• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Ubwanditsi 23 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’imyaka 3 atagera mu Bufaransa, perezida w’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Gicurasi 2018 ategerejwe I Paris mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 2, aho kuri uyu wa kane azitabira inama mpuzamahanga y’abanyamibare ya Viva Technologies. Uru ruzinduko rukaba rwitezweho gutsura umubano w’ibihugu byombi wakomeje kugaragaramo igitotsi kuva mu myaka isaga 20 ishize, ndetse perezida Kagame akaza kubonana na Mark Zuckerberg washinze Facebook.

Mbere yo kwitabira iyi nama, perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu arakirwa na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron muri Champs-Elysée, basangire ku meza n’abanyamibare, nyuma abakuru b’ibihugu byombi bagirane ibiganiro.

Nyuma y’aho nk’uko RFI ikomeza ivuga, abakuru b’ibihugu byombi baragirana ikiganiro n’itangazamakuru. Ibihugu byombi bikaba bigerageza kubyutsa umubano wangiritse kuva mu 1994 bitewe na Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rukomeje gushinja u Bufaransa kugiramo uruhare bufasha abayikoze.

Kuba iyi nama ya Viva technologies muri uyu mwaka izibanda kuri Afurika, ngo birasobanura impamvu perezida kagame agomba kuyitabira nk’uko byemezwa n’abegereye perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. Ngo ni ukubera ko perezida Kagame ari umwe mu bayoboye impinduka ku mugabane wa Afurika zigamije guhanga udushya.

Muri urwo rwego, perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu nyuma ya saa sita arasangira na benshi mu bafite aho bahuriye n’ikoreshwa ry’imibare mu ikoranabuhanga barimo Mark Zuckerberg, umuyobozi wa Facebook.

Iyi nkuru ariko iravuga ko atari ikibazo cyo guhanga udushya gusa kijyanye perezida Kagame mu Bufaransa kuko ngo agomba no kubonana na mugenzi we w’u Bufaransa bakagirana ibiganiro imbonankubone. Ngo ni ikimenyetso gikomeye kuko ibiganiro bibera muri Elysée, bivugwa ko ari bwo bwa mbere perezida Kagame ari bube ahakandagije ikirenge kuva muri Nzeri 2011.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi ngo baraganira kuri Afurika Yunze Ubumwe, perezida Kagame abereye umuyobozi muri iki gihe kuva muri Mutarama, aho ayoboye impinduka 2 z’ingenzi ku gushaka inkunga zo gushyigikira ibikorwa by’ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro no kuri Afurika Yunze ubumwe u Bufaransa bwifuza gukorana nayo bya hafi.

Indi ngingo iri buganirweho ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ni kandidatire ya Louise Mushikiwabo, minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, ku buyobozi bw’Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF).

Iyi kandidatire ngo u Bufaransa bukaba buyireba neza kandi bwiteze ko bwayifashisha mu kugarura u Rwanda mu ruhando rw’ibihugu bikoresha Igifaransa u Rwanda rusa nk’urwateye umugongo rukibanda ku ikoreshwa ry’Icyongereza.

 

2018-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Ubwanditsi 18 Dec 2024
Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2020
Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Ubwanditsi 24 Sep 2020
Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe
Mu Rwanda

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Ubwanditsi 22 Jun 2017

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo
Amakuru

Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Ubwanditsi 20 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru