• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2020 POLITIKI

Abanya-Uganda baba mu Rwanda baravuga ko nta kibazo na kimwe bahura nacyo mu mirimo yabo ya buri munsi biturutse ku kuba bakomoka muri Uganda, bamwe bakemeza ko bumva bamerewe neza nk’ababa mu gihugu cyabo.

Kuva mu 2017, abanyarwanda batangiye kwirukanwa muri Uganda, abandi bagafatwa bagafungwa ndetse abatari bake bakorewe ihohoterwa ryabaviriyemo ubumuga abandi barapfa.

Ni ikibazo cyaturutse ku mwuka mubi watutumbye hagati y’ibihugu byombi nyuma yo kugaragara ko Uganda iri gufasha abashaka kugirira nabi u Rwanda, kubangamira ubucuruzi bwarwo ndetse no gufata abanyarwanda binyuranyije n’amategeko bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo n’ibindi bikorwa bya kinyamaswa.

Nubwo abanyarwanda baba muri Uganda bahuye n’aho kaga, Abanya-Uganda baba mu Rwanda, bo bavuga ko nta kibazo bigeze bahura na cyo mu mibereho yabo gishingiye kuri ayo makimbirane.

Nampijja Pauline ni umwe mu banya-Uganda bamaze igihe kitari gito mu Rwanda. Mu kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko mu myaka igera kuri 15 amaze akora ubucuruzi bwa Restaurant i Kigali, avuga ko yiyumva nkaho ari mu gihugu cye.

Ati “Ndatekereza ko birenze kumva uri mu rugo. Umuntu ntiyaba mu gihugu imyaka 10 cyangwa 15 ngo avuge ngo aho si mu rugo. Nta kibazo ndahura nacyo cyerekeye ubwenegihugu bwanjye. Meze neza .”

Jesse Maxella ukora ibijyanye n’Ubujyanama mu by’Itangazamakuru, avuga ko iyo bagiye gusura bene wabo muri Uganda bakunze kubazwa ku mibereho yabo mu Rwanda.

Ni ibyumvikanisaha ko baba bumva abanya-Uganda baba mu Rwanda, bagirirwaho ibikorwa bisa no kwihorera ku byo bakorera abanyarwanda.

Jesse avuga ko nta kibazo arahura nacyo mu kazi ke kandi umutekano uri mu Rwanda ugera kuri buri wese urutuye.

Ati “Ibyo bavuga ku Rwanda ni ukuri iyo uri mu Rwanda uba ufite umutekano. Nta kibazo na kimwe ndahura nacyo. Haba ku mbuga nkoranyambaga haba kuri telefoni, haba ku mubiri, kandi dukora amanywa n’ijoro.”

Issa Bogere ukuriye abanya-Uganda baba mu Rwanda, ahamya ko uretse n’abanya-Uganda, umuturarwanda wese yubahiriza amategeko nk’abandi benegihugu ubuzima bugakomeza.

Ati “Mu Rwanda uramutse wubahiriza amategeko agenga iki gihugu uko bikwiye nta kibazo na kimwe wahura nacyo, buri kimwe cyose kiri ku murongo nta munya-Uganda urahura n’ikibazo kubera ko ari Umugande.”

Umusensenguzi mu bya Politiki w’umunya-Uganda, Anyama Charles, asanga ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi bikwiye gukemukira mu biganiro.

Ati “Abanyarwanda ni abavandimwe bacu, nkaba numva ibihugu byombi bikwiye kureba uko ibibazo byakemuka, binyuze mu biganiro kuko nta mpamvu yo kubaho tutumvikana kandi turi abavandimwe.”

Abanyarwanda icyenda mu bari bafungiye muri Uganda banakorewe iyicarubozo baherutse kugezwa i Kigali, Uganda ibashyikirije leta y’u Rwanda.

Abanyapolitiki batandukanye bumvikanye basa nk’aho bafata iyo ntambwe nk’icyizere cyo gukemuka kw’ibibazo bivugwa hagati ya Uganda n’u Rwanda.

2020-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 19 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4
Amakuru

Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4

Ubwanditsi 12 Sep 2024
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru