• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame ngo ntashaka kumva umuturage wambuka imipaka ashaka serivizi yaburiye mu Rwanda

Perezida Kagame ngo ntashaka kumva umuturage wambuka imipaka ashaka serivizi yaburiye mu Rwanda

Editorial 04 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul kagame yatangaje ko adashaka kongera kumva ko hari abaturage baburiye serivisi mu Rwanda bigatuma bambuka imipaka bajya kuzishakira mu bihugu by’abaturanyi.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwabohowe kugira ngo abarutuye baruhuke bimwe mu bibazo byari byarabazonze, ikaba ari yo mpamvu ashingiraho ko nta muturage ukwiye kugira icyo aburira mu Rwanda.

Yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Karere ka Muhanga mu kwizihiza umunsi wo kubohora igihugu, wari wizihijwe ku nshuro ya 24, kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Nyakanga 2018.

Yagize ati “Nta mupaka twakwambuka ngo tujye kubona serivisi ziruta izo tubona hano mu Rwanda, ari mu by’ubuzima ari mu mashuri.”

Akarere ka Muhanga ntigahana imbibe n’ibihugu by’ibituranyi, ariko Perezida yabikomojeho nyuma y’uko hari amakuru yamugezeho ko hari abaturage basigaye Babura serivisi zirimo iz’ubuzima n’uburezi bakajya kubishakira hanze.

JPEG - 311.9 kb
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame berekwa bimwe mu bice bigize uyu mudugudu

Aho iki kibazo kikigaragara ni ku baturage baturiye imipaka, kubera ko aho batuye nta serivisi rusange zihagera.

Perezida Kagame yasabye abaturage bategerejwe ibikorwa rusange kubyishyuza ubuyobozi kuko ari zo nshingano za bwo, anabizeza ko aho leta izajya imenya hose itazajya itinda kubihageza.

Ati “Ndabasezeranya koi zo mpamvu zikoreshwa zituma abantu bambukiranya imipaka, turaza gukora ibishoboka byose kugira ngo ibyo bajya kwambuka bajya gushaka babibone hafi y’aho batuye.”

Yasabye Abanyarwanda muri rusange dukwiye gukomeza gufatanya mu rugamba rwo kwiteza imbere, urugamba rw’ubukungu, mu guharanira umutekano n’ibindi byubaka igihugu, kuko urwari rugoye ari rwo rwo kubohora igihugu barutsinze.

Muri ibi birori byabereye mu Murenge wa Rongi, Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame banatashye umudugudu w’icyitegererezo wa Horezo wubakiwe imiryango itishoboye.

Uyu mudugudu ufite amazu 25, ishuri ryigisha imyaka 12, irerero ry’abana, ivuriro n’inzu yagenewe kwakira ibirori bitandukanye.

2018-07-04
Editorial

IZINDI NKURU

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Editorial 11 Jun 2024
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Editorial 02 Dec 2019
Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda

Iharabika k’u Rwanda rimaze gushirana Uganda nyuma y’urupfu rwa Sendegeya, umucamanza mu Burengerazuba bwa Uganda

Editorial 25 Jul 2019
Uganda : CMI yashimuse undi munyarwanda

Uganda : CMI yashimuse undi munyarwanda

Editorial 11 Jan 2019

Igitekerezo kimwe

  1. ELYVENE
    July 4, 20187:48 pm -

    None c abajya gushora imari yabo bubaka i bugande bo murabavugaho iki? urugero uwitwa gakuba francis yubutse mbarara kuri kaguta road mumafaranga yavanye mu rwanda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 24 Apr 2020
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Editorial 19 Jun 2019
Charly na Nina ngo  ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’
IMIKINO

Charly na Nina ngo ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’

Editorial 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru