• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Editorial 10 Jun 2017 ITOHOZA

Abantu bane batuye mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, bamaze kwitaba Imana bazize inzoga ya Kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe.

Ejo ku wa Gatanu tariki ya 9 Kamena 2017, ni bwo aba bantu bane barimo umugore bitabye Imana bazize Kanyanga banyoye yari yasembujwe alcool ikoreshwa kwa muganga.

Abatangabuhamya bo muri aka gace bavuga ko inzoga yahitanye aba bantu abayenga bakoresha alcool bagura ahitwa muri Kazi ni Kazi.

Bavuga ko bamwe mu bazize iyi nzoga barimo umugore w’abana bane witwa Kampire Gaudance n’abasore batatu barimo uwitwa Claude na Jean Paul ndetse n’uzwi ku zina rya Yayu bose bakaba bari batuye mu Murenge wa Rwezamenyo.

Bemeza ko umubare w’abazize iyi nzoga ushobora kwiyongera bitewe n’uko benshi mu bayinyoye bajyanywe mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) bamerewe nabi.
Musaza wa Kampire Gaudance, witwa Nshimiyimna Robert, yatangaje ko ahangayikishijwe n’imibereho y’abana bane mushiki we yasize.

Yagize ati “Nibyo na mushiki wanjye yapfuye yishwe n’inzoga ya kanyanga yanyoye ku wa Kane, gusa njye mpangayikishijwe n’ubuzima bw’aba bana bane asize kubera ko nta mugabo yagiraga ndetse nanjye ubwanjye nkaba nta bushobozi mfite bwo kuba nabarera.”

-6900.jpg
Ubwo umunyamakuru yari ari gutara inkuru, muri ako kanya undi mugore na we wanyoye iyo kanyanga, yahise atangira kumererwa nabi ariko yanga ko abaturage bamujyana kwa muganga ahubwo asaba ko bamujyana mu bavuzi gakondo ngo kubera ko abantu bose bahajyanywe kwa muganga bahise bitaba Imana.
Abaturage bahise bamubeshya ko bamujyanye ku muvuzi gakondo birangira bamwerekeje ku bitaro bya CHUK.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Spt Hitayezu Emmanuel, yavuze ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyaba cyishe aba bantu.

Yagize ati “ Kugeza ubu ntituremeza niba iyo nzoga banyoye ari yo yabishe kuko ntayo twasanze aho batuye cyangwa ho bivugwa ko bayinyweraga, ku buryo tugikora iperereza kugira ngo tumenye icyabishe kuko hari babiri bapfuye ku wa Kane abandi bapfa ejo ku wa Gatanu.”

2017-06-10
Editorial

IZINDI NKURU

Akumiro: Rudasingwa yongeye kwiyerurutsa ku bafaransa asebya u Rwanda nk’ibisanzwe

Akumiro: Rudasingwa yongeye kwiyerurutsa ku bafaransa asebya u Rwanda nk’ibisanzwe

Editorial 28 Dec 2017
Impamvu Umunyamakuru Eminente yatawe muri yombi irashidikanwaho

Impamvu Umunyamakuru Eminente yatawe muri yombi irashidikanwaho

Editorial 04 Dec 2016
FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Editorial 29 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Editorial 29 Mar 2016
Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?
Amakuru

Carine Kanimba, kuki utsimbarara ku baparimehutu nka Rusesabagina kandi politiki yabo yarakugize imfubyi? Ubwo se utaniye he na Nkundiye wahakanywe n’ibishahu bya se?

Editorial 19 Aug 2022
The Ben aratangaza  ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite
IMIKINO

The Ben aratangaza ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite

Editorial 25 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru