• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika idashobora gutera imbere mu gihe abaturage badafite ubuzima bwiza, bagakomeza kwibasirwa n’indwara zitandura nka kanseri zikaza umurego bitewe n’inzego z’ubuzima zidakora neza.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu mu Nama yiga kuri Kanseri y’Ibere niy’Inkondo y’Umura yateguwe n’Ihuriro ry’Abadamu b’Abaperezida bo muri Afurika ryo Kurwanya Sida (OAFLA) yabereye i New York, ahateraniye Inteko Rusange ya 73 y’Umuryango w’Abibumbye.

Mu ijambo rye nk’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Perezida Kagame yavuze ko iterambere ry’ubukungu ridashoboka mu gihe hakiri inzego z’ubuzima zijenjeka.

Yagize ati “Afurika ntabwo ishobora gutera imbere abaturage bacu badafite ubuzima bwiza. Indwara nka kanseri zikomeje gukaza umurego ahanini bitewe n’inzego z’ubuzima zidakora neza uko bigomba hamwe na hamwe.”

“Abanyafurika iyo barwaye akenshi indwara ziba zishobora kubaviramo urupfu kurusha mu bindi bice by’Isi kuko ubutabazi bw’ibanze, iyo buramutse buhari, bubageraho bitinze.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nzego zikwiye gukomeza gushyigikirwa.

Ati “Usanga biba bibi cyane iyo bigeze ku ndwara zibasira abari n’abategarugori nka kanseri y’ibere na kanseri y’inkondo y’umura. Iyo hatari politiki zijyanye n’uburinganire n’iterambere ry’abari n’abategarugori usanga ubuzima bw’abagore butitabwaho uko bikwiye.”

Yanavuze ko ubuke bw’abaganga b’abagore nabwo bushobora gutuma abagore batitabira serivisi z’ubuvuzi, cyane cyane iyo ari abantu batisangaho kugeza ubwo igihe kibarengana.

Perezida Kagame ariko yavuze ko Afurika ishoboye kandi izi ibikenewe ngo ikemure imbogamizi ifite.

Yavuze ko hari umusaruro wagiye ugaragara nko mu guhangana n’indwara ya Sida, avuga ko ibyo byose byabyaye amasomo yo kurushaho kurengera ubuzima bw’umugore.

Bumwe mu buryo yavuze bukwiye gushyirwamo imbaraga ni ukugeza ubwishingizi bw’ubuzima kuri bose, gushyiraho uburyo buhoraho bwo kwisuzumisha kanseri mu mavuriro mato ngo igaragare hakiri kare no gushyira imbaraga mu bufatanye bugamije kubaka inzego z’ubuzima zikomeye muri buri gihugu.

Yakomeje agira ati “Ubushake bwa politiki burakenewe mu kugera kuri izi ntego. Byongeye, Abanyafurika benshi ubu bafite telefoni zigendanwa kandi bakoresha internet. Ikoranabuhanga rigezweho riri kugira uruhare mu mpinduka mu mitangire ya serivisi z’ubuzima binyuze mu kuzibona byoroshye kandi ku giciro gito.”

“Ariko dukwiye guhora tubaza niba ubuzima bw’umugore bwitabwaho mu kugena imikorere y’iri koranabuhanga rigezweho.”

Perezida Kagame ariko yashimye ko imbaraga ziri gushyirwa mu kurwanya kanseri y’ibere n’iy’inkondo y’umura ziri kugenda zitanga umusaruro.

Yashimangiye ko ibikorwa bya OAFLA, AU n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) mu gushyiraho gahunda y’ubuvugizi, bizongerera ingufu intambwe zimaze guterwa.

 

2018-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 13 Jan 2023
Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025
Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Ubwanditsi 28 Dec 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    September 28, 20188:57 am -

    Mana! Duhe kumenya kwiyoroshya, tumenyeko ntawe uba impuguke muri byose.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?
Amakuru

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022
Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame
Mu Mahanga

Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu
INKURU NYAMUKURU

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Ubwanditsi 29 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru