• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Editorial 23 Feb 2020 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Nishimwe Naomie wari wambaye nomero 31 muri iri rushanwa, ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2020 atsinze bagenzi be bari bahatanye, asimbura Nimwiza Meghan wari uryambaye mu mwaka wa 2019.

Nishimwe Naomie ni we wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2020 (Photo:Internet)
Nishimwe Naomie ni we wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2020 (Photo:Internet)

Nishimwe wambitswe iri kamba aserukiye Umujyi wa Kigali, agomba gushyira mu bikorwa umushinga ujyanye no kurwanya kanseri y’ibere mu Rwanda, ari na wo wamuhesheje amanota yo kwegukana ikamba nyuma yo gutoranywa mu bakobwa 10 bajya mu cyiciro cya nyuma.

Nishimwe Naomie yambitswe ikamba rya Miss Rwanda nyuma y’inkuru zamuvuzweho ko ashobora kuba yaraje mu irushanwa ashyigikiwe n’umwe mu baterankunga bakomeye b’irushanwa, ndetse bishyira igitutu kuri iki kigo hamwe n’abategura irushanwa.

Mbere yo guhitamo utoranywamo Miss Rwanda ndetse n’ibisonga bye, habanje gutoranywa abakobwa 10 bahatana mu cyiciro cya nyuma, hagendewe ku bunararibonye bw’akanama nkemurampaka, nyuma yo kumva ibisubizo byatanzwe n’aba bakobwa ku bibazo bitandukanye babazwaga.

Buri mukobwa yabazwaga ikibazo kimwe gusa, akagisubiza mu minota hagati y’ibiri n’itatu.

Abakobwa 10 babajye gutoranywa ni:

Abakobwa 10 babanje gutoranywa (Photo:TNT)
Abakobwa 10 babanje gutoranywa (Photo:TNT)

Nishimwe Naomie (No 31), Umutesi Denise (No 43), Ingabire Gaudence (No 8), Umwiza Phionah (No 47), Mutegwantebe Chanice (No 27), Irasubiza Alliance (No 11), Teta Ndenga Nicole (No ,35) Musana Teta Hense (No 26), Umuratwa Anitha (No 42) na Akaliza Hope (No 1).

Ni bo batowemo nyampinga hamwe n’ibisonga bye, bitabujije ko mu bandi icyenda bari basigaye bashoboraga gutoranywamo nka Miss Popularity, cyangwa umukobwa uzi kwifotoza kimwe na nyampinga w’umurage.

Aba 10 batoranyijwe, babazwaga ku bijyanye n’imishinga yabo, n’uburyo bazayishyira mu bikorwa.

Nishimwe Naomie, Miss Rwanda 2020 (Photo:TNT)
Nishimwe Naomie, Miss Rwanda 2020 (Photo:TNT)

Nishimwe agiye kumara umwaka ahembwa ibihumbi 800 by’amanyarwanda buri kwezi, ahabwe imodoka nshya yo mu bwoko bwa Suzuki Suift n’amavuta yayo.

Azahabwa umwaka wose akoresha imisatsi n’inzara, anambikwa imyenda y’ibirori ku buntu mu gihe akeneye amakanzu.

Azahabwa serivisi za banki umwaka wose ahabwe ubwishingizi bwo kwivuza umwaka wose, gusohokera muri resitora umwaka wose kimwe no kuryama mu cyumba cya hoteli yabakiriye mu mwiherero.

Azarihirwa ikiruhuko mu Mujyi wa Dubai n’itike y’indege anishyurirwe ibijyanye n’urwo rugendo byose n’ibindi byinshi bitandukanye birimo no guhabwa imyenda ya Siporo igihe ayikeneye mu gihe cy’umwaka wose.

Igisonga cya mbere ni Umwiza Phiona wahembwe 1,200,000Frw, mu gihe Umutesi Denise yagizwe igisonga cya kabiri yahembwe 1,200,000Frw, bombi bakazahabwa icyumba cya hoteli umunsi umwe buri kwezi mu gihe cy’amezi atandatu bari kumwe n’umuryango wabo.

Ibirori byo gutora Miss Rwanda 2020 byitabiriwe na ba Miss bo muri bimwe mu bihugu bya Afurika (Photo:Internet)
Ibirori byo gutora Miss Rwanda 2020 byitabiriwe na ba Miss bo muri bimwe mu bihugu bya Afurika (Photo:Internet)

Irasubiza Alliance yahawe ikamba ry’uwakunzwe na benshi (Miss Popularity) anahembwa 1,500,000FRW, iPhone 8Plus ya 64 GB ndetse anahabwe guhamagara no gukoresha interineti ku buntu mu gihe cy’umwaka azamarana iri kamba.

Nishimwe Naomi kandi yahawe ikamba ry’umukobwa uzi kwifotoza (Miss Photogenic) umukobwa wifotoza akaberwa n’amafoto, yagenewe igihembo cya 1,200,000Frw.

Teta Ndenga Nicole, yambitswe ikamba rya Nyampinga w’umurage (Miss Heritage), Umwiza Phiona yagizwe nyampinga wabanye neza na bagenzi be (Miss Congeniality).

Miss Nishimwe Naomie (hagati) n
Miss Nishimwe Naomie (hagati) n’ibisonga bye (Photo:TNT)

Nishimwe Naomie abaye Miss Rwanda wa karindwi wambitswe ikamba mu marushanwa yateguwe na Rwanda Inspiration Back Up, akaba na Miss wa 10 muri ba Miss bose babayeho biswe izina rya “Miss Rwanda”.

Src : KT

2020-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Editorial 09 Mar 2017
Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Editorial 07 Jul 2017
Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Editorial 02 Jun 2019
Ringtone Apoko uririmba indirimbo zihimbaza Imana yakamejeje yegeranyije inkwano ngo mpaka arongoye Zari

Ringtone Apoko uririmba indirimbo zihimbaza Imana yakamejeje yegeranyije inkwano ngo mpaka arongoye Zari

Editorial 22 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure
IMIKINO

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Editorial 08 Jan 2016
Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza
Mu Mahanga

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Editorial 22 Nov 2017
CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia
IMIKINO

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Editorial 22 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru