• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

Editorial 05 Dec 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame amaze gufungura ku mugaragaro inyubako nini y’ubucuruzi iherereye mu Mujyi wa Kigali yitwa CHIC.

Iyi nyubako ya CHIC Complex, yujujwe mu Mujyi wa Kigali n’Ihuriro ry’abacuruzi bibumbiye muri CHIC (Champion Investment Corporation).

-4913.jpg

-4914.jpg

-4915.jpg

-4916.jpg

Iyi nyubako ikaba yarubatswe n’abashoramari 56, ifite agaciro ka miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu butumwa Umukuru w’Igihugu yatanze, yagize ati “Ibikorwa nk’ibi bidufasha kwiyubakira Umujyi wacu wa Kigali ndetse n’igihugu muri rusange, ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi. Ntabwo abantu bakomeza gucururiza hanze kandi hari inyubako nk’izi.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa nk’ibi bigomba gukomeza, abantu bakiyubakira aho gutura heza hajyanye n’ubushobozi.

Yakomeje ati “Ndabashimira kuba mwarashoye umutungo wanyu hano, uku ni niko impinduka zigerwaho.”

Indi nyubako yafunguwe na Perezida Kagame ni Kigali Heights iri ku Kimihurura hafi ya Kigali Convention Centre, izakorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi bitandukanye.

-4919.jpg

-4918.jpg

-4917.jpg

Izi nyubako ya Kigali Heights yuzuye itwaye miliyari 30 Frw, ikaba iherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

Yubatse ku butaka bwa 12 750 m2, ikagira icyumba ishobora kwakira abantu 1500.

Inyubako yose ingana na metero kare 2400, ikagira ubushobozi bwo kwakira imodoka 150 imbere mu nzu n’ izindi 150 hanze.

-4920.jpg

Umushoramari Denis Karera

Dennis Karera ukurikiye Ikigo Kigali Heights Development cyubatse iyi nyubako, avuga ko iyi nyubako yagenewe gukorerwamo ibintu birenze kimwe, kuko hazaba harimo amaduka ndetse n’ibiro byakwifashishwa n’ibigo bitandukanye.

Inyubako ya Kigali Heights iteganye neza n’iya Kigali Convention Center, nayo yatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame.

Umukuru w’Igihugu agiye gufungura izi nyubako, nyuma nabwo yo gutaha ku mugaragaro amazu y’amagorofa y’ubucuruzi mu Gakinjiro gaherereye ku Gisozi, yubatswe n’amakoperative ane y’abacuruzi bahoze bakorera mu kajagari ku Muhima.

Tariki ya 10 Kanama 2015, Perezida Paul Kagame kandi yatashye ku mugaragaro icyicaro gishya cy’Umujyi wa Kigali (CITY HALL) ndetse n’imwe mu nzu nini z’Ubucuruzi y’umunyemari Makuza Bertin, uherutse kwitaba Imana.

-4912.jpg

-4911.jpg

Perezida Kagame yashimye ibikorwa by’aba bacuruzi mu iterambere

2016-12-05
Editorial

IZINDI NKURU

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Editorial 15 Dec 2016
Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Editorial 22 Nov 2017
Rtd Col Camille Karege yavuze ko Rtd Brig Gen Rusagara yatinze gufungwa

Rtd Col Camille Karege yavuze ko Rtd Brig Gen Rusagara yatinze gufungwa

Editorial 20 Feb 2016
Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Editorial 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu :  Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya
IMIKINO

Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu : Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya

Editorial 10 May 2018
Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine
HIRYA NO HINO

Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine

Editorial 02 Mar 2018
Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali
Mu Rwanda

Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Editorial 31 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru