• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Editorial 04 Sep 2019 UBUKUNGU

Ikigo Africa Investor (Ai) cyahaye Perezida Kagame igihembo cy’Umukuru w’Igihugu ushyigikira ishoramari, ni mu nama mpuzamahanga yiga ku mpinduka zikenewe mu iterambere ry’Isi, irimo kubera muri Afurika y’Epfo.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Karega Vincent yanditse kuri Twitter ko “Uyu munsi nishimiye kwakira mu mwanya wa Perezida Kagame, igihembo cy’Umukuru w’Igihugu w’umwaka ushyigikira iterambere ry’ishoramari cyatangiwe i Cape Town muri Afurika y’Epfo.”

Iki gihembo cyatangiwe mu gikorwa cyiga ku bucuruzi kuri uyu mugabane, kikaba cyabereye mu murongo w’inama mpuzamahanga yiga ku mpinduka zikenewe mu iterambere ry’Isi, igice cya Afurika (World Economic Forum on Africa) izaba kuwa 4-6 Nzeri 2019.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko u Rwanda rwanditse ibikorwa by’ishoramari rishya 173 ringana na miliyari 2.006 z’amadolari ya Amerika, mu gihe rwari rwihaye intego ya miliyari $2 mu 2018.

Iri shoramari ryiyongereyeho miliyoni $ 331 (20%) ugereranyije n’iryanditswe mu 2017 ryanganaga na miliyari $1.675.

Imibare ya RDB igaragaza ko 26% y’ishoramari ryanditswe rishingiye mu mishinga y’ibyoherezwa hanze y’u Rwanda. Mu bijyanye n’ibitunganyirizwa mu nganda, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, handitswe ishoramari rishya ringana na 57%.

Izindi nzego zabengutswe n’abashoramari zirimo ubukerarugendo, ubuzima, serivisi z’ishoramari n’ikoranabuhanga.

Umugabane munini ushingiye ku ishoramari ry’imbere mu gihugu ringana na 49% mu gihe iry’abanyamahanga ryanditswe riri kuri 47%. Ishoramari rihuriweho n’abo mu Rwanda no hanze bihuje handitswe irigera kuri 4% mu 2018.

Ugereranyije na 2017, handitswe ishoramari ringana na 62.26% ryavuye hanze, iry’imbere mu gihugu ryanganaga na 28% mu gihe irihuriweho ryari ku gipimo cya 10%.

RDB igaragaza ko abashoramari bakomeye bandikishije imishinga migari y’ishoramari ifite agaciro ka miliyoni zirenga $70 mu 2018; irimo Emerald Park ltd; Millennial Construction Ltd ikora mu bijyanye n’ubwubatsi; Rwanda Innovation Fund; Jali Transport ikora mu bwikorezi rusange na Sosiyete ya Mara Phones yo mu Buhinde iteranya telefoni.

Irindi shoramari ryanditswe mu gihugu harimo itangizwa rya Andela, sosiyete yo muri Amerika yihaye intego yo guhugura no gufasha urubyiruko rwa Afurika mu ikoranabuhanga. Umushinga wayo wo guhugura Abanyarwanda 500 mu gukora porogaramu zitandukanye z’ikoranabuhanga (software) no kubashakira akazi mu bigo by’ikoranabuhanga ku Isi; iyandikwa rya Sosiyete yo muri Macedonia ya PRG Plc izubaka uruganda rutunganya Coltan mu Rwanda, umushinga wogutangira kwengera Heineken mu Rwanda binyuze mu ruganda rwa Bralirwa.

Hari kandi Ikigo cyitwa Rwanda Fertiliser Company cyandikishije umushinga wo kubaka uruganda rukora ifumbire mvaruganda; Master Steel mu bwubatsi bw’uruganda ruri i Gahanga muri Kigali ruzatunganyirizwamo ibyuma; Uruganda rw’inzitiramibu rwa Vision Garments; Uruganda rw’Abahinde rwa AARSAL Steel Ltd rutunganya ibyuma; Uruganda rutunganya amabuye y’agaciro rwa Luna Smelter of Rwanda; GEMS ya Rubavu ikora mu bijyanye na serivisi za ba mukerarugendo ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu n’Uruganda rwa Volkswagen ruteranyiriza imodoka i Kigali.

Src : IGIHE

2019-09-04
Editorial

IZINDI NKURU

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Editorial 26 Nov 2018
Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Editorial 23 Dec 2018
Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Editorial 08 May 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Editorial 26 Nov 2018
Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Editorial 23 Dec 2018
Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Editorial 08 May 2018
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Editorial 26 Nov 2018
Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Editorial 23 Dec 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru