• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Editorial 05 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere Primus National League yakomezaga hakinwa umunsi wayo wa kabiri wo mu matsinda, mu mikino yaraye ibaye kuri uyu wa kabiri ikipe ya AS Kigali yitwaye neza imbere ya Police FC, Marines , Musanze na Espoir zatsinze imikino yayo.

Ku mukino wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera ikipe y’amanyamujyi b’i Kigali bari bakiriye ikipe ya Police FC ni umukino warangiye AS Kigali ibifashijwemo na Hussein Shabalala na Biramahire Abeddy Christophe batahukanye amanota atatu.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa dore ko abatoza b’amakipe yombi bari bagerageje gufunga hagati kugeza ubwo iminota 45 irangira ntakipe ifunguye amazamu y’indi, gusa bavuye ku ruhuka ikipe ya Police FC yakoze impinduka cyane cyane mu kibuga hagati ariko ntacyo byayifashije.

Ikipe itozwa na Eric Nshimiyimana wizihizaga isabukuru y’imyaka 49 y’amavuko niyo yitwaye neza, ubwo hari ku munota wa 65 nibwo Shabalala yatsinze igitego ku mupira yari aherejwe na Rurangwa Mossi ukina yugarira.

Iyi kipe yabonye ikindi gitego cy’itsinzi ku munota wa 78 gitsinzwe na Biramahire Abeddy watsindaga ikipe ya Police FC yahoze n’ubundi akinira, gutsinda uyu mukino bikaba byatumye iyi kipe yuzuza imikino ibiri idatsinzwe dore ko no mu mukino ubanza iyi kipe yari yatsinze Musanze FC ibitego 2-0.

Muri iri tsinda kandi ikipe ya Musanze FC yari yasuye ikipe ya Etincelles, ni umukino warangiye ikipe ya Etincelles yari iri murugo itsinzwe ibitego bitatu kuri kimwe, ibitego bya Musanze FC byatsinzwe na Niyonsenga Ibrahim, Uzayisenga Maurice ndetse na Twizerimana Onesme.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya Musanze FC byarokoye imirimo ya Seninga Innocent utoza iyi kipe yo mu ntara y’amajyaruguru kuko hari amakuru avuga ko uyu mutoza yari yahawe uyu mukino ko agomba kuwutsinda atawutsinda agahita asezererwa, aya makuru yavugaga ko umutoza Jimmy Mulisa ariwe wari bufate iyi kipe.

I Nyagatare ho ikipe ya Sunrise FC yo yahatsindiwe na Marines FC yo mu Karere ka Rubavu igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe na Ishimwe Fiston ku munota wa gatanu w’umukino.

I Rusizi ho ikipe ya Espoir yahatsindiraga ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs, ni umukino warangiye ikipe yari mu rugo itsinze ibitego bitatu kuri kimwe.

Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatatu aho AS Muhanga yakira APR FC, Gasogi United vs Rutsiro FC, Gorilla FC vs Bugesera FC naho Kiyovu SC yakire ikipe ya Rayon Sports kuri sitade Amahoro.

2021-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Editorial 27 Apr 2021
Amafoto – Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore begukanye Kirehe Open Tournament

Amafoto – Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore begukanye Kirehe Open Tournament

Editorial 24 Sep 2023
Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Editorial 07 Feb 2016
Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Editorial 12 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi
POLITIKI

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Editorial 18 Apr 2019
Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe
POLITIKI

Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe

Editorial 14 Nov 2018
Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Editorial 01 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru