• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 06 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihe hitegurwa amatora ya Kamarampaka mu gihugu cy’u Burundi mu kwezi gutaha ndetse bamwe banafata nk’uburyo Leta y’u Burundi yashyizeho ngo Perezida Nkurunziza agume ku butegetsi, imiryango itegamiye kuri Leta irasaba umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) kwinjira muri iki kibazo amazi atararenga inkombe.

Mu mwaka wa 2015 ubwo Perezida Nkurunziza yiyamamazaga kuri manda ya gatatu, havutse imvururu nyinshi ndetse ababarirwa mu bihumbi bahasiga ubuzima abandi barahunga, ibyo ntabwo byamubujije kwiyamamaza aranatsinda. Twabibutsa ko icyo gihe byatangajwe ko yiyamamaje mu buryo butemewe.

Kubera izi mvururu zavutse, n’ubu ikibazo cyo guhuza Abarundi kikaba kitarashakirwa umuti, niho abahagarariye amashyirahamwe ategamiye kuri Leta bahera basaba ko AU na yo yakwinjira mu kibazo cy’u Burundi hakiri kare, mu gihe aya matora ateganyijwe mu minsi iri imbere nayo ashobora kubyara amahari.

Bigirimana Janvier uhagarariye umuryango FOCODE, aganira na RFI yagize ati “Ubu hashize imyaka ibiri umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba ugerageza gushaka umuti w’ikibazo cy’Abarundi, ubwo umuhuza mu biganiro, Benjamin Mkapa yatangazaga ibyo ibiganiro bimaze kugeraho, yavuze ko abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa EAC batamuba hafi”.

Mu gihe Bigirimana Janvier abona ko ikibazo cy’u Burundi gikomeye kandi kitarabonerwa umuti, hakaba hashobora no kuvuga imvururu nyuma y’amatora ya Kamarampaka, arasaba AU kwinjira mu kibazo.

Ati “Niba rero umuhuza avuga ko abakuru b’ibihugu bya EAC batamufasha, ndumva ari akanya ko gushaka ubundi buryo busumbye ubwari bwatangiwe, Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, kugirango ugerageze kumvisha Petero Nkurunziza n’ishyaka rye ko uburyo bwiza bwo kuvugutira umuti ikibazo cy’u Burundi ari ukwemera akaganira n’abatavuga rumwe na we”.

Amatora ya Kamarampaka mu Burundi ateganyijwe kuba muri Gicurasi, impuzamashyaka atavuga rumwe na Leta y’u Burundi, CNARED ikaba yatangaje ko ibizava mu matora itazabyemera, by’umwihariko ibi na visi perezida w’inteko ishingamateko Agathon Rwasa (FNL) akaba yarabigarutseho, avuga ko amatora atazakorwa mu mucyo, agaragaza ko abazatora OYA bazaba benshi Leta ikabihindura bitewe n’uko ishaka ko Itegeko Nshinga rihindurwa.

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.

Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Erevan : Michel Jean  ashobora gukuramo Kandidature

Erevan : Michel Jean ashobora gukuramo Kandidature

Ubwanditsi 11 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR
Mu Rwanda

Itorero Zion Temple riramaganira kure inyandiko yitiriwe Apotre Gitwaza yandikiwe FPR

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Umunyarwanda  yateye utwatsi  ibyavugiwe kuri Radio Inkingi
ITOHOZA

Umunyarwanda yateye utwatsi ibyavugiwe kuri Radio Inkingi

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus
HIRYA NO HINO

Mu Rwanda habonetse abandi bantu 3 barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 10 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru