• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Editorial 22 Jun 2018 POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko uko imyaka ishira indi igataha, abatuye Afurika bakomeza kubaho mu bibazo nyamara umugabane ufite abaturage benshi, ukaba unakungahaye ku mutungo kamere ukwiye kubyazwa umusaruro.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane mu kiganiro yahaye abitabiriye Ihuriro ry’iminsi ibiri riganira ku mpinduka ziganisha ku iterambere rya Afurika, ryateguwe n’Ikigo Nyafurika kigamije impinduka mu Bukungu (African Center for Economic Transformation-ACET) gifatanyije na Guverinoma ya Ghana.

Iri huriro riri kuba ku nshuro ya kabiri rigamije guha umwanya abikorera n’indi miryango itegamiye kuri leta wo kuganira ku ruhare rwabo mu iterambere ry’ubukungu muri Afurika hibandwa ku bikorwa remezo, ubuhinzi, guteza imbere ishoramari no gushyira mu bikorwa gahunda zigamije impinduka.

Ryitabiriwe n’abagera kuri 300 barimo abakuru b’ibihugu, abaminisitiri muri guverinoma, abayobozi n’abahagarariye ibigo bya leta n’iby’abikorera bahuriye muri Ghana.

Perezida Kagame yasobanuye ko udashobora kuvuga impinduka wirengagije abantu n’umutungo kamere ukeneye gukoreshwa neza.

Yagize ati “Biragaragara ko Afurika ifite umutungo kamere wadufasha kwihuta cyane mu gihe twaba tubishaka ndetse ntacyo kwireguza. Ntiturabona igisobanuro cyo kuba Afurika ifite umutungo kamere ariko igakomeza gukena uko imyaka yicuma. Nta gisobanuro dufite cyo kumera gutya.”

Yagize ati “Turi kuvuga ku buryo bwo kugenzura uyu mutungo n’ubushake bwa politiki bugomba gukurikira ibyo bikorwa kugira ngo bidufashe kugera aho twifuza kugana.”

Perezida Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yagaragaje ko Afurika ikwiye gukura imbaraga mu buryo bayifata ngo ubukungu bw’ibihugu byayo buzamuke.

Yagize ati “Uyu munsi ndavuga nka Perezida w’igihugu cyanjye ariko mpagarariye n’ubuyobozi bwa AU. Kuri njye birenze ibyo kuko buri kintu kiba ku mugabane kiba gifitanye isano n’ibindi ndetse ni iby’ingenzi ko tugaragaza ibikenewe gukorwa bizatugirira akamaro twese. Icyo ni cyo naje kuvuga hano.”

Yakomeje agira ati “Mu gihe Isi yirengagiza Afurika bagasa n’abagaragaza ko ntacyo bibabwiye, bitwibutsa ko uko duharanira kunga ubumwe ni ko ubucuruzi buhuriweho muri Afurika buzatera imbere ndetse kunanirwa kubikora bifite ingaruka zikomeye.”

Yakomeje agaragaza ko intego y’ibi biganiro ari ugusuzuma amakosa akeneye gukosorwa.

Yagize ati “Nk’uko nabivuze, iby’ingenzi mu gushaka impinduka ni uguha ubushobozi abaturage bacu, kunoza imikoranire hagati ya Leta n’abikorera ndetse n’amategeko dushyiraho adufasha kugera ku ntego zacu nk’umugabane. Ikintu tugomba gusobanukirwa ni uko icyo guha agaciro atari uburyo wumva ikibazo ahubwo uko ugishakira umuti. Twemeranya ku bigomba gukorwa ariko haracyari ikibazo gikomeye cy’imyumvire.”

Iri huriro ryitabiriwe kandi na Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana na Visi Perezida wa Côte d’Ivoire, Daniel Kablan Duncan, batanze ibitekerezo ku mpinduka ziganisha ku iterambere rya Afurika no ku buryo bwakoreshwa mu kuzishyigikira hibandwa ku ruhare rw’abashoramari n’abikorera bo ku Mugabane n’ab’ahandi ku Isi.

Perezida Nana Akufo-Addo yavuze ko ibyo u Rwanda rwagezeho nta kidasanzwe bitewe n’uburyo ibintu bikorwamo ndetse ashimangira ko n’ibindi bihugu byabigeraho.

ACET yatangijwe mu 2008 ifite intego yo kugaragaza ko Afurika ikeneye iterambere rirambye ry’umugabane mu by’ubukungu bigizwemo uruhare n’inzego zitandukanye.

Perezida Kagame yakiriwe muri Ghana ku wa 21 Kanama 2018


2018-06-22
Editorial

IZINDI NKURU

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Editorial 26 Dec 2024
U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

Editorial 23 Feb 2018
Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka

Editorial 13 Aug 2025
Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Administrator 06 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu zateye Tanzania guha  inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda
ITOHOZA

Impamvu zateye Tanzania guha inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Editorial 23 Aug 2016
Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3
Mu Rwanda

Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Editorial 13 May 2017
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora
Mu Mahanga

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Editorial 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru