• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Editorial 28 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Uko imikino yagenze mu cyiciro cy’abahatanira igikombe no kutamanuka.

Kuri uyu wa kane tariki ya 27 Gicurasi 2021, nibwo hasozwaga umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru haba mu kiciro cy’abahatanira igikombe ndetse no kubahatanira kutamanuka mu kiciro cya kabiri.

Mu kiciro cy’abashaka igikombe, ikipe ya Rayon Sports yatsindaga ikipe ya Bugesera FC, ni umukino wabereye kuri sitade ya Bugesera ku isaha ya saa cyenda n’igice, muri uyu mukino ikipe ya Rayon Sports yaherukaga intsinzi tariki ya 4 Gicurasi, yatsinze ibitego bitatu kuri kimwe, ni ibitego byatsinzwe na Mugisha Gilbert watsinzemo bibiri naho ikindi cyatsinzwe na Manace Mutatu, ku ruhande rwa Bugesera cyatsinzwe na Rucogoza Djihad.

Mu wundi mukino wari wabaye mbere ku isaha ya saa sita wahuje ikipe ya Police FC yo yari imaze imikino ibiri idatsinda, yari yakiriye Marines FC birangira initwaye neza kuko yatsinze ibitego 2-1, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Mico Justin ndetse na Iyabivuze Osee, kuri Marines yo yatsindiwe na Ishimwe Fiston.

Uko mikino yahuje amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri yagenze:

Kiyovu Sports 3-0 Mukura VS
Musanze FC 3-1 AS Muhanga
Etincelles FC 2-1 Sunrise FC

Nyuma y’umunsi wa 8 amakipe agiye gufata ikiruhuko kubera ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina imikino ya gicuti izaba muri Kamena, bityo shampiyona ikozakomeza muri Kamena Amavubi ashoje gukina imikino ibiri ifite.

Ibyo wamenya byaranze umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda:

Hakinwe imikino 8 hinjizwa ibitego 27, Byatsinzwe n’abakinnyi 24

Hatsinze abanyamahanga 9 batsinze ibitego 11.

Habonetse Penaliti 3 zose zinjiye.

Hatanzwe amakarita 3 y’umutuku
Ndabarasa Trésor (Gasogi Utd)
Ayoub Kiiza (Sunrise FC)
Nshimiyimana Elysée (AS Muhanga)

Nwusu Samuel Chukudi wa Gorilla, Robert Saba wa Kiyovu Sports na Mugisha Gilbert wa Rayon nibo binjiye ibitego 2 mu mukino 1, kugeza n’ubu nta mukinnyi uratsinda ibitego bitatu mu mukino umwe.

Hatsinze abanyarwanda 15 batsinze ibitego 16 harimo 2 bitsinze.

Mu gice cya mbere hinjijwe ibitego 14 mu gice cya kabiri hinjira 13.

Habonentse intsinzi 5 harimo 5 z’amakipe yari iwayo, nta kipe n’imwe yatsindiye hanze y’ikibuga cyayo, Kunganya 3.

Mu bahatanira kutamanuka hatsinzwe ibitego 14, mu bahatanira igikombe hatsindwa ibitego 13.

AS Muhanga na Mukura VS nizo kipe zitarabona intsinzi kuva shampiyona yatangira.

Bwa mbere kuva shampiyona yatangira APR FC yabanje igitego.

Igitego Mugisha Gilbert yatsindiye Rayon Sports cyujuje ibitego 183 bimaze gutsindwa kuva shampiyona yatangira.

Igitego cyihuse kuri uyu munsi wa 8 ni icya Niyigena Shawal wa Muhanga cyo ku munota wa 1′, ni nacyo gitego cyihuse kuva shampiyona yatangira.
Abakinnyi 2 bitsinze : Nzayisenga Jean D’amour wa Sunrise FC na Nshimiyimana Elysée wa AS Muhanga.

Kugeza ubu Saba Robert wa Kiyovu SC niwe umaze gutsinda ibitego byinshi aho amaze kugeza 8, arakurikirwa na Shabalala wa AS Kigali ufite ibitego 7 ndetse na Alain Kwitonda wa Bugesera FC na Hassan Kikoyo wa Gasogi United bombi bafite ibitego5.

2021-05-28
Editorial

IZINDI NKURU

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021
Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Editorial 20 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Editorial 09 Nov 2017
Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Editorial 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burkina Faso: Harakekwa ibyitso mu gisirikare ku gitero cyahitanye abantu 17
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burkina Faso: Harakekwa ibyitso mu gisirikare ku gitero cyahitanye abantu 17

Editorial 06 Mar 2018
Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage
Mu Rwanda

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Editorial 15 Dec 2017
Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?
INKURU NYAMUKURU

Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Editorial 13 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru