• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Ubwanditsi 03 Mar 2018 ITOHOZA

Perezida Kagame yahishuye ko ubwo yahuraga na mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamubajije ku magambo bivugwa ko uyu muyobozi yavuze asebya ibihugu bya Afurika aho ngo yabigereranyije n’imisarane.

Mu ntangiriro za Mutarama, Perezida Trump yagiranye inama n’abasenateri bigira hamwe uko bakemura ibibazo by’abimukira byugarije Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri iyo nama, bivugwa ko Trump yavugiye imbere y’abo basenateri ko yibaza impamvu Amerika ishobora kwakira abimukira bava mu bihugu bya Afurika yagereranyije n’imisarani, ko ahubwo nibura yakwakira abo muri Norvège.

Abasenateri bari muri iyo nama bamwe bavuze ko batigeze bumva ibyo bivugwa, abandi barimo nka Senateri uhagarariye Leta ya Illinois, Dick Durbin wo mu ishyaka ry’aba- démocrate, ahamya ko yabyumvise ndetse ko bitumvikana ukuntu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ‘yavuga amagambo nk’ayo numvanye Perezida ejo’.

Nyuma y’aho aya magambo asakaye mu itangazamakuru, abayobozi batandukanye ba Afurika bayamaganiye kure basaba ko Trump yatanga ibisobanuro ku mpamvu yibasiye umugabane.

Tariki ya 26 Mutarama 2018, Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Trump, byabereye i Davos mu Busuwisi ahaberaga inama mpuzamahanga yiga ku bukungu.

Nyuma y’ibyo biganiro Trump yabwiye Kagame ko ari iby’agaciro ‘kumugira nk’inshuti’; ndetse bombi imbere y’abanyamakuru bavuze ko baganiriye ku bijyanye n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi n’umugabane muri rusange.

Mu biganiro byabo, nta kintu cyigeze kivugwa ku magambo bivugwa ko yakoreshejwe n’uyu muyobozi wa Amerika agereranya Afurika n’imisarane.

Perezida Kagame yahishuye ko yabajije Trump kuri aya magambo

Mu kiganiro GZERO cy’Impuguke muri Politiki akaba n’Umunyamakuru, Ian Bremmer cyabaye mu gihe habaga inama Mpuzamahanga yiga ku mutekano yabereye i Munich mu Budage, kuva tariki ya 16 Gashyantare 2018 kugeza ku wa 18 Gashyantare 2018; uyu mugabo yabajije Perezida Kagame niba haba hari icyo yabajije Trump kuri ariya magambo mu gihe bahuriraga mu Busuwisi.

Perezida Kagame yasubije Bremmer ko yabajije Trump kuri ariya magambo ariko ko yabikoze mu buryo bucishije make dore ko nta muntu n’umwe wari uzi niba koko yaba yaravuzwe.

Ati “Mu buryo bucishije make kurusha uko abantu babitekereza. Twagombaga kubiganiraho ariko tunazirikana ko nta muntu n’umwe wari uzi neza ibyavuzwe. Kuko abantu barimo na we ubwe, baravugaga ngo twagaragajwe nabi, bamwe ntibigeze babyumva, abandi barabyumvise […] kuba Trump ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nshishikajwe no kureba uko Amerika na Afurika byahuza.”

Perezida Kagame abajijwe niba mu biganiro byabo bombi haba hari icyo baba baragezeho kijyanye n’uburyo Afurika na Amerika byakorana mu buryo buruseho, yasubije ati ‘yego’ ndetse binashimangirwa n’ibaruwa Trump yandikiye abayobozi b’ibihugu bya Afurika.

Ati “Nyuma yaho Perezida [Trump] yandikiye ibaruwa Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe asobanura uko ashaka gukorana na Afurika n’abayobozi b’abanyafurika ndetse avugamo inama yanjye na we i Davos. Ubwo butumwa bwari buhagije kuri njye kuko yavugaga ati ’ndashaka gukorana neza na Afurika kandi ibyo mbikomeyeho’. Natekereje ko kuri njye icyo aricyo kintu cy’ingenzi.”

Muri iyo baruwa Trump yashimye ubuyobozi bw’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, ashimira Perezida wa Guinea, Alpha Condé, ucyuye igihe ku buyobozi bwa AU anifuriza Perezida Kagame akazi keza. Yavuzemo ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zubaha cyane abaturage ba Afurika.

Trump yahakanye amagambo yavugaga ko yatutse ibihugu bya Afurika, ashimangira ko mu nama yagarukaga ku mushinga mushya w’itegeko ushobora kutorohera abimukira, yakoresheje imvugo ikomeye ariko idatuka ibihugu bya Afurika, Haiti n’ibindi.

2018-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda  k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Niyigena Patrick  umunyarwanda w’umucuruzi  yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Niyigena Patrick umunyarwanda w’umucuruzi yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Ubwanditsi 10 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )
Mu Mahanga

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri
Amakuru

Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 22 Apr 2024
Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball
Amakuru

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Ubwanditsi 03 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru