• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Editorial 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihakaniye umukandida wa MDC mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu gihe kiri imbere mu gihugu cya Zimbabwe, Nelson Chamisa, uherutse gutangaza ko yafashije umukuru w’u Rwanda muri politiki ye ku ikoranabuhanga n’itumanaho, ICT, kuri ubu uyu munyapolitiki yazanye ibyo yise ko bigaragaza ko aziranye na perezida Kagame ariko bidafatika.

Kuwa Gatandatu ushize ubwo yagezaga ijambo ku bayoboke ba MDC ahitwa Beibridge muri Zimbabwe, nibwo Nelson Chamisa, wigeze kuba minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, yavuze ko yafashije umuyobozi w’u Rwanda (Perezida Kagame) kongera kubyutsa u Rwanda nyuma ya jenoside.

Yagize ati: “Reba ibyo umuvandimwe wanjye Paul Kagame ari gukorera igihugu cye, Naramufashije kuri politiki ye ya ICT, ku kuntu wahindura igihugu ubwo twahuriraga I Geneve, mu Busuwisi kandi yishimiye presentation yanjye.”

Nyuma y’aho iyi nkuru igiriye ahagaragara, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yahakanye ko azi Chemisa ndetse nta biganiro bigeze bagirana.

Perezida Kagame yifashishije twitter akaba yarahakanye ko azi Nelson Chamisa, avuga ko nta biganiro yigeze agirana nawe ahantu aho ari ho hose, yongeraho ko politiki n’imishinga by’ikoranabuhanga by’u Rwanda byatangiye mbere y’uko ishyaka MDC na politiki yayo bibaho, asoza yifuriza abaturage ba Zimbabwe kumererwa neza.

Uyu munyapolitiki Chemisa rero mu rwego rwo gushaka kugaragaza ko aziranye na perezida Kagame cyane, yahise ajya mu bubiko bw’amafoto ye, azana amafoto yo mu 2009 amugaragaza mu nama na perezida w’u Rwanda yari yitabiriye mu Busuwisi, ariko mu by’ukuri aya mafoto akaba adasobanuye 100% ko aba bombi baziranye.

Ni amafoto agera kuri atatu yashyize ahagaragara mu kinyamakuru Zimbabwe Eye, aho imwe igaragaza Riek Machar na Ruhakana Rugunda na Chemisa bashagaye perezida Kagame aho bari bamusanze yicaye bigaragara ko bashakaga ku musuhuza, ndetse n’indi uyu Chemisa asuhuza perezida Kagame, iya nyuma ikaba ibagaragaza ahantu mu nama bose bahari.

Reka dusesengure aya mafoto

Ese niba Chemisa yaragize amahirwe cyangwa akabyiganira kujya gusuhuza perezida Kagame amusanze aho yari yicaye, ni ikimenyetso kigaragaza ko baziranye?

Ese abantu bose basuhuza umukuru w’igihugu mu nama zitandukanye bahuriyemo cyangwa aho akora ingendo hose ahita ababika mu bwonko bwe ku buryo avuze ko atazi Chemisa, na cyane ko ari umuntu utari ku rwego rwe, byaba bitangaje?

Ese usibye kumusuhuza wenda, ni ikihe kimenyetso kiri muri aya mafoto kigaragaza ko bombi bagiranye ibiganiro birebire ku buryo atanga inama  kuri politiki y’u Rwanda ya ICT zikumvwa ndetse ngo zikanafasha u Rwanda kongera kubyuka nk’uko avuga?

Urutonde rwa africaranking rwo mu mwaka ushize rw’ibihugu bikataje mu ikoranabuhanga muri Afurika rugaragaza ko Zimbabwe iri inyuma y’u Rwanda ku mwanya wa 10 mu gihe u Rwanda ruza ku mwanya wa 6 rukurikirwa na Botswana mu gihe imbere yarwo ku mwanya wa 5 haza Ghana naho igihugu cya Afurika y’Epfo akaba ari cyo kiyoboye.

Ese ko Chemisa yari minisitiri w’ikoranabuhanga mu gihugu cye kuki izo nama yagiriye perezida Kagame atazitanze mu gihugu cye ngo zigifashe nacyo kirusheho gutera intambwe mu ikoranabuhanga kikaba cyarasigaye inyuma y’u Rwanda?

Mu gusoza iyi nkuru umuntu ntiyabura kuvuga ko umuntu wese muhuye mukanasuhuzanya biba bitavuze ko muziranye cyangwa muri inshuti kuko kenshi ubwonko bw’umuntu bubika ikimufitiye akamaro, kubw’ibyo niba na perezida Kagame yarahakanye ko azi Chemisa bisobanuye ko nta gaciro yigeze amuha n’iyo baba barasuhuzanyije, kandi sinzi ko umuntu yapfa kwibagirwa umuntu wamugiriye akamaro noneho unateganya guhatanira kuyobora igihugu n’ejo n’ejobundi bakongera guhura.

2018-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano

Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano

Editorial 13 Nov 2017
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Editorial 15 Sep 2018
Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Editorial 18 Feb 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    May 31, 20189:07 am -

    Ndabona hari icyatuma yemera H.E Paul Kagame yemera ko nabwo hari aho bahuriye ariko nta na kimwe kigaragaza ko baganiriye ku bijyanye n’ibiki n’ibiki!

    Jamaa byibuze iyo aza kuba ari H.E Robert Mugabe byo twari kubyemera tukaba twanamunyomoza kuko yari kuba abaye bashimira mu iriro pe!

    Paul rekana na babisi (babylon)

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 
HIRYA NO HINO

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Editorial 03 Jul 2019
Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019
HIRYA NO HINO

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Editorial 17 Jun 2019
Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581
ITOHOZA

Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Editorial 04 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru