• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Editorial 31 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 31 Kanama 2020, nibwo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha “RIB” rwatangaje inkuru yanyuze Abanyarwanda benshi, y’ifatwa rya Paul Rusesabagina, ndetse anerekwa itangazamakuru.

Uyu mugabo gito akurikiranweho ibyaha byinshi birimo iby’iterabwoba n’ibindi bitandukanye, RIB yatangaje ko uyu Rusesabagina wamamamaye cyane atuka uRwanda n’abayobozi bakuru barwo biherekejwe no gukurira umutwe w’Iterabwoba wagaragaye utwika ndetse unica abaturage , yafashwe ku bufatanye bw’u Rwanda n’amahanga, dore ko yari yaranashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko atabwa muri yombi.

Bimwe mu byo ashinjwa harimo kurema no kuyobora imitwe yitwaje intwaro irimo MRCD, ndetse n’ikiryabarezi yashinze cyitwa PDR-Ihumure, Bimwe mu bitero iyi mitwe yagiye igiramo uruhare harimo icya Nyabimata cyabaye muri Kamena 2018, ndetse n’ikindi cyabereye muri Nyamagabe mu kwezi kwa 12 muri 2018.

Ubwo yerekwaga itangazamakuru yagaragaraga nk’ufite ikimwaro, ubona yibaza icyo azabwira Abanyarwanda ku marorerwa yabakoreye, arimo n’ubwicanyi bwahitanye ubuzima bwa benshi muri bo.
Mu mwaka wa 2018 nibwo humvikanye ibitero byagiye bigabwa mu majyepfo y’u Rwanda cyane cyane mu nkengero z’ishyamba rya Nyungwe aho byanatwaye ubuzima bw’abanyarwanda b’inzirakarengane abandi barashimutwa, bikorezwa ibyo izo nyangabirama za Rusesabagina zari zimaze gusahura, icyo gihe Polisi y’igihugu yatangaje ko abari bagabye icyo gitero bari baje baturuka mu Burundi ndetse bakanyura mu ishyamba rya Nyungwe bahunga.

Igihe bakubitwaga inshuro n’ingabo z’u Rwanda, Ibi bitero kimwe n’utundi dutero-shuma twagiye dukurikiraho byaje kwigambwa na Paul Rusesabagina, wiyemerera ko ari umuyobozi w’ingirwashyaka ,MRCD ryaje kunyunyuza imitsi ya zimwe mu mpunzi z’abanyarwanda .

Uyu Rusesabagina yari amaze iminsi anumvikana cyane ku maradio mpuzamahanga avuga ko yifatanije n’imitwe y’iterabwoba irimo nka FDLR igizwe na benshi mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse yanifatanije na CNRD ya Wilson Irategekla nawe wari waritandukanije na FDLR. Mu gushinga MRCD uyu mugabo wahoze ari umutetsi akaza kwigira umunyapolitiki yahuje ingirwashyaka ye PDR-Ihumure n’ibindi biryabarezi nka RRM yashinzwe na Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara ndetse na CNRD ya Irategeka Wilson.
Nyuma yo kwihuza baje gushinga umutwe wa kinyeshyamba bari bahuriyeho bawita FLN icyo gihe mu rwego rwo kugirango batazacagagurana baha inshingano zo kubavugira uwo wiyise Sankara ndetse ahita ahabwa ipeti rya Major ibintu byafashwe nko gutesha agaciro amapeti ya gisirikari dore uko uyu muhungu atanigeze byibura anakora amahugurwa y’umunsi umwe ya gisirikari akarenga akiyita major.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yabwiye abanyamakuru ko uyu Rusesabagina yafashwe ku bufatanye bw’ibihugu nyuma y’iperereza byose bizatangarizwa abanyarwanda ndetse aboneraho no gutanga ubutumwa ku bantu bose bafite umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda ababwira ko akaboko k’ubutabera kazabageraho, kikaba ari ikibazo cy’igihe gusa ngo baryozwe ayo marorerwa yabo.

Hagati aho amakuru ava mu nterahamwe, ibigarasha n’abaparimehutu aravuga ko bahiye ubwoba bwinshi mu butumwa bucicikana ku mbuga biragaragara ko batunguwe n’ifatwa rya Rusesabagina bari bazi ko yagiye gushyingura murumuna we nkuko ubutumwa bwabo kubivuga mu majwi yoherezwaga kuri WhatsApp

Buri wese aribaza niba atari we utahiwe, cyane ko bigaragara ko amahanga yatangiye kumenya neza ubugome bajunditse, bwo kubuza Abanyarwanda amahwemo.

Ngiyo politiki mburamajyo tutahwemye kubabwira Gusa Ukuri gusesuye ni uko Amarembo y’Igihugu akinguye nyamuna Amahirwe aracyahari Sekibi yaba Cyiza

Biracyaza…….

2020-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021
Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Editorial 10 Aug 2025
Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Editorial 08 Jun 2018
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Editorial 04 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage  “Impinduka”
HIRYA NO HINO

2019 : Rwanda Day ntikibereye mu Budage “Impinduka”

Editorial 14 Aug 2019
Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Editorial 21 Feb 2025
Venant Musoni  wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi
ITOHOZA

Venant Musoni wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Editorial 30 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru