• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2020 POLITIKI

Abanya-Uganda baba mu Rwanda baravuga ko nta kibazo na kimwe bahura nacyo mu mirimo yabo ya buri munsi biturutse ku kuba bakomoka muri Uganda, bamwe bakemeza ko bumva bamerewe neza nk’ababa mu gihugu cyabo.

Kuva mu 2017, abanyarwanda batangiye kwirukanwa muri Uganda, abandi bagafatwa bagafungwa ndetse abatari bake bakorewe ihohoterwa ryabaviriyemo ubumuga abandi barapfa.

Ni ikibazo cyaturutse ku mwuka mubi watutumbye hagati y’ibihugu byombi nyuma yo kugaragara ko Uganda iri gufasha abashaka kugirira nabi u Rwanda, kubangamira ubucuruzi bwarwo ndetse no gufata abanyarwanda binyuranyije n’amategeko bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo n’ibindi bikorwa bya kinyamaswa.

Nubwo abanyarwanda baba muri Uganda bahuye n’aho kaga, Abanya-Uganda baba mu Rwanda, bo bavuga ko nta kibazo bigeze bahura na cyo mu mibereho yabo gishingiye kuri ayo makimbirane.

Nampijja Pauline ni umwe mu banya-Uganda bamaze igihe kitari gito mu Rwanda. Mu kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko mu myaka igera kuri 15 amaze akora ubucuruzi bwa Restaurant i Kigali, avuga ko yiyumva nkaho ari mu gihugu cye.

Ati “Ndatekereza ko birenze kumva uri mu rugo. Umuntu ntiyaba mu gihugu imyaka 10 cyangwa 15 ngo avuge ngo aho si mu rugo. Nta kibazo ndahura nacyo cyerekeye ubwenegihugu bwanjye. Meze neza .”

Jesse Maxella ukora ibijyanye n’Ubujyanama mu by’Itangazamakuru, avuga ko iyo bagiye gusura bene wabo muri Uganda bakunze kubazwa ku mibereho yabo mu Rwanda.

Ni ibyumvikanisaha ko baba bumva abanya-Uganda baba mu Rwanda, bagirirwaho ibikorwa bisa no kwihorera ku byo bakorera abanyarwanda.

Jesse avuga ko nta kibazo arahura nacyo mu kazi ke kandi umutekano uri mu Rwanda ugera kuri buri wese urutuye.

Ati “Ibyo bavuga ku Rwanda ni ukuri iyo uri mu Rwanda uba ufite umutekano. Nta kibazo na kimwe ndahura nacyo. Haba ku mbuga nkoranyambaga haba kuri telefoni, haba ku mubiri, kandi dukora amanywa n’ijoro.”

Issa Bogere ukuriye abanya-Uganda baba mu Rwanda, ahamya ko uretse n’abanya-Uganda, umuturarwanda wese yubahiriza amategeko nk’abandi benegihugu ubuzima bugakomeza.

Ati “Mu Rwanda uramutse wubahiriza amategeko agenga iki gihugu uko bikwiye nta kibazo na kimwe wahura nacyo, buri kimwe cyose kiri ku murongo nta munya-Uganda urahura n’ikibazo kubera ko ari Umugande.”

Umusensenguzi mu bya Politiki w’umunya-Uganda, Anyama Charles, asanga ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi bikwiye gukemukira mu biganiro.

Ati “Abanyarwanda ni abavandimwe bacu, nkaba numva ibihugu byombi bikwiye kureba uko ibibazo byakemuka, binyuze mu biganiro kuko nta mpamvu yo kubaho tutumvikana kandi turi abavandimwe.”

Abanyarwanda icyenda mu bari bafungiye muri Uganda banakorewe iyicarubozo baherutse kugezwa i Kigali, Uganda ibashyikirije leta y’u Rwanda.

Abanyapolitiki batandukanye bumvikanye basa nk’aho bafata iyo ntambwe nk’icyizere cyo gukemuka kw’ibibazo bivugwa hagati ya Uganda n’u Rwanda.

2020-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ubwanditsi 26 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda
ITOHOZA

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango
Mu Rwanda

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Ubwanditsi 11 May 2018
FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo
INKURU NYAMUKURU

FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

Ubwanditsi 24 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru