• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Ubwanditsi 04 Oct 2018 POLITIKI

Umunyamabanga wa Leta mu Bufaransa ushinzwe Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, n’Abafaransa baba mu mahanga, Jean-Baptiste Lemoyne, yavuze ko igihugu cye cyahisemo neza gishyigikira Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, uhatanira kuyobora OIF.

Lemoyne yaganiriye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI avuga ku bibazo byibazwa ku kuba igihugu cye kiri inyuma kandidatire ya Mushikiwabo, yerura ko abona izingiro rya OIF riri muri Afurika.

Yagaragaje ko kandidatire ya Mushikiwabo yabanje gushyigikirwa n’umugabane wa Afurika wose mbere yo gushyigikirwa n’u Bufaransa.

Ati “Ni byo koko u Bufaransa, Perezida wa Repubulika yavuze kenshi ko ubu izingiro rya Francophonie riri muri Afurika […] By’akarusho ubu tugiye kwitegura yubile y’imyaka 50 y’umuryango izaba mu 2020 i Tunis, kuba umugore ukomoka muri Afurika yaba ayobora OIF ni ibintu bifite ishingiro.”

Lemoyne yibukijwe ko Perezida Macron na Kagame, bagaragaje ko bamushyigikiye muri Gicurasi uyu mwaka mbere y’uko AU ibigaragaza muri Nyakanga, mu nama yabereye I Nouakchott muri Mauritania.

Yasubije ko ‘u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire yari yaramaze kwemezwa, kandi bushaka gushyigikira icyerekezo cya OIF, mu bijyanye n’uburezi, uburezi ku bakobwa ndetse n’indimi byitabwaho, hatibagiranye umubano mushya wabwo na Afurika’.

Yanavuze ko u Rwanda rugaragaza ubushake mu kwigisha Igifaransa, yaba mu mashuri ya leta n’ahandi, rukaba rugaragaza ko rushyigikiye gukoresha indimi nyinshi.

Lemoyne anavuga ku mpungenge ko ururimi rw’Igifaransa rutitatabwaho mu mashuri nyuma yo gusimburwa n’Icyongereza mu burezi mu Rwanda. Yagaragaje ko bidatunguranye mu bihugu bigize OIF kuba bidakoresha Igifaransa gusa.

Ati “Hari ibihugu byinshi biri muri Francophonie bikoresha indimi ebyiri. Reba Canada.”

Yanasubije ku byerekeye abaminisitiri bane b’u Bufaransa bari bashinzwe Francophonie, bavuze ko Mushikiwabo adakwiye kuyobora uyu muryango kuko u Rwanda atari intangarugero muri demokarasi no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Lemoyne yagaragaje ko ibikorwa byivugira, atanga ingero ko mu minsi ishize hahawe imbabazi abagororwa benshi, ku byerekeye uburinganire bw’abagore n’abagabo, aho u Rwanda ari igihugu ntangarugero muri Afurika mu kubuharanira.

Yanavuze ko yaganiriye na Mushikiwabo ku byerekeye ihindagurika ry’ibihe, asanga abyitayeho cyane ndetse ngo asanga muri manda ye azita ku gushakira ibisubizo ibibazo by’urubyiruko, birimo kubona akazi, ibintu byose biharanira imibereho myiza yarwo, abagore n’abagabo, bakabona ibibatunga.

Lemoyne yavuze ko nta cyo yavuga ku kuba ifungurwa ry’abagororwa babarirwa mu 2000 barimo Victoire Ingabire ryaba rifitanye isano na Francophonie, ati “Ibyo nabonye ni uko uko kubafungura kwabaye. Ni ikimenyetso cyiza. Francophonie si umuryango mpuzamahanga washingiwe gutanga amasomo.”

Mu ijambo Perezida Kagame yavuze amaze kwakira indahiro z’abadepite bashya, yahamije ko nta gitutu yakoreyeho mu gutanga imbabazi ahubwo ko bafunguwe mu buryo bwo gukemura ibibazo no kubaka igihugu.

Yagaragaje ko nta mpungenge afite ko ku wa 12 Ukwakira mu matora y’i Erevan habaho kuba abanyamuryango ba Francophonie bacikamo ibice kubera Michaëlle Jean uyobora OIF ugihanganye na Mushikiwabo.

Icyo cyizere agishingiye ku kuba ibyemezo byose byagiye bifatwa muri Francophonie byakorwaga mu bwumvikane. Ibyo bivuze ko umukandida udashyigikiwe aziyunga ku hari benshi.

Mu nama rusange izabera Erevan muri Arménie ku wa 11-12 Ukwakira 2018 niho hazatorwa uzayobora OIF muri manda y’imyaka itanu iri imbere.

Umunyamabanga wa Leta mu Bufaransa ushinzwe Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, n’Abafaransa baba mu mahanga, Jean-Baptiste Lemoyne, yasobanuye icyatumye bashyigikira Mushikiwabo

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ubwanditsi 20 May 2018
Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ubwanditsi 06 May 2025
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Ubwanditsi 22 Aug 2018
DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Ubwanditsi 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, Winston Duke wamamaye muri Black Panther yahuye n’ubuyobozi bwa RDB
Amakuru

Nyuma yo guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, Winston Duke wamamaye muri Black Panther yahuye n’ubuyobozi bwa RDB

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC
Amakuru

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru