• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Ubwanditsi 03 Mar 2018 ITOHOZA

Perezida Kagame yahishuye ko ubwo yahuraga na mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamubajije ku magambo bivugwa ko uyu muyobozi yavuze asebya ibihugu bya Afurika aho ngo yabigereranyije n’imisarane.

Mu ntangiriro za Mutarama, Perezida Trump yagiranye inama n’abasenateri bigira hamwe uko bakemura ibibazo by’abimukira byugarije Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri iyo nama, bivugwa ko Trump yavugiye imbere y’abo basenateri ko yibaza impamvu Amerika ishobora kwakira abimukira bava mu bihugu bya Afurika yagereranyije n’imisarani, ko ahubwo nibura yakwakira abo muri Norvège.

Abasenateri bari muri iyo nama bamwe bavuze ko batigeze bumva ibyo bivugwa, abandi barimo nka Senateri uhagarariye Leta ya Illinois, Dick Durbin wo mu ishyaka ry’aba- démocrate, ahamya ko yabyumvise ndetse ko bitumvikana ukuntu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ‘yavuga amagambo nk’ayo numvanye Perezida ejo’.

Nyuma y’aho aya magambo asakaye mu itangazamakuru, abayobozi batandukanye ba Afurika bayamaganiye kure basaba ko Trump yatanga ibisobanuro ku mpamvu yibasiye umugabane.

Tariki ya 26 Mutarama 2018, Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Trump, byabereye i Davos mu Busuwisi ahaberaga inama mpuzamahanga yiga ku bukungu.

Nyuma y’ibyo biganiro Trump yabwiye Kagame ko ari iby’agaciro ‘kumugira nk’inshuti’; ndetse bombi imbere y’abanyamakuru bavuze ko baganiriye ku bijyanye n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi n’umugabane muri rusange.

Mu biganiro byabo, nta kintu cyigeze kivugwa ku magambo bivugwa ko yakoreshejwe n’uyu muyobozi wa Amerika agereranya Afurika n’imisarane.

Perezida Kagame yahishuye ko yabajije Trump kuri aya magambo

Mu kiganiro GZERO cy’Impuguke muri Politiki akaba n’Umunyamakuru, Ian Bremmer cyabaye mu gihe habaga inama Mpuzamahanga yiga ku mutekano yabereye i Munich mu Budage, kuva tariki ya 16 Gashyantare 2018 kugeza ku wa 18 Gashyantare 2018; uyu mugabo yabajije Perezida Kagame niba haba hari icyo yabajije Trump kuri ariya magambo mu gihe bahuriraga mu Busuwisi.

Perezida Kagame yasubije Bremmer ko yabajije Trump kuri ariya magambo ariko ko yabikoze mu buryo bucishije make dore ko nta muntu n’umwe wari uzi niba koko yaba yaravuzwe.

Ati “Mu buryo bucishije make kurusha uko abantu babitekereza. Twagombaga kubiganiraho ariko tunazirikana ko nta muntu n’umwe wari uzi neza ibyavuzwe. Kuko abantu barimo na we ubwe, baravugaga ngo twagaragajwe nabi, bamwe ntibigeze babyumva, abandi barabyumvise […] kuba Trump ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nshishikajwe no kureba uko Amerika na Afurika byahuza.”

Perezida Kagame abajijwe niba mu biganiro byabo bombi haba hari icyo baba baragezeho kijyanye n’uburyo Afurika na Amerika byakorana mu buryo buruseho, yasubije ati ‘yego’ ndetse binashimangirwa n’ibaruwa Trump yandikiye abayobozi b’ibihugu bya Afurika.

Ati “Nyuma yaho Perezida [Trump] yandikiye ibaruwa Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe asobanura uko ashaka gukorana na Afurika n’abayobozi b’abanyafurika ndetse avugamo inama yanjye na we i Davos. Ubwo butumwa bwari buhagije kuri njye kuko yavugaga ati ’ndashaka gukorana neza na Afurika kandi ibyo mbikomeyeho’. Natekereje ko kuri njye icyo aricyo kintu cy’ingenzi.”

Muri iyo baruwa Trump yashimye ubuyobozi bw’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, ashimira Perezida wa Guinea, Alpha Condé, ucyuye igihe ku buyobozi bwa AU anifuriza Perezida Kagame akazi keza. Yavuzemo ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zubaha cyane abaturage ba Afurika.

Trump yahakanye amagambo yavugaga ko yatutse ibihugu bya Afurika, ashimangira ko mu nama yagarukaga ku mushinga mushya w’itegeko ushobora kutorohera abimukira, yakoresheje imvugo ikomeye ariko idatuka ibihugu bya Afurika, Haiti n’ibindi.

2018-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024
Akarimi keza ka RNC k’urupfu rw’Umwami Kigeli gahatse iki ?

Akarimi keza ka RNC k’urupfu rw’Umwami Kigeli gahatse iki ?

Ubwanditsi 19 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien
Amakuru

Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien

Ubwanditsi 06 Oct 2023
Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda
IMIKINO

Amavubi yatsinzwe na Cameroun, akomeza kuba aya nyuma mu itsinda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN
Amakuru

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru