• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Editorial 11 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’igihe gito Pascal Nyamurinda atorewe kuba Meya w’Umujyi wa Kigali, yanditse ibaruwa agaragaza ko yeguye ku murimo ye kubera impamvu ze bwite, ibintu njyanama igiye kwigaho ikabisesengura ikamenya ikizakurikiraho. Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Mata 2018, nibwo Pascal Nyamurinda yandikiye Njyanama y’Umujyi wa Kigali avuga ko yeguye ku mirimo yo kuyobora uyu murwa mukuru w’u Rwanda kubera impamvu ze bwite.

Perezida wa Njyamana y’Umujyi wa Kigali, Rutabingwa Athanase, yabwiye itangazamakuru  ko kuri uyu wa Kabiri ari bwo bakiriye ibaruwa ya Pascal Nyamurinda amenyesha njyanama ko yeguye. Yagize ati: “Twabonye ibaruwa ye ejo, yari ibaruwa ngufi cyane avugamo ko yeguye kubera impamvu ze bwite… Ntabwo turaterana ngo twemeze ikizakurikiraho.”

Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, umujyi wa Kigali wagiye uyoborwa n’abantu batandukanye barimo ababaye aba Perefe Kigali igifatwa nka Perefegitura, hakabamo n’ababaye aba Meya. Kuva mu 1994 kugeza muri 2001, abayoboraga umujyi wa Kigali babaga ari aba Perefe naho nyuma yaho batangiye kuba aba Meya.

Lt Col Rose Kabuye (wari ufite ipeti rya Major icyo gihe) yabaye Perefe wa Kigali kuva mu 1994 kugeza mu 1997. Yasimbuwe na Musoni Protais wayoboye Kigali kuva mu 1997 kugeza mu 1999, naho uwa nyuma wabaye Perefe ni Kabandana Marc wayiyoboye kuva mu 1999 kugeza muri 2001.

Aho umujyi wa Kigali utangiriye kuyoborwa n’aba Meya (Mayor), uwa mbere wawuyoboye ndetse wavugishije benshi ku gihe cy’ubuyobozi bwe, ni Mutsindashyaka Theoneste wabaye Meya kuva muri 2001 kugeza muri 2006, agasimburwa na Aissa Kirabo Kacyira wabaye Meya kuva muri 2006 kugeza muri 2011, hakaza Fidèle Ndayisaba wabaye Meya kuva muri 2011 kugeza muri 2016 hanyuma hakazaho Dr Mukaruliza Monique wayoboye igihe gito, kuva tariki 29 Gashyantare 2016 kugeza ubwo yahindurirwaga imirimo n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatanu tariki 3 Gashyantare 2017, agahita agirwa ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia.

Muri iyo nama y’Abaminisitiri, ninaho hatangarijwe impinduka mu kigo cy’igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyari gisanzwe kiyoborwa na Pascal Nyamulinda, ubu iki kigo kikaba cyarahawe undi muyobozi mushya witwa MUKESHA Josephine, naho Nyamurinda yasimbuye akaba yatorewe kuba Meya mushya w’Umujyi wa Kigali muri Gashyantare 2017, akaba yari amaze umwaka n’amezi abiri ayobora uyu mujyi.

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Editorial 24 Jan 2020
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Editorial 02 Jun 2023
Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Editorial 03 Oct 2019
Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame

Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame

Editorial 05 Feb 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Ngabo
    April 13, 20184:57 pm -

    Munyangire irakatage nyamara!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro
ITOHOZA

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Editorial 09 Aug 2017
Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
POLITIKI

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Editorial 12 Jun 2019
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50
UBUKUNGU

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Editorial 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru