• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Editorial 14 Jun 2018 POLITIKI

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, mu ngoro y’Umukuru w’iki gihugu, Klemlin, baganira ku mubano w’ibihugu byombi umaze imyaka 55 ndetse bagaragaza inyota yo kuwuteza imbere kurushaho.

Kuri uyu wa Gatatu Perezida Putin yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bageze i Moscow mu itangizwa ry’imikino y’igikombe cy’Isi 2018, iri bufungurwe kuri uyu wa Kane.

Ibiganiro bya Perezida Kagame na Putin byibanze ku mubano w’u Rwanda n’u Burusiya, ndetse no ku ruzinduko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sergei Lavrov, aherutse kugirira mu Rwanda.

Perezida Putin yagize ati “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wacu aherutse kubasura. Uyu mwaka turizihiza isabukuru y’imyaka 55 dutangije umubano mu bya dipolomasi hagati y’ibihugu byacu. Nishimiye cyane ko twagize aya mahirwe yo kuganira ku iterambere ry’umubano wacu.”

Hashize iminsi cumi n’umwe Minisitiri Lavrov agiriye mu Rwanda uruzinduko rw’umunsi umwe, aho yaganiriye na Perezida Kagame ku mubano w’ibihugu byombi no kureba izindi nzego barushaho gufatanyamo.

Perezida Kagame yashimiye Putin uko yamwakiriye ndetse no kuba yaramutumiye ngo asure u Burusiya anitabire imikino y’igikombe cy’Isi. Yavuze ko bishimishije kuba umubano w’ibihugu byombi umaze imyaka 55 kandi icyifuzo ari uko wakomeza gutera imbere kurushaho.

Yagize ati “Twagize uruzinduko rwiza rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’igihugu cyanyu, Lavrov. Yazanye n’itsinda i Kigali, turabyishimiye. Turashaka kubyubakiraho tugakomeza umubano wacu dushaka ko ukomeza gutera imbere.”

Yashimiye u Burusiya ku bufasha ndetse n’ubufatanye bufitanye n’u Rwanda mu bintu bitandukanye by’ingirakamaro nk’uburezi, amahugurwa, ubufatanye mu bya gisirikare n’ibindi bitanga umusaruro mu iterambere ry’igihugu.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda rwifuza ko umubano warwo n’u Burusiya utera imbere ku rwego rw’ishoramari n’ubucuruzi.

Ati “Turifuza ko abikorera banyu baza gukorera mu Rwanda kandi dutegereje kwakira bamwe muri bo baturutse mu Burusiya baje kureba amahirwe dushobora gushoramo imari ndetse n’ubucuruzi.”

Yifurije Putin umunsi mwiza w’ubwigenge ndetse amushimira ko igihugu cye cyakiriye imikino y’igikombe cy’Isi.

Umubano w’u Burusiya n’u Rwanda ushingiye ku mahugurwa ahabwa abantu batandukanye, uburezi, igisirikare, ubuvuzi na politiki.

Perezida Kagame ubwo yahuraga na Putin muri Klemlin

Umukuru w’Igihugu yashimye Putin ku bw’ubufasha igihugu cye kidahwema guha u Rwanda

Perezida Putin mu biganiro na Perezida Kagame

Ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu byombi byitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov ndetse na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Gen. James Kabarebe

2018-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi

Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi

Editorial 06 Dec 2019
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Editorial 05 Oct 2023
Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Editorial 24 Feb 2025
Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Editorial 06 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi buhangayikishijwe n’ihagarikwa ry’abasirikare b’Abarundi bari Somalia mu butumwa bwa AMISOM binjirizaga Nkurunziza, Museveni na Salim Saleh amamiliyoni
INKURU NYAMUKURU

U Burundi buhangayikishijwe n’ihagarikwa ry’abasirikare b’Abarundi bari Somalia mu butumwa bwa AMISOM binjirizaga Nkurunziza, Museveni na Salim Saleh amamiliyoni

Editorial 27 Feb 2019
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi
Amakuru

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028
Amakuru

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Editorial 08 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru