• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Editorial 04 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu butumwa butangira umwaka Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageneye Polisi y’igihugu , yashimiye inzego z’umutekano ku kazi katoroshye zakoze muri uyu mwaka dusoje zirushaho gukaza umutekano mu gihugu no hanze yacyo.

Perezida Kagame yashimye cyane polisi y’igihugu ku bunyamwuga, kuba maso no gushyira mu gaciro byayiranze mu mwaka wa 2015 bigatuma umutekano uba mwiza ku banyagihugu no ku banyamahanga baba imbere mu gihugu, ndetse anaboneraho mu izina rye no mu rya guverinoma kuyifuriza umwaka mushya muhire wa 2016.

Nkuko tubikesha Polisi y’igihugu, iravuga ko Perezida Kagame yavuze ko impera y’umwaka kiba ari igihe cyiza cyo gusubiza amaso inyuma ukareba ibyo wagezeho ndetse n’ingorane wahuye nazo ugamije gufata ingamba nshya mu mwaka uba utangiye.

-1607.jpg

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu ku kazi katoroshye ikomeje gukora mu kubungabunga umutekano

-1608.jpg

Umwe mu bapolisikazi (uriho akaziga) baherutse kwicirwa muri Haiti n’abandi basize ubuzima bari mu kazi kabo bashimiwe na Perezida Kagame ndetse n’imiryango yabo ayizeza ubufasha

Yagize ati:”Intangiriro nshya zizana intego n’ingamba zihamye zo gukaza ibyagezweho mu gihe gishize, ni muri urwo rwego Polisi y’igihugu ikwiye gusubiza amaso inyuma mu mwaka ushize bakareba ibyo babashije kugeraho byatumye hakemurwa ibibazo bitandukanye byagiye bigaragara mu mpande zitandukanye.”

Yakomeje agira ati:”Mu kwiye guterwa ingufu n’ibikorwa bihamye mwagezeho mu mwaka wa 2015, by’umwihariko kubahiriza no kurinda amabwiriza, kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ndetse n’akazi katoroshye ko kubungabunga umutekano n’amahoro mu bihugu mpuzamahanga bikabagira abanyamwuga.”

Perezida Kagame yakomeje agira inama Polisi y’igihugu gukomeza kubungabunga ibyo byose muri uyu mwaka mushya dutangiye barushaho gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu cyubahiro no mukuri hagamijwe gukaza umutekano mu bice bitandukanye.

Yagize ati: “Mu gihe twishimira umwaka mushya, mureke dutekereze cyane ku bavandimwe bacu n’inshuti babashije kwitangira inshingano zabo kugira ngo abasigaye babashe kubaho mu mahoro. Turabazirikana kandi tugaha agaciro ubwitange bwabo kandi tukaba twizeza imiryango yabo yasigaye kuzakomeza kuyiba hafi.”

Yasabye inzego z’umutekano kurushaho kwita ndetse no gukomera ku mutekano w’igihugu barwanya ibikorwa byose by’iterabwoba aho byaturuka hose.

Yabasabye kandi gukomeza gukorera hamwe kugira ngo ibendera ry’igihugu cy’u Rwanda rikomeze rizamurwe ku isi hose muri iki gihe igihugu gikomeje urugendo rwacyo rukiganisha ku mpinduka cyifuza.

Source: Makuruki.rw

2016-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022
Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze

Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze

Editorial 12 Jan 2017
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Editorial 16 Jul 2019
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Editorial 12 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo
Mu Mahanga

Uganda: Yicishije mushiki we, asambanya umurambo we mu kujijisha agamije kumuhuguza imitungo

Editorial 09 May 2018
Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya
Mu Mahanga

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Editorial 17 Jan 2019
Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…
HIRYA NO HINO

Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Editorial 20 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru