• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihakaniye umukandida wa MDC mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu gihe kiri imbere mu gihugu cya Zimbabwe, Nelson Chamisa, uherutse gutangaza ko yafashije umukuru w’u Rwanda muri politiki ye ku ikoranabuhanga n’itumanaho, ICT, kuri ubu uyu munyapolitiki yazanye ibyo yise ko bigaragaza ko aziranye na perezida Kagame ariko bidafatika.

Kuwa Gatandatu ushize ubwo yagezaga ijambo ku bayoboke ba MDC ahitwa Beibridge muri Zimbabwe, nibwo Nelson Chamisa, wigeze kuba minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, yavuze ko yafashije umuyobozi w’u Rwanda (Perezida Kagame) kongera kubyutsa u Rwanda nyuma ya jenoside.

Yagize ati: “Reba ibyo umuvandimwe wanjye Paul Kagame ari gukorera igihugu cye, Naramufashije kuri politiki ye ya ICT, ku kuntu wahindura igihugu ubwo twahuriraga I Geneve, mu Busuwisi kandi yishimiye presentation yanjye.”

Nyuma y’aho iyi nkuru igiriye ahagaragara, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yahakanye ko azi Chemisa ndetse nta biganiro bigeze bagirana.

Perezida Kagame yifashishije twitter akaba yarahakanye ko azi Nelson Chamisa, avuga ko nta biganiro yigeze agirana nawe ahantu aho ari ho hose, yongeraho ko politiki n’imishinga by’ikoranabuhanga by’u Rwanda byatangiye mbere y’uko ishyaka MDC na politiki yayo bibaho, asoza yifuriza abaturage ba Zimbabwe kumererwa neza.

Uyu munyapolitiki Chemisa rero mu rwego rwo gushaka kugaragaza ko aziranye na perezida Kagame cyane, yahise ajya mu bubiko bw’amafoto ye, azana amafoto yo mu 2009 amugaragaza mu nama na perezida w’u Rwanda yari yitabiriye mu Busuwisi, ariko mu by’ukuri aya mafoto akaba adasobanuye 100% ko aba bombi baziranye.

Ni amafoto agera kuri atatu yashyize ahagaragara mu kinyamakuru Zimbabwe Eye, aho imwe igaragaza Riek Machar na Ruhakana Rugunda na Chemisa bashagaye perezida Kagame aho bari bamusanze yicaye bigaragara ko bashakaga ku musuhuza, ndetse n’indi uyu Chemisa asuhuza perezida Kagame, iya nyuma ikaba ibagaragaza ahantu mu nama bose bahari.

Reka dusesengure aya mafoto

Ese niba Chemisa yaragize amahirwe cyangwa akabyiganira kujya gusuhuza perezida Kagame amusanze aho yari yicaye, ni ikimenyetso kigaragaza ko baziranye?

Ese abantu bose basuhuza umukuru w’igihugu mu nama zitandukanye bahuriyemo cyangwa aho akora ingendo hose ahita ababika mu bwonko bwe ku buryo avuze ko atazi Chemisa, na cyane ko ari umuntu utari ku rwego rwe, byaba bitangaje?

Ese usibye kumusuhuza wenda, ni ikihe kimenyetso kiri muri aya mafoto kigaragaza ko bombi bagiranye ibiganiro birebire ku buryo atanga inama  kuri politiki y’u Rwanda ya ICT zikumvwa ndetse ngo zikanafasha u Rwanda kongera kubyuka nk’uko avuga?

Urutonde rwa africaranking rwo mu mwaka ushize rw’ibihugu bikataje mu ikoranabuhanga muri Afurika rugaragaza ko Zimbabwe iri inyuma y’u Rwanda ku mwanya wa 10 mu gihe u Rwanda ruza ku mwanya wa 6 rukurikirwa na Botswana mu gihe imbere yarwo ku mwanya wa 5 haza Ghana naho igihugu cya Afurika y’Epfo akaba ari cyo kiyoboye.

Ese ko Chemisa yari minisitiri w’ikoranabuhanga mu gihugu cye kuki izo nama yagiriye perezida Kagame atazitanze mu gihugu cye ngo zigifashe nacyo kirusheho gutera intambwe mu ikoranabuhanga kikaba cyarasigaye inyuma y’u Rwanda?

Mu gusoza iyi nkuru umuntu ntiyabura kuvuga ko umuntu wese muhuye mukanasuhuzanya biba bitavuze ko muziranye cyangwa muri inshuti kuko kenshi ubwonko bw’umuntu bubika ikimufitiye akamaro, kubw’ibyo niba na perezida Kagame yarahakanye ko azi Chemisa bisobanuye ko nta gaciro yigeze amuha n’iyo baba barasuhuzanyije, kandi sinzi ko umuntu yapfa kwibagirwa umuntu wamugiriye akamaro noneho unateganya guhatanira kuyobora igihugu n’ejo n’ejobundi bakongera guhura.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Ubwanditsi 03 Jun 2018
Ikinyamakuru Daily Monitor aho gushaka umuti w’ibibazo bya Uganda n’u Rwanda, cyabaye icyo gusingiza Museveni

Ikinyamakuru Daily Monitor aho gushaka umuti w’ibibazo bya Uganda n’u Rwanda, cyabaye icyo gusingiza Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2019
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    May 31, 20189:07 am -

    Ndabona hari icyatuma yemera H.E Paul Kagame yemera ko nabwo hari aho bahuriye ariko nta na kimwe kigaragaza ko baganiriye ku bijyanye n’ibiki n’ibiki!

    Jamaa byibuze iyo aza kuba ari H.E Robert Mugabe byo twari kubyemera tukaba twanamunyomoza kuko yari kuba abaye bashimira mu iriro pe!

    Paul rekana na babisi (babylon)

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19
INKURU NYAMUKURU

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Ubwanditsi 03 Sep 2018
Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye
IMIKINO

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Ubwanditsi 30 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru