• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Ubwanditsi 04 Oct 2018 POLITIKI

Umunyamabanga wa Leta mu Bufaransa ushinzwe Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, n’Abafaransa baba mu mahanga, Jean-Baptiste Lemoyne, yavuze ko igihugu cye cyahisemo neza gishyigikira Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, uhatanira kuyobora OIF.

Lemoyne yaganiriye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI avuga ku bibazo byibazwa ku kuba igihugu cye kiri inyuma kandidatire ya Mushikiwabo, yerura ko abona izingiro rya OIF riri muri Afurika.

Yagaragaje ko kandidatire ya Mushikiwabo yabanje gushyigikirwa n’umugabane wa Afurika wose mbere yo gushyigikirwa n’u Bufaransa.

Ati “Ni byo koko u Bufaransa, Perezida wa Repubulika yavuze kenshi ko ubu izingiro rya Francophonie riri muri Afurika […] By’akarusho ubu tugiye kwitegura yubile y’imyaka 50 y’umuryango izaba mu 2020 i Tunis, kuba umugore ukomoka muri Afurika yaba ayobora OIF ni ibintu bifite ishingiro.”

Lemoyne yibukijwe ko Perezida Macron na Kagame, bagaragaje ko bamushyigikiye muri Gicurasi uyu mwaka mbere y’uko AU ibigaragaza muri Nyakanga, mu nama yabereye I Nouakchott muri Mauritania.

Yasubije ko ‘u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire yari yaramaze kwemezwa, kandi bushaka gushyigikira icyerekezo cya OIF, mu bijyanye n’uburezi, uburezi ku bakobwa ndetse n’indimi byitabwaho, hatibagiranye umubano mushya wabwo na Afurika’.

Yanavuze ko u Rwanda rugaragaza ubushake mu kwigisha Igifaransa, yaba mu mashuri ya leta n’ahandi, rukaba rugaragaza ko rushyigikiye gukoresha indimi nyinshi.

Lemoyne anavuga ku mpungenge ko ururimi rw’Igifaransa rutitatabwaho mu mashuri nyuma yo gusimburwa n’Icyongereza mu burezi mu Rwanda. Yagaragaje ko bidatunguranye mu bihugu bigize OIF kuba bidakoresha Igifaransa gusa.

Ati “Hari ibihugu byinshi biri muri Francophonie bikoresha indimi ebyiri. Reba Canada.”

Yanasubije ku byerekeye abaminisitiri bane b’u Bufaransa bari bashinzwe Francophonie, bavuze ko Mushikiwabo adakwiye kuyobora uyu muryango kuko u Rwanda atari intangarugero muri demokarasi no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Lemoyne yagaragaje ko ibikorwa byivugira, atanga ingero ko mu minsi ishize hahawe imbabazi abagororwa benshi, ku byerekeye uburinganire bw’abagore n’abagabo, aho u Rwanda ari igihugu ntangarugero muri Afurika mu kubuharanira.

Yanavuze ko yaganiriye na Mushikiwabo ku byerekeye ihindagurika ry’ibihe, asanga abyitayeho cyane ndetse ngo asanga muri manda ye azita ku gushakira ibisubizo ibibazo by’urubyiruko, birimo kubona akazi, ibintu byose biharanira imibereho myiza yarwo, abagore n’abagabo, bakabona ibibatunga.

Lemoyne yavuze ko nta cyo yavuga ku kuba ifungurwa ry’abagororwa babarirwa mu 2000 barimo Victoire Ingabire ryaba rifitanye isano na Francophonie, ati “Ibyo nabonye ni uko uko kubafungura kwabaye. Ni ikimenyetso cyiza. Francophonie si umuryango mpuzamahanga washingiwe gutanga amasomo.”

Mu ijambo Perezida Kagame yavuze amaze kwakira indahiro z’abadepite bashya, yahamije ko nta gitutu yakoreyeho mu gutanga imbabazi ahubwo ko bafunguwe mu buryo bwo gukemura ibibazo no kubaka igihugu.

Yagaragaje ko nta mpungenge afite ko ku wa 12 Ukwakira mu matora y’i Erevan habaho kuba abanyamuryango ba Francophonie bacikamo ibice kubera Michaëlle Jean uyobora OIF ugihanganye na Mushikiwabo.

Icyo cyizere agishingiye ku kuba ibyemezo byose byagiye bifatwa muri Francophonie byakorwaga mu bwumvikane. Ibyo bivuze ko umukandida udashyigikiwe aziyunga ku hari benshi.

Mu nama rusange izabera Erevan muri Arménie ku wa 11-12 Ukwakira 2018 niho hazatorwa uzayobora OIF muri manda y’imyaka itanu iri imbere.

Umunyamabanga wa Leta mu Bufaransa ushinzwe Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, n’Abafaransa baba mu mahanga, Jean-Baptiste Lemoyne, yasobanuye icyatumye bashyigikira Mushikiwabo

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026
Korea ya Ruguru yahagaritse ibiganiro yagombaga kugirana na Korea y’Epfo

Korea ya Ruguru yahagaritse ibiganiro yagombaga kugirana na Korea y’Epfo

Ubwanditsi 16 May 2018
Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Ubwanditsi 10 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo
Mu Rwanda

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Uganda : Imvururu  zishingiye  gushyiraho  Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles  Mumbere atabwa muri yombi
ITOHOZA

Uganda : Imvururu zishingiye gushyiraho Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles Mumbere atabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa
Mu Mahanga

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru