• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Editorial 26 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu kiganiro na televiziyo mpuzamahanaga ya Al Jazeera kuri uyu wa gatandatu, Perezida William Ruto uherutse gutorerwa kuyobora Kenya, yashubije umunyamakuru wari umubajije uko abona ibirego bya Kongo bishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, maze agira ati:”…..Perezida Kagame, adaciye ibintu ku ruhande, yasobanuye ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’umutwe wa M23. Twebwe ntidushaka kujya mu mukino wo kugerekanaho umutwaro no gutungana agatoki, kuko ntacyo byamara mu gukemura ibibazo. Nk’Umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba twiyemeje gufatanya mu kurangiza ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Kongo, kandi icyiza yaba Pereida Kagame, yaba na Perezida Tshisekedi, bombi bafite ubushake”.

Kuva intambara hagati y’igisirikari cya Kongo n’umutwe wa M23 yakubura mu mpera z’umwaka ushize wa 2021, abategetsi ba Kongo bunganyije ibirego biherekejwe n’ibitutsi, bashinja u Rwanda gushyigikira uwo mutwe uvuga ko uharanira kubaka igihugu cyubaha uburenganzira bwa buri Munyekongo. 

Uretse amagambo menshi, nta kimenyetso na kimwe Kongo yigeze igaragaza cyerekana nibura uruhare ruto cyane rw’u Rwanda mu bibazo by’umutekano muke muri icyo gihugu.

U Rwanda rwo ntirwahwemye gusobanura ko ibibazo bya Kongo bireba Abanyekongo ubwabo, ariko rukongeraho ko rwiteguye gufatanya n’abandi kubishakira umuti. Ibi ni na byo Perezida Ruto yabaye nk’ushimangira, maze ku mbuga nkoranyambaga ibigwari bidashaka kumva ukuri si ukumutuka byiva inyuma. Ntibitangaje ariko kuko ibitutsi ariyo ntwaro rukumbi bafite.

Kugeza ubu abayobozi banyuranye banze kugwa mu mutego w’ikinyoma cya Kongo.

Uretse Perezida William Ruto usanga umukino wo gushinjanya ntacyo wageraho, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres aherutse kubwira televiziyo y’Abafaransa, France 24, ko nta kimenyetso yashingiraho yemeza ko u Rwanda rufasha M23 koko, nk’uko n’umuhagarariye muri Kongo, Bintou Keita, yari aherutse kubitangaza.

Kugeza ubu kandi yaba Loni, waba Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ndetse n’indi miryango mpuzamahanga nta n’umwe uragaragaza ko wemeye ibivugwa na Kongo, ngo ubonereho no kwamagana u Rwanda. Ibi birerekana rero ko Tshisekedi n’ibyegera bye bakwiye guhindura umuvuno, bakareka gukomeza gutayanjwa, ahubwo bakumva inama amahanga abagira, yo kubanza kumva ko ibibazo aribo bireba mbere na mbere, no kubikemura binyuze mu nzira y’ibiganiro.

U Rwanda rwagaragaje ubushishozi, rwirinda kugwa mu mutego w’ubushotoranyi.

Perezida Kagame akunze kumvikana avuga ko “igisubizo cyiza ukwiye guha ugusuzugura, ugutuka n’undi wese ukwifuriza ikibi, ari ugukora, ukamuhimisha gutera imbere”. Ibi rero ni nabyo u Rwanda rwashyize mu bikorwa, maze rwirinda guterana amagambo n’abategetsi ba Kongo bahisemo inzira y’ikinyabupfura gike cyane.

Ubwo Perezida Tshisekedi yongeraga kwifatira u Rwanda ku gahanga mu Nteko Rusange ya Loni ya 7, hari abibwiraga ko Perezida Kagame azamusubiza akabwira Tshisekedi ”icyo amutekerezaho”, cyane ko Perezida w’u Rwanda ari nawe wavuze nyuma. Si ko byagenze, ahubwo Perezida Kagame yongeye kugaragaza ubunararibonye muri politiki, aho gutwarwa n’uburakari, mu mbwirwaruhame itarambiranye yerekana gusa ko umuti w’ibibazo ari ukubanza kumva inkomoko yabyo, kandi ko amazi atararenga inkombe kuko umuryango mpuzamahanga ushyize hamwe wakemura ibibazo.

Ikindi abasesenguzi bashingiraho bemeza ko u Rwanda rudahubuka haba mu mvugo haba no mu bikorwa, ni igihe igisirikari cya Kongo, gifatanyije n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, barasaga ku butaka bw’u Rwanda, nyuma bakaza no gushimuta abasirikari 2 b’u Rwanda. Icyo gihe hari abatari bake bumvaga u Rwanda rugiye gukoresha uburenganzira bwarwo n’ubushobozi rusanganywe(Kongo irabuzi), maze rugatanga isomo rizabuza Kongo kongera gukora mu jisho ry’intare. Si ko byagenze, ahubwo u Rwanda rwabwiye Kongo, runasaba amahanga kuyumvisha ko ubwo bushotoranyi nibukomeza butazayigwa amahoro.

Abategetsi ba Kongo ni  “ibikuri” muri politiki.

Umunwa muremure, indirimbo y’ibitutsi, ibirego bidashinga biherekejwe n’ubushotoranyi, ni intwaro y’abanyantege nke. Gutinyuka kwambura ubwenegihugu Abanyekongo bene wanyu ubaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda, byo ni ubuswa buzabaroha mu gutsindwa ruhenu, kuko biha M23 impamvu yo kurwana. Kwihandagaza ukizeza abaturage ko uzagaba igitero ku Rwanda ndetse ukarwigarurira, uzi neza ko ntaho muhuriye mu bushobozi, bwaba ubwa gisirikari, ubwa politiki na dipolomasi, niba atari ubwiyahuzi ni uburwayi bwo mu mutwe. Muri make rero, imyitwarire y’abategetsi ba Kongo igaragagariza buri wese ko ari”ibikuri” muri politiki. Ikibazo kandi iyo utazi cyangwa uhakana ubumuga bwawe, no kubukira biragoye.

 Ushobora kwanga kumva, ariko ntiwakwanga no kubona!!

2022-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Editorial 06 Feb 2017
Menya bamwe mu bagize Jambo asbl ihakana Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994

Menya bamwe mu bagize Jambo asbl ihakana Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994

Editorial 14 Feb 2018
Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Editorial 14 Jul 2020
Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ambasaderi w’Ububiligi mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Editorial 29 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda
HIRYA NO HINO

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Editorial 18 Feb 2020
Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame
ITOHOZA

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2016
Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje
Amakuru

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Editorial 05 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru