• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihakaniye umukandida wa MDC mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu gihe kiri imbere mu gihugu cya Zimbabwe, Nelson Chamisa, uherutse gutangaza ko yafashije umukuru w’u Rwanda muri politiki ye ku ikoranabuhanga n’itumanaho, ICT, kuri ubu uyu munyapolitiki yazanye ibyo yise ko bigaragaza ko aziranye na perezida Kagame ariko bidafatika.

Kuwa Gatandatu ushize ubwo yagezaga ijambo ku bayoboke ba MDC ahitwa Beibridge muri Zimbabwe, nibwo Nelson Chamisa, wigeze kuba minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, yavuze ko yafashije umuyobozi w’u Rwanda (Perezida Kagame) kongera kubyutsa u Rwanda nyuma ya jenoside.

Yagize ati: “Reba ibyo umuvandimwe wanjye Paul Kagame ari gukorera igihugu cye, Naramufashije kuri politiki ye ya ICT, ku kuntu wahindura igihugu ubwo twahuriraga I Geneve, mu Busuwisi kandi yishimiye presentation yanjye.”

Nyuma y’aho iyi nkuru igiriye ahagaragara, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yahakanye ko azi Chemisa ndetse nta biganiro bigeze bagirana.

Perezida Kagame yifashishije twitter akaba yarahakanye ko azi Nelson Chamisa, avuga ko nta biganiro yigeze agirana nawe ahantu aho ari ho hose, yongeraho ko politiki n’imishinga by’ikoranabuhanga by’u Rwanda byatangiye mbere y’uko ishyaka MDC na politiki yayo bibaho, asoza yifuriza abaturage ba Zimbabwe kumererwa neza.

Uyu munyapolitiki Chemisa rero mu rwego rwo gushaka kugaragaza ko aziranye na perezida Kagame cyane, yahise ajya mu bubiko bw’amafoto ye, azana amafoto yo mu 2009 amugaragaza mu nama na perezida w’u Rwanda yari yitabiriye mu Busuwisi, ariko mu by’ukuri aya mafoto akaba adasobanuye 100% ko aba bombi baziranye.

Ni amafoto agera kuri atatu yashyize ahagaragara mu kinyamakuru Zimbabwe Eye, aho imwe igaragaza Riek Machar na Ruhakana Rugunda na Chemisa bashagaye perezida Kagame aho bari bamusanze yicaye bigaragara ko bashakaga ku musuhuza, ndetse n’indi uyu Chemisa asuhuza perezida Kagame, iya nyuma ikaba ibagaragaza ahantu mu nama bose bahari.

Reka dusesengure aya mafoto

Ese niba Chemisa yaragize amahirwe cyangwa akabyiganira kujya gusuhuza perezida Kagame amusanze aho yari yicaye, ni ikimenyetso kigaragaza ko baziranye?

Ese abantu bose basuhuza umukuru w’igihugu mu nama zitandukanye bahuriyemo cyangwa aho akora ingendo hose ahita ababika mu bwonko bwe ku buryo avuze ko atazi Chemisa, na cyane ko ari umuntu utari ku rwego rwe, byaba bitangaje?

Ese usibye kumusuhuza wenda, ni ikihe kimenyetso kiri muri aya mafoto kigaragaza ko bombi bagiranye ibiganiro birebire ku buryo atanga inama  kuri politiki y’u Rwanda ya ICT zikumvwa ndetse ngo zikanafasha u Rwanda kongera kubyuka nk’uko avuga?

Urutonde rwa africaranking rwo mu mwaka ushize rw’ibihugu bikataje mu ikoranabuhanga muri Afurika rugaragaza ko Zimbabwe iri inyuma y’u Rwanda ku mwanya wa 10 mu gihe u Rwanda ruza ku mwanya wa 6 rukurikirwa na Botswana mu gihe imbere yarwo ku mwanya wa 5 haza Ghana naho igihugu cya Afurika y’Epfo akaba ari cyo kiyoboye.

Ese ko Chemisa yari minisitiri w’ikoranabuhanga mu gihugu cye kuki izo nama yagiriye perezida Kagame atazitanze mu gihugu cye ngo zigifashe nacyo kirusheho gutera intambwe mu ikoranabuhanga kikaba cyarasigaye inyuma y’u Rwanda?

Mu gusoza iyi nkuru umuntu ntiyabura kuvuga ko umuntu wese muhuye mukanasuhuzanya biba bitavuze ko muziranye cyangwa muri inshuti kuko kenshi ubwonko bw’umuntu bubika ikimufitiye akamaro, kubw’ibyo niba na perezida Kagame yarahakanye ko azi Chemisa bisobanuye ko nta gaciro yigeze amuha n’iyo baba barasuhuzanyije, kandi sinzi ko umuntu yapfa kwibagirwa umuntu wamugiriye akamaro noneho unateganya guhatanira kuyobora igihugu n’ejo n’ejobundi bakongera guhura.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 17 Sep 2023
Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Ubwanditsi 28 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    May 31, 20189:07 am -

    Ndabona hari icyatuma yemera H.E Paul Kagame yemera ko nabwo hari aho bahuriye ariko nta na kimwe kigaragaza ko baganiriye ku bijyanye n’ibiki n’ibiki!

    Jamaa byibuze iyo aza kuba ari H.E Robert Mugabe byo twari kubyemera tukaba twanamunyomoza kuko yari kuba abaye bashimira mu iriro pe!

    Paul rekana na babisi (babylon)

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo yasubije u Rwanda abasirikare babiri binjiye ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko
INKURU NYAMUKURU

Congo yasubije u Rwanda abasirikare babiri binjiye ku butaka bwayo binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?
SHOWBIZ

Urban Boys irakomeza ari babiri cyangwa barahitamo kuyisenya burundu?

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be
ITOHOZA

Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Ubwanditsi 04 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru