• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Editorial 28 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 27 Mata, Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku buryo bw’ikoranabuhanga, aho baganiriye ku ngingo zitandukanye harimo ibikorwa bikomeje bijyanye no guhangana n’icyorezo cya Virus ya Corona, umutekano w’igihugu muri rusange n’ibindi. Ku kibazo cy’umutekano Perezida Kagame yabajijwe ku bijyanye n’amakuru ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo gufasha ingabo z’icyo gihugu mu guhashya imitwe yitwara gisirikari harimo na FDLR. Perezida Kagame yamaganye ayo makuru ko nta musirikari w’u Rwanda uri ku butaka bwa Kongo.

Ibi bije bikurikira inyandiko ndende zakozwe n’ikinyamakuru RFI kivuga ko cyakoze ubucukumbuzi kigasanga ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo. Ibi ariko byaje kwamaganwa n’abantu batandukanye bavuga ko RFI yabaye igikoresho cy’abarwanya Perezida Felix Tshisekedi aho RFI ikurikirwanwa cyane I Kinshasa iba itambutsa ibyo Martin Fayulu ashaka. Ibi kandi byatewe nuko kuva mu kwezi kwa Kamena umwaka ushize, Ingabo za FARDC zahagurukiye kurwanya imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu mashyamba ya Congo, aho abayobozi bakuru ba FDLR barimo na Lt Gen Sylvestre Mudacumura yahitanwe n’ibi bitero. Nyuma yibi bitero abantu batandukanye bavuzeko FARDC itari yonyine muri ibi bitero, ariko Perezida Kagame yamaze amatsiko ababyibazaga.

Perezida Kagame kandi yibukije abakurikiye iki kiganiro ko buri gihe iyo havugwa ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri RDC, bimwibutsa imyaka 26 ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba rugihanganye n’ikibazo cy’abayigizemo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro yavutse nyuma yaho ikagenda ihinduranya amazina.

Perezida Kagame yavuzeko hari n’abitwa ko ari impuguke mu karere ariko nabo bagakwirakwiza ibihuha; yongeyeho ko amakuru y’ubutasi u Rwanda rufite aruko ingabo z’u Burundi zagiye muri Kongo kurwanya imitwe irwanya icyo gihugu ariko nanone nabo bafatanyije na FDLR.

Kuri Corona Virus, Perezida Kagame yavuze kuri miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika u Rwanda ruheruka gutanga nk’imisanzu muri Afurika Yunze Ubumwe adakwiye kugaragara nk’ubushobozi bwashyizwe ahadakwiye, kuko iyo izo nzego zikora neza narwo rubyungukiramo. Yongeyeho ko hari amafaranga u Rwanda rwungunze aruta kure ayo miliyoni imwe y’amadorali u Rwanda rwatanze.

Kurikira ikiganiro cyose hano

2020-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Editorial 18 Dec 2019
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Editorial 18 Jul 2024
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Editorial 10 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa

Editorial 13 Feb 2019
Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye
SHOWBIZ

Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye

Editorial 04 Dec 2017
FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye
IMIKINO

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye

Editorial 19 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru