• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Papa Francis yasabye imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Papa Francis yasabye imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 20 Mar 2017 ITOHOZA

Uyu munsi kuwa mbere tariki 20 Werurwe 2017 Nyirubutungane Papa Francis yasabye imbabazi kubera guteshuka kwa Kiliziya gaturika kimwe na bamwe mu bayo bagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Itangazo ryatanzwe na Vatican, nyuma y’umubonano wa Papa Francis na Perezida Kagame, rivuga yuko Nyirubutungane Papa yatanze ubutumwa bwe bw’akababaro buturutse ku mutima n’ubutumwa bwa Kiliziya kubera jenoside yakorerwe Abatutsi.

Iryo tangazo rigakomeza rivuga yuko Papa yasabye Imana imbabazi kubera ibyaha no gutsindwa kwa Kiliziya n’abayigize, barimo abapadiri n’abandi bagabo n’abagore bo mu idini gaturika bayobotse inzira y’u Rwango no kumena amaraso bateshutse ku nshingano zabo zo gusakaza ubutumwa bw’Imana.

Uku gusaba imbabazi kwa Papa Francis kuje gukurikira icyifuzo cyakomeje gutangwa na leta y’u Rwanda cy’uko Kiriziya Gaturika yasaba imbabazi kubera uruhare rwayo muri jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana abantu basaga miliyoni.

Kiliziya Gaturika yakomeje kunengwa yuko yakoranaga hafi n’ubutegetsi bwateguye, bukanashyira jenoside mu bikorwa ! Mu gihe cya jenoside nyinshi muri za kiliziya ziciwemo imbaga y’abantu, bamwe batanzwe na bamwe mu bapadiri cyangwa ababikira !

Papa Francis w’imyaka 80 y’amavuko yavuze yuko yizeye izo mbabazi zisabwe zizomora ibikomere bya benshi zikanavamo n’umusemburo wo kugarurira icyizere Kiliziya.

Iyi nkuru dukesha AFP ikomeza igaragaza yuko bamwe mu bapadiri, ababikira kimwe n’abafurere bashinjwaga kuba baragize uruhare muri jenoside bashyikirijwe ubutabera, muri bo hagatangwa urugero rwa Augustine Misago warekuwe kuva muri gereza muri 2000.

Mu Ugushyingo umwaka ushize abasenyeri bahagarariye diyoseze icyenda zo mu Rwanda basinye itangazo risaba imbabazi kubera uruhare rwa kiliziya muri jenoside yakorewe Abatutsi, risomwa muri za kiliziya zose mu Rwanda. Icyo gihe ariko leta y’u Rwanda yavuze yuko imbabazi zisabwe na Kiliziya Gaturika mu Rwanda yomyine zitari zihagije !

Minisitiri w’u Rwanda w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo wari waherekeje Kagame i Vatican, kuri uyu wa mbere yavuze yuko omubonano wa Perezida Kagame na Papa Francis wabaye mu mucyo no mu bwugahane (mutual respect). Mushikiwabo akanavuga ariko yuko nubwo izo mbabazi zasabwe ngo muri za kiliziya zimwe na zimwe haracyari abagipfobya jenoside n’abahishira abayigizemo uruhare !

-6141.jpg

Perezida Kagame na Madamu i Vatican

Casmiry Kayumba

2017-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Apr 2019
David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu

David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu

Ubwanditsi 20 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta
Amakuru

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Ubwanditsi 01 Jul 2025
ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss
Mu Rwanda

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru