• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Ntabwo twagarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyagezweho – Kagame

Editorial 12 Apr 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yagaragarije ko nubwo bidashoboka kugarura Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abasigaye bafite ubushobozi bwo kurinda ibimaze kugerwaho.

Ubu ni ubutumwa yatanze mu gihe u Rwanda rukomeje kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Mata 2016, ubwo Perezida Paul Kagame yayoboraga urugendo rwo kwibuka (Walk To Remember) anageza ijambo ku bitabiriye iki gikorwa.

Abari muri Stade Amahoro bamaze gukora urugendo rwo kwibuka bumvise ubuhamya bw’uwarokotse maze Umukuru w’Igihugu ashimira cyane urubyiruko ari na rwo rwatangije igitekerezo cy’uru rugendo rwo kwibuka.

-2624.jpg

-2623.jpg

-2625.jpg

Perezida Kagame yakirizwa urumuri

Perezida Kagame yavuze ko imyaka 22 ishize Abanyarwanda bari mu rugendo, bari hamwe nk’abasigaye, kandi bafite umugambi umwe wo kubaka u Rwanda rubabereye.

Yakomeje agaragaza ko abashaka gusubiza u Rwanda aho rwavuye batazabishobora, ati “Tugomba gukomeza kubaka igihugu cyacu, turinda ubuzima bw’Abanyarwanda, ndetse turinda n’ibyo twubaka.”

Yatanze kandi ubutumwa ku bifuza gusubiza u Rwanda aho rwavuye, ati “Kugeza n’uyu munsi, ntabwo bibuza abahekuye u Rwanda gukomeza kugira ibitekerezo byo gusenya ubumwe twubaka. Abakwifuza guhunganya igihugu cyacu, ni inkuru gusa, ntabwo byakunda. Ntabwo byashoboka.”

-2622.jpg

Perezida Kagame atanga icyizere ati “Ntabwo twashobora kugarura abo twatakaje, ariko dufite ubushobozi bwo kurinda ibyo twagezeho, tunarema ahazaza heza.”

Umukuru w’Igihugu yahamagariye Abanyarwanda gukomeza guhangana n’icyo aricyo cyose cyashaka guhungabanya ubuzima bwabo abasaba kudacika intege.

Yunzemo ati “Iyo mbona aho tuva n’aho tugana mu bumwe dufite, ntacyo mbona cy’inzitizi cyatuma tutagera aho dushaka. Tuzahora dushaka ibisubizo by’ibibazo duhura nabyo bituruka ku mateka yacu.”

Perezida Kagame agaruka ku mateka y’u Rwanda ati “Amateka y’igihugu azakomeza kubakwa. Ni ugushaka uburyo igihugu gikomeza kikabaho kitibagiwe abo cyabuze.”

Aha Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko ubuyobozi bw’igihugu buzahora bushaka ibisubizo by’ibibazo u Rwanda ruhura na byo bituruka ku mateka yarwo anasaba ko Abanyarwanda bakomeza guharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi haba iwabo mu Rwanda n’ahandi hose ku Isi.

Umwanditsi wacu

2016-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame

Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame

Editorial 01 Sep 2016
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Editorial 04 Apr 2016
Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Editorial 15 Dec 2016
Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Editorial 07 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musonera yirukanwe muri RNC ya Rudasingwa Theogene [ Harakekwa ubugambanyi ]
ITOHOZA

Musonera yirukanwe muri RNC ya Rudasingwa Theogene [ Harakekwa ubugambanyi ]

Editorial 06 Jun 2017
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye
Amakuru

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Editorial 26 Jun 2024
Impinduka mu gisirikare cya Uganda
Mu Mahanga

Impinduka mu gisirikare cya Uganda

Editorial 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru