• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Editorial 09 May 2017 Mu Rwanda

Kuri iki cyumweru mibwo Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari, asubira London mu Bwonereza kwivuza bituma abaturage b’icyo gihuru baushaho kwiheba, yuko noneho adashobora kuzagaruka ari muzima !

Impungenge z’abaturage ba Nigeria ku buzima bwa Perezida wabo zimaze iminsi ariko noneho guhera ku munsi wa mbere w’iki cyumweru zarushijeho kwiyongera bumvise ngo yasubiye mu Bwongereza kwivuza kandi yari ataramara igihe kinini avuyeyo !

Icyateye impungenge kurushaho n’uko atangaza uko gusubira mu Bwongereza umujyanama we mukuru, Femi Adesima, yavuze yuko kugaruka kwa Perezida kuzaterwa n’uko abaganga be bazaba babibona. Muri make ni umurwayi ugiye kwivuza mu mahanga, bitari ibyo gusuzumwa ngo yongere agaruke mu mirimo ye nk’umukuru w’igihug cya Nigeria.

Icya kabiri n’uko ubundi byavugagwa yuko Abo baganga be bo mu Bwongereza aribo bari kuza muri Nigeria bakaba ariho bakurikiranira ubuzima bwe, ariko noneho birahindutse aba ariwe ubasangayo. Niba ubuzima bwa Perezida nta kibazo bwari butey ntabwo byari kuba ngombwa gusubira mu Bwongereza, ahari ibikoresho bigezweho kurusha uko bimeze muri Nigeria ubu ifite ubukungu bwifashe nabi cyane !

Ubwa mbere Perezida Bohari yagiye kwivuza mu Bwongereza ntangiriro za Mutarama uyu mwaka bikomeza kurirwa ibanga ariko aho abaturage basakurije ngo babwirwe inkuru ya Perezida wabo nibwo ibiro bya Perezida byasohoye itangazo yuko yivuza mu Bwongereza ngo ariko ameze neza.

Buhari atinzeyo cyane bitangira guhwihwiswa yuko ashobora kuba yarapfuye ariko aza kugaruka mu gihugu cye tariki 10 Werurwe uyu mwaka, yari amaze kwa muganga mu Bwongereza iminsi 50 yose ! icyo gihe ari mu Bwongereza imirimo y’umukuru w’igihugu yari yarayisigiye Visi Perezida we, Yemi Osinibajo, wayikoze neza cyane kurusha n’uko yakorwaga Perezida Buhari igihari.

Burya ntawutinya ijoro atinya ucyo bahuriyemo. Perezida Buhari gutinda cyane mu mahanga yivuza byatumaga abaturage ba Nigeria bibuka undi mukuru w’igihugu bari bamaze imyaka itari myinshi bapfushije muri ubwo buryo bwo kwivuza bidasobanutse !

Muhammadu Buhari yabaye Perezida wa Nigeria muri 2015 atsinze amatora Perezida Goodluck Johnathan, wari wagiye ku butegetsi asimbuye uwo yari abereye Visi Perezida, Umaru Musa Yar’Adua wari umaze kwitaba Imana. Nk’uko Perezida Buhari yarwaye akajya kwivuriza mu Bwongereza na Perezida Yar’Adua yararwaye amara amezi akabakaba abiri yivuriza muri Saudi Arabia, agaruka muri Nigeria tariki 2/05/2010, yitaba Imana nyuma y’iminsi itatu.

Buhari ariko we yavuye mu burwariro mu Bwongereza isaga akamara hafi ukwezi akiri muzima abantu batangiye kugarura icyizere yuko we atagipfuye ! Ariko na none benshi bakomeje muri rwa rujijo kuko Buhari agarutse kuva mu Bwongereza ntabwo yabonekaga mu ruhame, ariko nibura bikavugwa yuko yayoboraga inama y’abaminisitiri iba kuwa wa gatatu wa buri cyumweru.

Ubu ariko Buhari yari amaze gusiba izo nama incuro ishatu zose, bituma ibitangazamakuru byinshi muri icyo gihugu bonera kwibaza ku buzima bwe, ariko abavugizi be bagakomeza gushimangira yuko nta kibzo ngo ahubwo yahisemo kuba akorera mu rugo ngo kuko hari ibikoresho bya ngombwa byo mu biro bya Perezida.

Ibi ariko nabo byateraga urujijo kuko muri leta nta makuru ajyanye n’uko ubuzima bwa Perezida buhagaze ahubwo akavugwa gusa iyo hari ikinyamakuru cyatangaje yuko atamerewe neza. Urugero n’uko abo bavugizi be batari batangaje yuko Buhari agomba gusubira mu Bwongereza kwivuza, baza kubyemera ari uko ibitangazamakuru bitangarije yuko Perezida yabimenyesheje inteko nshingamategeko, imitwe yombi.

Nk’uko ingingo y’i 145 (1) y’itegeko nshinga ry’icyo gihugu ibiteganya, iyo perezida wa Nigeria agiye kujya mu mahanga abimenyesha abadepite n’abasinateri. Uko kumenyesha inteko nibyo bituma n’itangazamakuru ribimenya mu buryo bwo kwibirwa amakuru.

-6499.jpg

Perezida wa Nigeria Muhammadu Buhari yakiranywe ibyishimo avuye mu Bwongereza aho yari yaragiye kwivuza

Ikindi gituma abantu biyumvisha yuko noneho Buhari ashobora kugwa ku butegetsi nk’uko byagendekeye abandi baperezida baera kuri batanu bategetse mbere ye ni uko umugore we, Aisha Buhari, yari asigaye ajya gutanga ubuhamya yuko umugabo we akomeye cyane, kandi ntawabaga abimubajije !

Abandi bakuru b’igihugu cya Nigeria baguye ku butegetsi batarangije manda zabo ni Alh Tafawa Balewa wari umukuru wa guverinoma (Minisitiri w’intebe) kuva mu 1960 kugeza yishwe mu 1966. Balewa yasimbuwe na General Aguiyi Ironsi, nka Perezida wa Repubulika, ariko aza kwicwa nyuma y’amezi atandatu gusa !

General Murtala Muhamemed yari umukuru w’igihugu wa kane Nigeria yari ibonye nyuma y’ubwigenge. Uwo mugabo wari ufite imyaka 37 y’amavuko yishwe mu 1976, amaze amezi arindwi gusa ku butegetsi !

Umukuru w’igihugu wa kane wapfuye akiri ku butegetsi ni General Sani Abacha wategetse Nigeria kuva mu 1993 kugeza apfuye mu 1998, azize urw’ikirago ariko hakaba n’amakuru yakwirakwijwe y’uko yazize uburozi bw’indaya ebyiri z’Abahinde !

Casmiry Kayumba

2017-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Editorial 15 Feb 2022
RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

Editorial 29 Aug 2017
RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017
Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17,  anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye

Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi y’Imyaka 17, anashyira Abapolisi 364 mu cyiciro cy’Abofisiye

Editorial 16 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw
Amakuru

Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw

Editorial 03 Jun 2023
Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Editorial 15 Oct 2019
Haribazwa byinshi nyuma y’ipfuba ry’umugambi w’abarwanya Leta y’u Rwanda bari muri Uganda
ITOHOZA

Haribazwa byinshi nyuma y’ipfuba ry’umugambi w’abarwanya Leta y’u Rwanda bari muri Uganda

Editorial 01 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru