• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Editorial 09 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ko abaturage bayobora bagomba kubaho ntawe ubabangamiwe kuko ngo ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo ari cyo cyangwa icyo yemera.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivuze ubwo yaganiraga kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Gashyantare 2017 n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze bo mu Karere ka Gasabo aho bari bahuriye hamwe mu Nama Mpuzabikorwa y’Akarere.

Yabagaragarije ko ari umwanya mwiza wo kugira ngo baganire nk’abayobozi b’u Rwanda kuko ngo iyo bo batumvise neza byose bipfa kandi ngo kubikosora byapfiriye hasi ntibyoroha.

Perezida Kagame yagarutse ku mutekano w’Abanyarwanda agira ati “Umutekano ni inkingi y’ingenzi mu byo dukora byose. Buri wese agomba kubaho yisanzuye ntawe umuhungabanya. Ntawe ukwiriye guhungabanya iterambere twagezeho. Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cg icyo yemera.”

Yunzemo ati “Iyo turebereye abahungabanya umutekano ngo kuko twe bitatugeraho birangira ingaruka zigeze ku gihugu cyose.”

Ruswa mu nzego z’ibanze

Mu ijambo rye kandi, Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko ikibazo cya ruswa mu bayobozi b’inzego z’ibanze kidakwiriye guhishirwa kuko ngo abaturage ari bo baharenganira.

Yagize ati “Nta muyobozi ukwiriye kunyereza cyangwa kurebera abanyereza ibigenewe abaturage. Nk’abayobozi ntabwo dukwiriye guceceka iyo hari bagenzi bacu banyereza ibigenewe abaturage cyangwa se bamunzwe na ruswa.”

“Inshingano zihera ku mutima, zigakoresha ubwenge bwacu kugira ngo icyiza duharanira kigerweho. Kuba abayobozi bijyana no kumva aho tuva naho tugana. Tugomba gukomera ku rugamba rwo kurwanya ruswa ku nzego zose.”

Yasabye ko nk’abayobozi bagomba kuba ku isonga mu guharanira ko aho u Rwanda rugeze rurwanya ruswa hakomeza hakarushaho kuba heza.

Bimwe mu bikorwa nabi

Umukuru w’Igihugu yibanze ku bikorwa bikorwa nabi n’ibidakorwa avuga ko binababaje kuba binakorwa gutyo kandi ntakibuze ngo bikorwe neza.

Yagize ati “Iyo tudakoze ibiri mu bushobozi bwacu nitwe bigiraho ingaruka. Ntanze urugero nko guhora tuganya ngo imvura yabuze ntitweza twari dufite ubushobozi bwo kuhira ntitubikore biba bibabaje.”

“Nitwe bayobozi b’u Rwanda nta wundi tugomba gutegereza. Ni inshingano zacu gukemura ibibazo duhura nabyo. Kuba umujyi utera imbere bigomba kuba igipimo cy’uko n’ibindi bice by’igihugu bitera imbere. Ari mu mijyi cyangwa se mu bice by’icyaro, nk’abayobozi nitwe tugomba kuhateza imbere kandi byose bikajyana.”

-5682.jpg

Abayobozi b’Akarere ka Gasabo baganira na Perezida Kagame

Mu gitondo kandi Umukuru w’Igihugu yari yasuye icyanya cyahariwe inganda kizwi nka ‘Special Economic Zone’ kiri i Masoro naho mu Karere ka Gasabo, aho yabwiye aba bayobozi ibyo yabonyeyo yasabye ko byakosorwa birimo kuba inganda zigomba gukora ibyo Abanyarwanda bashobora kugura bitabahenze, bityo asaba aba bayobozi b’i Gasabo gufata iya mbere mu gufasha abaturage kumva ko hari ibyiza bikorerwa iwabo.

2017-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 24 Mar 2025
Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Editorial 27 Jan 2022
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Editorial 29 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana
Mu Rwanda

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 12 Mar 2017
Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo
IMIKINO

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Editorial 02 Jun 2019
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23
Amakuru

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Editorial 16 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru