• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Editorial 14 Jan 2017 ITOHOZA

Umuryango w’abanyamakuru biyemeje kurwanya SIDA no guharanira ubuzima buzira umuze (ABASIRWA), umaze iminsi wohereza abanyamakuru hirya no hino mu gihugu kureba uko icyo cyorezo gihagaze n’ingamba zaba zafatwa mu kugihashya ariko bigaragara yuko inzira ikiri ndende.

Intego nini ya ABASIRWA yari iyo kureba uko byifashe ku bulaya bwambukiranya imipaka. Mu mpera z’umwaka ushize twashoboye kujya ku mupaka wa Cyanika, uhuza u Rwanda na Uganda cyimwe na Rusizi ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), mu ntangiriro z’uyu wamwaka tujya Rubavu ku mipaka ihuza u Rwanda n’intara ya Goma nayo yo muri DRC.

Muri icyo gikorwa abo banyamakuru ba ABASIRWA bashoboye kuganira n’abantu batandukanye barimo abakora umwuga w’ubulaya, abigeze kuwukora bakawuvamo, abatigeze gukora uwo mwuga w’ubulaya ariko bakaba bakurikiranira hafi abawukora cyimwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’uzuturere.

ABASIRWA yahisemo iyo mipaka kuko ariyo ifite urujya n’uruza rw’abantu benshi kurusha iyindi mipaka u Rwanda ruhana imbibe n’ibihugu bituranye. Nubwo buri mupaka twasuye ushobora kugira umwihariko wawo ariko byinshi nta tandukanyirizo bifite. Ubulaya burahari kandi ababukora barabwishimiye, batitaye cyane ku ngaruka mbi zabwo !

Buri ndaya uganiriye nayo ikubwira yuko ikora uwo mwuga atari uko iwukunze, ahubwo ngo biterwa n’uko nta yandi mahitamo ! Bose bakubwira yuko bashomereye, nta kindi kintu batwara ku isoko uretse imibiri yabo ! Ibi bisobanuye yuko bagiye mu bulaya kubera ubukene, bavuye muri ubwo bukene bava no mu bulaya.

-5394.jpg

-5392.jpg

-5393.jpg

Ibi by’ubukene bishobora kuba birimo ukuri ariko kutuzuye. Ntabwo buri mukene wese ajya mu bulaya nk’uko hari n’ababujyamo bidaturutse ku bukene ! Ikitagirwaho impaka gusa ni uko ubulaya buhari kandi bukaba butuma ababujyamo benshi bandura SIDA. Benshi muri izo ndaya kandi bakubwira yuko abagabo bazigana batifuza gukoresha agakingirizo, ku mupaka wa Cyanika ho batubwiye yuko n’utwo dukingirizo tutaboneka !

Muri Rusizi ho ngo turaboneka ariko abakiriya babo benshi bakaba abanyekongo ariko ngo ntibadukozwa. Ngo nuwemeye gukoresha agakingirizo agatanga udufaranga tw’intica nt’ikize, naho indaya yemeye gusambanywa nta kapote igahabwa ifaranga ritubutse.

No muri Rubavu bavuga yuko impamvu zatumye bishora mu bulaya ari ubukene, bakanongeraho yuko ahanini bandura SIDA kubera ubumenyi buke bw’uburyo bwo kwirinda icyo cyorezo kitarabonerwa umuti n’urukingo.

-5391.jpg

Umukwabo w’indaya mu mujyi wa Kigali wataye muri yombi Indaya nyinshi ariko zarekurwa zikagasubiramo

Uko imibare ibigaragaza ariko n’uko abanyarwanda benshi bakangukiwe n’uburyo bwo kwirinda SIDA kuko kuva mu ntangiriro muri 2005 usanga w’abandura SIDA utazamuka, uguma kuri 3 %. Umubare munini w’abafite SIDA ni hagati y’imyaka 15 na 49 kandi abenshi ukabasanga mu mijyi. Abenshi nabo muri abo bafite SIDA bakaba abagore, biganjemo izo ndaya.

Ubushakashatsi kandi bwemewe n’ishami rya LONI rishinzwe ubuzima (WHO) bugaragaza yuko SIDA mu Rwanda igaragara cyane mu mijyi (6%) kurusha mu byaro (2%). Kigali iza ku isonga kuko abafite ubwandu bwa SIDA bangana na 6% naho mu ntara bakaba 2-3%. Benshi mu bagore bafite SIDA ni abapfakazi (15%) cyangwa abatandukanye n’abagabo (8%).

Kuko ahanini SIDA ituruka mu busambanyi budakoresheje agakingirizo, igihugu kigomba gushakira umuti impamvu zatuma umubare w’abandura SIDA ugabanuka cyane nk’uko cyagerageje kugabanya umubare w’abapfa bazize SIDA kubera ya miti itangirwa Ubuntu.

Abo bahoze mu bulaya bakaba babitangira ubuhamya usanga bibumbiye mu mashyirahamwe, bafite imishinga bashakiwe bakora. Ubuyobozi bwa buri karere rero bugomba kumenya indaya akarere kabwo gafite bukazifasha kwihangira imishinga yatuma bava mu bulaya.

Nubwo imibare igaragaza yuko benshi mu bajya mu mwuga w’ubulaya ari abapfakazi cyangwa abatandukanye n’abagabo ariko hari undi mubare ushobora kuba munini w’abakobwa bakora ubulaya mu buryo bushobora kugora ubushakashatsi. Hari abana b’abakobwa, biganjemo abanyeshuli ba za Kaminuza, buri mpera z’icyumweru bajya gukora ubulaya mu mijyi y’ibihugu bituranye n’u Rwanda cyane za Kampala. Amakuru ABASIRWA ifite n’uko bamwe basindishwa bagasambanywa nk’abapfuye, abandi bagafatwa ku ngufu. Aba nabo hakwiye kubaho uburyo bwo kubagira inama yuko ibyo barimo atari byo !


Casmiry Kayumba

2017-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Editorial 23 May 2018
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Editorial 16 Apr 2021
Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Editorial 25 Jul 2017
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Editorial 23 May 2018
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Editorial 16 Apr 2021
Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Editorial 25 Jul 2017
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019
Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Editorial 23 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru