• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Ubwanditsi 04 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu butumwa butangira umwaka Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageneye Polisi y’igihugu , yashimiye inzego z’umutekano ku kazi katoroshye zakoze muri uyu mwaka dusoje zirushaho gukaza umutekano mu gihugu no hanze yacyo.

Perezida Kagame yashimye cyane polisi y’igihugu ku bunyamwuga, kuba maso no gushyira mu gaciro byayiranze mu mwaka wa 2015 bigatuma umutekano uba mwiza ku banyagihugu no ku banyamahanga baba imbere mu gihugu, ndetse anaboneraho mu izina rye no mu rya guverinoma kuyifuriza umwaka mushya muhire wa 2016.

Nkuko tubikesha Polisi y’igihugu, iravuga ko Perezida Kagame yavuze ko impera y’umwaka kiba ari igihe cyiza cyo gusubiza amaso inyuma ukareba ibyo wagezeho ndetse n’ingorane wahuye nazo ugamije gufata ingamba nshya mu mwaka uba utangiye.

-1607.jpg

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu ku kazi katoroshye ikomeje gukora mu kubungabunga umutekano

-1608.jpg

Umwe mu bapolisikazi (uriho akaziga) baherutse kwicirwa muri Haiti n’abandi basize ubuzima bari mu kazi kabo bashimiwe na Perezida Kagame ndetse n’imiryango yabo ayizeza ubufasha

Yagize ati:”Intangiriro nshya zizana intego n’ingamba zihamye zo gukaza ibyagezweho mu gihe gishize, ni muri urwo rwego Polisi y’igihugu ikwiye gusubiza amaso inyuma mu mwaka ushize bakareba ibyo babashije kugeraho byatumye hakemurwa ibibazo bitandukanye byagiye bigaragara mu mpande zitandukanye.”

Yakomeje agira ati:”Mu kwiye guterwa ingufu n’ibikorwa bihamye mwagezeho mu mwaka wa 2015, by’umwihariko kubahiriza no kurinda amabwiriza, kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ndetse n’akazi katoroshye ko kubungabunga umutekano n’amahoro mu bihugu mpuzamahanga bikabagira abanyamwuga.”

Perezida Kagame yakomeje agira inama Polisi y’igihugu gukomeza kubungabunga ibyo byose muri uyu mwaka mushya dutangiye barushaho gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu cyubahiro no mukuri hagamijwe gukaza umutekano mu bice bitandukanye.

Yagize ati: “Mu gihe twishimira umwaka mushya, mureke dutekereze cyane ku bavandimwe bacu n’inshuti babashije kwitangira inshingano zabo kugira ngo abasigaye babashe kubaho mu mahoro. Turabazirikana kandi tugaha agaciro ubwitange bwabo kandi tukaba twizeza imiryango yabo yasigaye kuzakomeza kuyiba hafi.”

Yasabye inzego z’umutekano kurushaho kwita ndetse no gukomera ku mutekano w’igihugu barwanya ibikorwa byose by’iterabwoba aho byaturuka hose.

Yabasabye kandi gukomeza gukorera hamwe kugira ngo ibendera ry’igihugu cy’u Rwanda rikomeze rizamurwe ku isi hose muri iki gihe igihugu gikomeje urugendo rwacyo rukiganisha ku mpinduka cyifuza.

Source: Makuruki.rw

2016-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
Uganda: Umukobwa yatabawe yari amaze igihe kirekire akorerwa iyicarubozo na nyirabuja

Uganda: Umukobwa yatabawe yari amaze igihe kirekire akorerwa iyicarubozo na nyirabuja

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya
ITOHOZA

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016
Umufasha wa  Charles Ntakirutinka yitabye Imana
ITOHOZA

Umufasha wa Charles Ntakirutinka yitabye Imana

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije
Mu Rwanda

Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru