• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Editorial 28 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Uko imikino yagenze mu cyiciro cy’abahatanira igikombe no kutamanuka.

Kuri uyu wa kane tariki ya 27 Gicurasi 2021, nibwo hasozwaga umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru haba mu kiciro cy’abahatanira igikombe ndetse no kubahatanira kutamanuka mu kiciro cya kabiri.

Mu kiciro cy’abashaka igikombe, ikipe ya Rayon Sports yatsindaga ikipe ya Bugesera FC, ni umukino wabereye kuri sitade ya Bugesera ku isaha ya saa cyenda n’igice, muri uyu mukino ikipe ya Rayon Sports yaherukaga intsinzi tariki ya 4 Gicurasi, yatsinze ibitego bitatu kuri kimwe, ni ibitego byatsinzwe na Mugisha Gilbert watsinzemo bibiri naho ikindi cyatsinzwe na Manace Mutatu, ku ruhande rwa Bugesera cyatsinzwe na Rucogoza Djihad.

Mu wundi mukino wari wabaye mbere ku isaha ya saa sita wahuje ikipe ya Police FC yo yari imaze imikino ibiri idatsinda, yari yakiriye Marines FC birangira initwaye neza kuko yatsinze ibitego 2-1, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Mico Justin ndetse na Iyabivuze Osee, kuri Marines yo yatsindiwe na Ishimwe Fiston.

Uko mikino yahuje amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri yagenze:

Kiyovu Sports 3-0 Mukura VS
Musanze FC 3-1 AS Muhanga
Etincelles FC 2-1 Sunrise FC

Nyuma y’umunsi wa 8 amakipe agiye gufata ikiruhuko kubera ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina imikino ya gicuti izaba muri Kamena, bityo shampiyona ikozakomeza muri Kamena Amavubi ashoje gukina imikino ibiri ifite.

Ibyo wamenya byaranze umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda:

Hakinwe imikino 8 hinjizwa ibitego 27, Byatsinzwe n’abakinnyi 24

Hatsinze abanyamahanga 9 batsinze ibitego 11.

Habonetse Penaliti 3 zose zinjiye.

Hatanzwe amakarita 3 y’umutuku
Ndabarasa Trésor (Gasogi Utd)
Ayoub Kiiza (Sunrise FC)
Nshimiyimana Elysée (AS Muhanga)

Nwusu Samuel Chukudi wa Gorilla, Robert Saba wa Kiyovu Sports na Mugisha Gilbert wa Rayon nibo binjiye ibitego 2 mu mukino 1, kugeza n’ubu nta mukinnyi uratsinda ibitego bitatu mu mukino umwe.

Hatsinze abanyarwanda 15 batsinze ibitego 16 harimo 2 bitsinze.

Mu gice cya mbere hinjijwe ibitego 14 mu gice cya kabiri hinjira 13.

Habonentse intsinzi 5 harimo 5 z’amakipe yari iwayo, nta kipe n’imwe yatsindiye hanze y’ikibuga cyayo, Kunganya 3.

Mu bahatanira kutamanuka hatsinzwe ibitego 14, mu bahatanira igikombe hatsindwa ibitego 13.

AS Muhanga na Mukura VS nizo kipe zitarabona intsinzi kuva shampiyona yatangira.

Bwa mbere kuva shampiyona yatangira APR FC yabanje igitego.

Igitego Mugisha Gilbert yatsindiye Rayon Sports cyujuje ibitego 183 bimaze gutsindwa kuva shampiyona yatangira.

Igitego cyihuse kuri uyu munsi wa 8 ni icya Niyigena Shawal wa Muhanga cyo ku munota wa 1′, ni nacyo gitego cyihuse kuva shampiyona yatangira.
Abakinnyi 2 bitsinze : Nzayisenga Jean D’amour wa Sunrise FC na Nshimiyimana Elysée wa AS Muhanga.

Kugeza ubu Saba Robert wa Kiyovu SC niwe umaze gutsinda ibitego byinshi aho amaze kugeza 8, arakurikirwa na Shabalala wa AS Kigali ufite ibitego 7 ndetse na Alain Kwitonda wa Bugesera FC na Hassan Kikoyo wa Gasogi United bombi bafite ibitego5.

2021-05-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Editorial 28 Sep 2021
Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Editorial 24 Apr 2018
u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Editorial 15 Oct 2021
Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Editorial 15 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yashyize hanze urutonde rw’abasirikare bakuru 22 b’u Bufaransa bari mu mugambi wa Jenoside
ITOHOZA

CNLG yashyize hanze urutonde rw’abasirikare bakuru 22 b’u Bufaransa bari mu mugambi wa Jenoside

Editorial 02 Nov 2016
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye
INKURU NYAMUKURU

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Editorial 27 Apr 2018
Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera
Amakuru

Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera

Editorial 13 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru