• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
Perezida João Lourenço wa Angola yerekeje i Paris nyuma ya Perezida Kagame

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Editorial 30 May 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda akaba n’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), na mugenzi we wa Angola, João Lourenço bazahura n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi aho bazigira hamwe ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Biteganyijwe ko aba bayobozi bombi, bazagirira uruzinduko mu Bubiligi, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatandatu. Perezida João Lourenço wa Angola ngo azagirira uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu tariki ya 3-5 Kamena 2018.

Nk’uko ikinyamakuru Jeune Afrique kibitangaza, ngo ubwo João Lourenço azaba ari mu Bubiligi, azagirana ibiganiro n’umwami Philippe w’u Bubiligi, Minisitiri w’Intebe, Charles Michel  ndetse n’icyegera cya Minisitiri w’Intebe, unafite mu nshingano ububanyi n’amahanga, Bwana Didier Reynders.

Ubwo uruzinduko rwa João Lourenço ruzaba rurangiye, Leta y’u Bubiligi kandi ngo izaba yiteguye kwakira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame by’umwihariko ubu unayoboye umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU).

Perezida Kagame na mugenzi Lourenço wa Angola

Iki kinyamakuru gitangaza ko Perezida Kagame azagirira uruzinduko mu Bubiligi, ku wa 4-6 Kamena 2018, uru ruzinduko rukazahurirana n’inama ngarukamwaka yiga ku iterambere “Journée Européenne de développement”.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirana ibiganiro na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Jean-Claude Juncker. Nyuma Perezida Kagame agirane ibiganiro na Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Donald Tusk ndetse na Perezida w’Inteko Nshingamategeko muri uyu muryango, Bwana Antonio Tajani.

Ibi biganiro hagati y’aba bayobozi bose, ngo ni ingirakamaro ku mpande zoze, aho ngo nyuma y’aba, Perezida Kagame azabonana n’umwami w’u Bubiligi, Philippe na Minisitiri w’Intebe, Charles Michel.

Ibi biganiro Perezida Kagame na mugenzi we wa Angola, João Lourenço bagiye kugirana n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi, bije rukurikira ibyo bagiriye mu Bufaransa, aho bombi baganiriye na Perezida Emmanuel Macro.

Nk’uko byagenze mu Bufaransa, Jeune Afrique, itangaza ko ku murongo w’ibizigwa, ikibazo cya Congo kizagarukwaho mu bizaganirwaho.

Mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Emmanuel Macro, byagarutse ku bibazo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo muri ibi bihe, mbere y’amatora ya Perezida wa Repubulika.

Emmanuel Macro w’u Bufaransa, yatangarije itangazamakuru ko yaganiriye na Kagame aho AU ihagaze n’ibihugu byo mu karere mu kibazo cya RDC, ndetse ko u Bufaransa bushyigikiye gahunda yo gushaka umuti w’ibi bibazo byugarije iki gihugu.

Impungenge ni zose kuri Leta ya Kabila:

Aho Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imenyeye ko mu byo aba bakuru b’ibihugu baganiriye harimo no kugaruka kuri Politiki yayo (RDC) muri iki gihe hitegurwa amatora, yagaragaje impungenge ifite mu gihe ishinja ibihugu by’ibituranyi gushaka gukuraho Perezida Kabila.

Ku wa Gatandatu tariki ya 26 Gicurasi 2018, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Léonard She Okitund, yatumije ba Ambasaderi bahagarariye u Rwanda, Angola n’u Bufaransa muri RDC, ababaza kuri gahunda ibi bihugu bibiri bifite ndetse ishyigikiwe na Leta ya Paris, iyo ari yo.

Ku wa mbere tariki ya 28 Gicurasi, Perezida wa Angola nibwo yagiriye uruzinduko mu Bufaransa ndetse anagirana ibiganiro na Perezida Macro, nabwo bitangazwa ko bize ku kibazo cya RDC. Izi nzinduko z’aba bayobozi bombi mu Bufaransa, nizo zateye impungenge Leta ya Congo, aho itangaza ko bitumvikana uburyo yigwaho itatumiwe.

Mu gihe Leta ya Kabila yo ifite amakenga ko ibihugu by’ibituranyi byaba birimo gushaka inzira yo kumukuraho, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yatangaje ko gahunda iriho yo gushakira ikibazo cya Congo umuti, yazanwe na Perezida wa Angola uzatumira abakuru b’ibihugu byo mu karere bakaganira kuri DRC.

Min.Nduhungirehe avuga ko Perezida Kagame, nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yatangaje ko ashyigikiye iki gitekerezo ndetse ko azashyigikira n’ikizava muri iyo nama.

I Paris, Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we, Emmanuel Macro
Perezida Emmanuel Macro yakira João Lourenço wa Angola, i Paris

2018-05-30
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Editorial 01 Jul 2016
“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Editorial 05 Nov 2024
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Editorial 11 Jun 2025
Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Editorial 05 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 02 Mar 2023
Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Editorial 06 May 2018
Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira
HIRYA NO HINO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Editorial 13 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru