• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Uyu Niyonsenga Dieudonné wiyita Cyuma Hassan (ku mpamvu zizwi na nyir’ubwite n’abamukoresha), arakataje mu gukwiza impuha agamije guhindanya isura y’Igihugu, n’iy’inzego z’umutekano by’umwihariko. Ubu noneho igihuha gishyushye arimo gukwirakwiza ngo ni uko abapolisi biriwe ku rugo rwe”bamushakisha ku ngufu bahasiga n’amapingu”, nkaho ari ikitabashwa!

Icya mbere, ntiyavuze impamvu abamushatse”ku ngufu”, bataramufata aho yaba aturamye hose. Aramutse yabarushije imbaraga nabyo nta cyamubuza kubyidoga, dore ko we na bagenzi be bumva bahagarikiwe n’ingwe nka Human Rights Watch, Human Rights n’ izindi mpirimbanyi z’uburenganzira bw’abanyabyaha.

Icya kabiri, ayo mapingu avuga basize iwe bagirango azayiyambike, cyangwa ni umutako bari bamusigiye?Ahubwo barebe neza niba ayo mapingu atari ayo agatsiko ka Cyuma kateguye mu mugambi wo kwitirira ibikorwa bibi inzego z’umutekano.

Icya gatatu, niba Police igushatse, ukaba uzi ko ntacyo wikeka, kuki utayitaba, ahubwo ugahitamo guteza ubwega ubeshya, nk’aho Police ari abagizi ba nabi?

Ikigaragara, iki ni ikindi “gitendo” cy’ubushotoranyi no gushimisha abamutuma guteza imidugararo mu Gihugu. Uyu mugabo amaze iminsi yanduranya ariko inzego z’umutekano zikamugendera buhoro zizeye ko azikosora. Yari aherutse kuvuza induru abinyujije muri ISHEMA TV, abeshya ngo hari umuntu ngo warigishijwe, kandi azi neza ko uwo muntu yibereye i Nyagatare, dore ko haje no kumvikana amajwi avugana n’uyu Cyuma Hassan.

Cyuma Hassan kandi ahimba inkuru avuga ko “atabariza abaturage”, nk’aho arusha Leta kubakunda no kumenya ibiri mu nyungu rusange. Byaragaragaye ko aba agamije gusa kubangisha ubuyobozi, no gukurura icyuka kibi mu Gihugu. Ibi abisangiye n’abafatanyabikorwa be mu gusenya, aribo Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, Idamange Yvonne, Aimable Karasira n’imizindaro yabo nka Agnès Uwimana, William Ntwari n’abandi biyemeje gusenya.

Buri gihe iyo abaturage batabaje Leta ngo izi nyangabirama zibiryozwe, ntizibura abo zikoma nka Tom Ndahiro, Rushyashya News, Ingabire Immaculée n’abandi bahagurukiye gutamaza abagizi ba nabi. Ibi ariko ntibizakoma mu nkokora Abanyarwanda bafite ubushake bwo kwamagana ikibi, kandi urugamba biyemeje bazarutsinda, kuko ukuri buri gihe ariko gutsinda.

Abantu bazi neza imibereho ya Cyuma Hassan bahishuye ko ari mu kazi ahemberwa, akaba yakira amafaranga ava imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo, nk’uko byagaragaye kwa Aimable Karasira, utarashobora kugaragaza aho yavanye amamiliyoni yasanganywe.
Ikindi abasesenguzi bavuga, ni uko uyu Cyuma Hassan yaba ashaka uko azajya kwidederezwa mu mahanga, akaba ategura uko azasaba ubuhungiro agaragaza ko yajujubijwe mu Rwanda!

N’ikimenyimenyi, iyo ahurutuye igihuha, yihutira kumenyesha abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, ukagirango bashinzwe umutekano w’Abanyarwanda.

Ibyo yaba arimo byose, RIB na Police ni inzego zifite inshingano zo kubungabunga umudendezo wa rubanda. Cyuma Hassan n’abamukoresha rero ntibakwiye kwigira kagarara no kwishyira hejuru y’amategeko. Igihugu kidahana cyorora abanyamahano nka Cyuma Hassan n’abo basangiye imigambi mibi.

2021-06-18
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Editorial 02 May 2021
Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania

Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania

Editorial 12 Feb 2016
Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’

Editorial 22 Sep 2023
Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Editorial 31 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo IBUKA ivuga ku koherezwa mu Rwanda kwa Mugimba,Iyamuremye, Seyoboka na Munyakazi
Mu Mahanga

Icyo IBUKA ivuga ku koherezwa mu Rwanda kwa Mugimba,Iyamuremye, Seyoboka na Munyakazi

Editorial 19 Nov 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Editorial 30 Oct 2019
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere
Amakuru

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Editorial 11 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru