rwo kwibohora, uretse guhuza imbaraga n’ubushobozi tugamije guhindura ubuzima bw’abaturage bacu.”

U Rwanda na Mozambique bifitanye umubano wihariye ushingiye ku masezerano y’ubufatanye n’ubuhahirane mu buhinzi, ubwikorezi n’ingendo zo mu kirere. Sosiyete ya RwandAir izatangira gukorera ingendo muri Mozambique mu minsi iri imbere.

Perezida Kagame yanasobanuye ko u Rwanda na Mozambique bihuje amateka y’urugendo rwo kwibohora n’icyerekezo ku kwishyira hamwe kwa Afurika.

Ati “Ibihugu byacu byaharaniye ubwigenge bwo kwihitiramo ikitubereye. Byadutwaye ikiguzi kinini kandi twese turabizi. Inshingano yacu ikomeje kuba gukomeza urugamba rugana ku burumbuke, umutekano n’agaciro ku baturage bacu.”

Nikobisanzwe yari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga. Yahise asimburwa na Urujeni Bakuramutsa wari umujyanama akaba na Ambasaderi wungirije w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i New York.

Ubusanzwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Afrika y’Epfo ni we wakurikiranaga ibikorwa n’inyungu z’u Rwanda muri Mozambique.

Masozera Richard we yoherejwe guhagararira u Rwanda muri Kenya nka ambasaderi, asimbuye James Kimonyo woherejweyo mu 2015 nyuma y’igihe ayobora ibiro bya Minisitiri w’Intebe.

 

2018-09-15
Editorial

IZINDI NKURU

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

Editorial 05 May 2018
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Editorial 18 Apr 2025
Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana

Hatabayeho FPR na Paul Kagame ntaho u Rwanda rwagana

Editorial 16 Sep 2016
Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Editorial 25 Sep 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    September 19, 20187:13 am -

    Nikobisanzwe yari umukozi muri Ambassade y’u Rwanda muri Afrique du Sud. Yahakoze akazi gakomeye kugeza bamwirukanye . Ubwo rero agiye gukomeza akazi yakoraga muri Mozambique dore ko ba Commandos bose bacaga Maputo cyangwa Mbabane.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga
Mu Mahanga

Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga

Editorial 29 Oct 2016
Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga
Amakuru

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Editorial 13 Mar 2024
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru