• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Editorial 09 Nov 2016 ITOHOZA

Mu kiganiro yagiranye na Radio Ijwi ry’Amerika uwahoze ari umukarani w’Umwami Kigeli V Ndihindurwa ari we Boniface Benzinge yatangaje ko Umwami Kigeli V Ndahindurwa yasize avuze ko atazatabarizwa mu Rwanda.

Kuri Boniface Benzinge ngo gutabariza Umwami mu Rwanda ngo ntabwo bishoboka n’ubwo ngo hari abarimo kubishyiramo ingufu

Ati “Ubwacu twebwe gutabarizwa mu Rwanda ntituzabikora, n’aho baba babishaka. Nkanjye nk’Umuvugizi w’Umwami nabasobanuriye ko ngomba gukurikiza icyifuzo yavuze akiriho kandi gikwiriye kubahirizwa, kandi no mu muco no mu mategeko ya Leta ngira ngo bakurikiza ijambo rya nyuma umuntu yivugiye akiriho.” Benzinge yakomeje agaragaza ko Kigeli V akiriho atigeze yifuza gutabarizwa mu Rwanda.

Ati “Naho ibyifuzo bazana ubu ngubu ntabwo twabifata ngo tubinyuranye n’igitekerezo yari afite. Icyo gitekerezo cyo gutaha ngo tujye kumushyingura mu Rwanda nibwira ko kitariho rwose.”

Yabajijwe niba Kigeli V yarabasobanuriye impamvu atifuza ko umugogo we ujyanwa mu Rwanda, niba hari nk’inyandiko yaba yarasize irimo icyo cyifuzo, asubiza ko Umwami yanze kuza mu Rwanda nk’Umunyarwanda usanzwe binyuranije n’ugushaka kwe.

-4554.jpg

Boniface Benzinge ari kumwe n’Umwami Kigeli

Ati “Inyandiko irenze ibyo yivugiye mu magambo ni iyihe?’’

Itsinda ryagiye muri Amerika ntiribivugaho rumwe

Kuwa 26 Ukwakira 2016, itsinda ry’abantu icyenda bo mu muryango wa Kigeli V riri kumwe na Pasiteri Mpyisi Ezra wigeze kumubera umugaragu, ryageze muri Amerika rishaka ibiganiro n’abariyo, ngo bahuze ibitekerezo maze atabarizwe mu Rwanda.

Pasiteri Mpyisi yaherukaga kubwira itangazamakuru ko batazi icyo Kigeli V yasize avuze ku itabarizwa rye, aho yari yagize ati “twiteze kujya muri Amerika tukabibaririza ku bari bari kumwe na we.’’

Benzinge yakomeje agaragaza ko atazi niba iri tsinda ryaroherejwe na Leta y’u Rwanda, muri ibyo biganiro ku buryo yazatabarizwa mu Rwanda.

Ati ‘‘Ntabwo ndamenya mu by’ukuri niba baratumwe na Leta cyangwa niba ari ibyo bitumye kuko n’ubushize baje bavuga ko batumwe na Leta kandi bagezeyo barabyihakana ngo baje ku bwabo. N’ubu rero nta kintu kimpamiriza mu by’ukuri niba baje ku bwabo cyangwa niba baje ku butumwa bwa Leta, biteye urujijo.’’

Leta y’u Rwanda iheruka kugaragaza ko yababajwe n’itanga rya Kigeli V Ndahindurwa, ariko ivuga ko itaramenyeshwa gahunda y’itabarizwa rye, ariko “Nibamara gutangaza imiterere ya gahunda bagennye, leta yiteguye gutanga ubufasha ubwo ari bwo bwose bukenewe.”

Benzinge yavuze ko mu cyumweru gishize inshuti n’abavandimwe ba Kigeli V babonye umwanya wo kumusezeraho, ndetse kuwa Mbere w’iki cyumweru haba misa muri Kiliziya ya St Athanasius yasengeragamo mu nkengero z’Umujyi wa Washington, DC.

Benzinge aheruka no gutangaza ko ku itabarizwa ry’umwami, aribwo hazatangwazwa uzaragwa ubwami akanayobora umuryango wose w’ibwami nk’uko umuco nyarwanda ubiteganya.

-141.png

Pasiteri Ezira Mpyisi n’itsinda barikumwe muri Amerika bashobora gutaha amara masa

2016-11-09
Editorial

IZINDI NKURU

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Editorial 22 Feb 2020
Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro  FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Editorial 22 Mar 2019
Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Editorial 24 Oct 2017
Umutekano  w’Isi  ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Editorial 15 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga
Mu Mahanga

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

Editorial 02 Aug 2016
Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 06 Apr 2022
Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa
Mu Rwanda

Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa

Editorial 28 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru