• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Editorial 03 Mar 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Mali, Ibrahim Boubacar Keïta bambitswe imidali y’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, igihugu barimo aho bitabiriye iserukiramuco nyafurika rya sinema, FESPACO.

Perezida Kagame yageze i Ouagadougou kuri uyu wa Gatanu mu ruzinduko rw’amasaha 48, yitabiriye isozwa rya FESPACO, iserukiramuco u Rwanda rwitabiriye nk’umutumirwa w’icyubahiro.

Perezida Kaboré yashimye uruzinduko rwa Kagame, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ati “ruduteye ishema kandi rushimangira urwego rukomeye rw’umubano hagati ya Burkina Faso n’u Rwanda.”

Yakomeje ati “Muvandimwe Paul Kagame, tunejejwe no kuba wabibashije. Wakoze gusura igihugu cyacu cyiza. Wisange mu rugo i Ouagadougou.”

Mu izina ry’abaturage ba Burkina Faso, Perezida Paul Kagame na Ibrahim Boubacar Keïta, bambitswe umudali w’icyubahiro uzwi nka ‘Grand Croix de l’Ordre de l’Etalon.’

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye isangira ryatangiwemo iyi midali, Perezida Kagame yashimiye Kaboré, avuga ko uyu mudali awutuye abanyarwanda barimo kuzirikana urugendo rw’imyaka 25 yo kwiyubaka no kubaka igihugu, anawushingira ku bucuti burangwa hagati y’abaturage ba Burkina Faso n’u Rwanda.

Yagaragaje ko u Rwanda na Burkina Faso bifite byinshi bihuriyeho uhereye ku kudaheranwa n’ibibazo abaturage b’ibihugu byombi baciyemo n’uburyo biyemeje guharanira agaciro ka Afurika binyuze mu guteza imbere ibihugu n’umugabane.

Kagame yanashimiye Burkina Faso kuba yaratumiye u Rwanda nk’umushyitsi w’icyubahiro muri Fespaco, mu gihe iri serukiramuco ryizihiza imyaka 50 rimaze ritegurwa.

Yakomeje ati “Ndabyumva ko abanyarwanda bashobora kuba barikubye kabiri muri Ouagadougou mu cyumweru gishize mu kwifatanya n’abavandimwe baturutse mu bindi bihugu bya Afurika mu bikorwa bitandukanye bya Fespaco. Turi hano mu gusangira, kwiga no gufatanya n’abahanga muri sinema ku mugabane wacu. Nta hantu haba heza ho gusangirira ibyiza by’imico nyafurika nko muri FESPACO na hano muri Ouagadougou.”

Yagaragaje ko binyuze muri sinema, Afurika ifite imbaraga zo kuyobora imitekerereze y’Isi no kugaragaza ahari imbaraga cyangwa intege nke kandi bigahabwa agaciro bikwiye.

Yakomeje ati “Ntabwo dukwiye kunanirwa kubyaza umusaruro aya mahirwe. Mu gukorera hamwe, tuzakomeza gushyigikira uruganda rw’ubuhanzi, mu gukora ibihangano bifatika kandi bisobanuye byinshi mu bugeni, binahange imirimo myiza n’uburumbuke ku mugabane wacu.”

Perezida Kagame yavuze ko ibyo bizagirwamo uruhare na Perezida Ibrahim Boubacar Keïta, ufasha Afurika Yunze Ubumwe mu gukurikiranira hafi ibijyanye n’umuco n’umurage.

Perezida Kagame yanashimiye Kabore na Keïta, ko igihe ijwi ryabo ryari rikenewe mu gutoranya Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, bagize uruhare mu gushyigikira Louise Mushikiwabo, bikagaragaza ko Afurika ishyize hamwe ntacyo itageraho.

Yavuze ko hakenewe ko ubucuti hagati y’u Rwanda, Mali na Burkina Faso burenga abayobozi bukagera ku baturage babyo ndetse bugakwira umugabane wose.

FESPACO isozwa kuri uyu wa 2 Werurwe 2019, ni rimwe mu maserukiramuco ya sinema akomeye muri Afurika. Riba rimwe mu myaka ibiri, kuri iyi nshuro rikaba ryaratangiye tariki 23 Gashyantare 2019.

Muri iri serukiramuco u Rwanda rwagaragaje filime eshatu, Icyasha ya Clementine Dusabejambo nka filime ngufi; Mercy of the Jungle ya Joel Karekezi nka filime ndende n’Inanga, Keepers of the Tradition ya Jean-Claude Uwiringiyimana nka filime mbarankuru.

U Rwanda kandi rwaserukiwe n’Itorero ry’Igihugu Urukerereza, runitabira imurika ry’ibikorwa bya sinema, ubukerarugendo n’ishoramari. Muri iryo murika habayemo kwerekana filime zitandukanye n’ibiganiro mpaka ku iterambere rya sinema mu Rwanda.

Src : IGIHE

 

2019-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Editorial 28 May 2018
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Editorial 21 Apr 2016
RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

Editorial 02 Nov 2018
Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Editorial 19 Apr 2019
Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Editorial 28 May 2018
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Editorial 21 Apr 2016
RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

Editorial 02 Nov 2018
Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Editorial 19 Apr 2019
Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Editorial 28 May 2018
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Editorial 21 Apr 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru