• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 06 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihe hitegurwa amatora ya Kamarampaka mu gihugu cy’u Burundi mu kwezi gutaha ndetse bamwe banafata nk’uburyo Leta y’u Burundi yashyizeho ngo Perezida Nkurunziza agume ku butegetsi, imiryango itegamiye kuri Leta irasaba umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) kwinjira muri iki kibazo amazi atararenga inkombe.

Mu mwaka wa 2015 ubwo Perezida Nkurunziza yiyamamazaga kuri manda ya gatatu, havutse imvururu nyinshi ndetse ababarirwa mu bihumbi bahasiga ubuzima abandi barahunga, ibyo ntabwo byamubujije kwiyamamaza aranatsinda. Twabibutsa ko icyo gihe byatangajwe ko yiyamamaje mu buryo butemewe.

Kubera izi mvururu zavutse, n’ubu ikibazo cyo guhuza Abarundi kikaba kitarashakirwa umuti, niho abahagarariye amashyirahamwe ategamiye kuri Leta bahera basaba ko AU na yo yakwinjira mu kibazo cy’u Burundi hakiri kare, mu gihe aya matora ateganyijwe mu minsi iri imbere nayo ashobora kubyara amahari.

Bigirimana Janvier uhagarariye umuryango FOCODE, aganira na RFI yagize ati “Ubu hashize imyaka ibiri umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba ugerageza gushaka umuti w’ikibazo cy’Abarundi, ubwo umuhuza mu biganiro, Benjamin Mkapa yatangazaga ibyo ibiganiro bimaze kugeraho, yavuze ko abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa EAC batamuba hafi”.

Mu gihe Bigirimana Janvier abona ko ikibazo cy’u Burundi gikomeye kandi kitarabonerwa umuti, hakaba hashobora no kuvuga imvururu nyuma y’amatora ya Kamarampaka, arasaba AU kwinjira mu kibazo.

Ati “Niba rero umuhuza avuga ko abakuru b’ibihugu bya EAC batamufasha, ndumva ari akanya ko gushaka ubundi buryo busumbye ubwari bwatangiwe, Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, kugirango ugerageze kumvisha Petero Nkurunziza n’ishyaka rye ko uburyo bwiza bwo kuvugutira umuti ikibazo cy’u Burundi ari ukwemera akaganira n’abatavuga rumwe na we”.

Amatora ya Kamarampaka mu Burundi ateganyijwe kuba muri Gicurasi, impuzamashyaka atavuga rumwe na Leta y’u Burundi, CNARED ikaba yatangaje ko ibizava mu matora itazabyemera, by’umwihariko ibi na visi perezida w’inteko ishingamateko Agathon Rwasa (FNL) akaba yarabigarutseho, avuga ko amatora atazakorwa mu mucyo, agaragaza ko abazatora OYA bazaba benshi Leta ikabihindura bitewe n’uko ishaka ko Itegeko Nshinga rihindurwa.

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Ubwanditsi 29 Oct 2020
Abarwanyi ba RNC basubiranyemo muri Congo

Abarwanyi ba RNC basubiranyemo muri Congo

Ubwanditsi 24 Dec 2018
Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Ubwanditsi 05 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ntimuzane Abatutsi kuko simbakunda, mwibande mu bahutu cyane cyane abahoze mu ngabo.” -Ingabire Victoire
ITOHOZA

“Ntimuzane Abatutsi kuko simbakunda, mwibande mu bahutu cyane cyane abahoze mu ngabo.” -Ingabire Victoire

Ubwanditsi 13 May 2019
Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw
Mu Rwanda

Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ubwanditsi 08 Jun 2017
RNC – ICYEGERANYO  : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.
INKURU NYAMUKURU

RNC – ICYEGERANYO : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

Ubwanditsi 01 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru