• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Editorial 23 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’imyaka 3 atagera mu Bufaransa, perezida w’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Gicurasi 2018 ategerejwe I Paris mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 2, aho kuri uyu wa kane azitabira inama mpuzamahanga y’abanyamibare ya Viva Technologies. Uru ruzinduko rukaba rwitezweho gutsura umubano w’ibihugu byombi wakomeje kugaragaramo igitotsi kuva mu myaka isaga 20 ishize, ndetse perezida Kagame akaza kubonana na Mark Zuckerberg washinze Facebook.

Mbere yo kwitabira iyi nama, perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu arakirwa na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron muri Champs-Elysée, basangire ku meza n’abanyamibare, nyuma abakuru b’ibihugu byombi bagirane ibiganiro.

Nyuma y’aho nk’uko RFI ikomeza ivuga, abakuru b’ibihugu byombi baragirana ikiganiro n’itangazamakuru. Ibihugu byombi bikaba bigerageza kubyutsa umubano wangiritse kuva mu 1994 bitewe na Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rukomeje gushinja u Bufaransa kugiramo uruhare bufasha abayikoze.

Kuba iyi nama ya Viva technologies muri uyu mwaka izibanda kuri Afurika, ngo birasobanura impamvu perezida kagame agomba kuyitabira nk’uko byemezwa n’abegereye perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. Ngo ni ukubera ko perezida Kagame ari umwe mu bayoboye impinduka ku mugabane wa Afurika zigamije guhanga udushya.

Muri urwo rwego, perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu nyuma ya saa sita arasangira na benshi mu bafite aho bahuriye n’ikoreshwa ry’imibare mu ikoranabuhanga barimo Mark Zuckerberg, umuyobozi wa Facebook.

Iyi nkuru ariko iravuga ko atari ikibazo cyo guhanga udushya gusa kijyanye perezida Kagame mu Bufaransa kuko ngo agomba no kubonana na mugenzi we w’u Bufaransa bakagirana ibiganiro imbonankubone. Ngo ni ikimenyetso gikomeye kuko ibiganiro bibera muri Elysée, bivugwa ko ari bwo bwa mbere perezida Kagame ari bube ahakandagije ikirenge kuva muri Nzeri 2011.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi ngo baraganira kuri Afurika Yunze Ubumwe, perezida Kagame abereye umuyobozi muri iki gihe kuva muri Mutarama, aho ayoboye impinduka 2 z’ingenzi ku gushaka inkunga zo gushyigikira ibikorwa by’ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro no kuri Afurika Yunze ubumwe u Bufaransa bwifuza gukorana nayo bya hafi.

Indi ngingo iri buganirweho ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ni kandidatire ya Louise Mushikiwabo, minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, ku buyobozi bw’Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF).

Iyi kandidatire ngo u Bufaransa bukaba buyireba neza kandi bwiteze ko bwayifashisha mu kugarura u Rwanda mu ruhando rw’ibihugu bikoresha Igifaransa u Rwanda rusa nk’urwateye umugongo rukibanda ku ikoreshwa ry’Icyongereza.

 

2018-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Editorial 11 Aug 2020
Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Editorial 13 Dec 2018
Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Administrator 21 Oct 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Editorial 14 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6
Amakuru

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Editorial 16 Sep 2023
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira
ITOHOZA

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Editorial 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru