• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Editorial 23 Feb 2017 HIRYA NO HINO

Nymphomanie ni indwara irangwa no kugira ubushake budasanzwe bwo gukora imibonano mpuzabitsina, ku buryo uyikora atanyurwa.
Ku bagore yitwa ‘nymphomanie’ na ho ku bagabo ikitwa ‘satyriasis’.

Nk’uko imbuga zitandukanye za internet zibitangaza, abahanga mu by’ubuvuzi ntibavuga rumwe ku bitera iyi ndwara ariko bavuga ko abantu badashobora kugenzura amarangamutima yabo, abadahamye hamwe, abatishimira abo badahuje igitsina bakunda gufatwa n’iyi ndwara.

Umuhanga mu bijyanye n’imitekerereze, Valérie Chaput, yavuze ko abakunda kugira iki kibazo ari abagore.

Bamwe ngo bashaka gukora imibonano mpuzabitsina ubudatuza nyamara bikanga ntibigire aho bibakora, bigatuma bakeka ko nta bushobozi bafite bwo gukurura abagabo.

Abandi barangiza mu kanya gato nyuma yo gutangira imibonano mpuzabitsina bigatuma bashaka kuyikomeza inshuro nyinshi zishoboka.
Iyi ndwara itera isoni abayifite nyamara ikabagiraho ubukana bukomeye. Bahora bishinja, bakiha akato, bakagabanya ubusabane n’abandi bantu mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Igira kandi ingaruka zirimo gutandukana kw’abashakanye kuko hari abagore bahitamo guta ingo n’abagabo kuko uburyo babasabaga gukora imibonano mpuzabitsina babona ko batabivamo.

Impamvu ibagiraho ingaruka cyane ni uko bayihererana mu gihe baba bakeneye ababumva ndetse bakabagira inama z’uburyo bakwitwara.
Ikindi ni uko abafite inshuti iyo bagerageje kubabwira ku myitwarire yabo babafata nk’ibicibwa, ibi na byo bikabazonga.

Nubwo impamvu zitera ‘nymphomanie’ zitavugwaho rumwe, imwe muri zo ni ibibazo byo mu mutwe bifitanye isano no kubura urukundo, ukutitabwaho ku rwego rwo hejuru, agahinda gakabije n’ibindi.

Ikindi kivugwa ni imikorere mibi ya tumwe mu duce tugize ubwonko cyangwa imikorere mibi y’utunyabutabire two mu bwonko dutuma ibice bigize umubiri bikorana n’ubuwonko(neurotransmitter).

Hari abagifata nymphomanie nk’indwara iteye urujijo igoye kuyitahura ndetse bikaba bigoye kuyivura kuko ibimenyetso byayo bidasobanutse neza.
Abantu bafite iki kibazo usanga bagana abaganga byaratinze n’ingaruka zayo zamaze gukaza uburemere.

Ahanini ubujyanama ni bwo bwifashishwa mu kuvura iyi ndwara na ho imiti itangwa mu gihe hari kuvurwa izindi ndwara zifitanye isano na yo.

2017-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Editorial 05 Oct 2018
Sonia Rolland yaje i Kigali gutanga amanota muri Miss Rwanda (Amafoto)

Sonia Rolland yaje i Kigali gutanga amanota muri Miss Rwanda (Amafoto)

Editorial 23 Feb 2018
Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Editorial 17 Nov 2018
RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora

RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora

Editorial 11 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite
SHOWBIZ

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite

Editorial 17 Nov 2017
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”
Mu Mahanga

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Editorial 26 Jul 2016
Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”
Amakuru

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Editorial 07 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru