• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Editorial 28 Mar 2017 POLITIKI

Kuri iki cyumweru, Perezida Kagame yagejeje ikiganiro ku bantu barenga 18,000 bitabiriye inama ngarukamwaka ihuza abayobozi mu nzego zitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Isiraheli iri kubera I Washington DC. Mu kiganiro cye muri iyi nama igamije gukomeza ubufatanye bw’Amerika na Isiraheli, Perezida Kagame yahamagariye abayitabiriye guhuriza hamwe imbaraga bakarwanya imigambi yose igamije guhakana Jenoside no gupfobya abayiburiyemo ubuzima. Yanavuze kandi ko gusigasira umutekano w’abantu bibabiswe, birenze gukoresha imbaraga z’amaboko gusa.

Perezida Kagame yagize ati: “ Umutekano w’abantu bigeze kwibasirwa n’ivangura iryo ariryo ryose ntugarukira ku mbaraga z’amaboko gusa.Isi yacu ntizigera itekana,haba kuri twe no kubandi kugeza igihe tuzatsindira ibitekerezo byose bigaragaza ubwicanyi nk’inshingano yo gukunda igihugu. Dufatanyije n’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tugomba kuzahura ubufatanye mu kurwanya abahakana Jenoside ndetse bakanapfobya abayiburiyemo ubuzima.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwifatanyije na Leta ya Isiraheli ikomeje kwibasirwa na bimwe mu bihugu bituranye nayo, avuga ko Isiraheli ifite uburenganzira bwo kubaho no gutera imbere nk’igihugu gifite uburenganzira bwose mu muryango mpuzamahanga.

Ashingiye ku mateka u Rwanda na Isiraheli bihuriyeho, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda na Isiraheli byabaye gihamya ko nta cyago uko cyaba kimeze kose kitagira iherezo.

Perezida Kagame yagize ati: “ Nta kabuza , u Rwanda ni inshuti ya Isiraheli. Nta mahano uko yaba ameze kose yatuma ubwenge bwa muntu n’umuhate wo kwiyubaka bitagera kuri ejo hazaza heza. Ukoroka no kwiyubaka kw’ibuhugu byombi nibyo bishimangira uku kuri.”

Avuga ku mubano wa Isiraheli n’umugabane w’Afurika, Perezida Kagame yavuze ko uyu mubano waranzwe no guhuza ubushobozi ndetse n’inyungu zihuriweho.

Perezida Kagame yagize ati: “Twishimiye uruhare rwa Isiraheli mu iterambere ry’Afurika no kuba ibihugu by’Afurika bikorana nayo neza. Mbere, iyi mikoranire ntiyagaragaraga ndetse byanagize ingaruka mu buryo bumwe ku myumvire abantu bagombaga kugira kuri isiraheli n’ibihe yanyuzemo.”

Perezida Kagame yashimangiye ko Isiraheli iri mu mwanya wo gufatwa nk’icyitegererezo cy’uburyo igihugu cyiyubaka, hashingiwe ku kuba yarageze ku byafatwaga nk’ibidashoboka kandi ikikijwe n’abanzi ndetse n’umuryango mpuzamahanga ukaba utayifuriza ibyiza.

Perezida Kagame yagize ati: “ Ibi byose ubihurije hamwe, bitanga ishusho y’ibyo twanyuzemo mu myaka mike ishize. Dutekereza ko hari amasomo menshi twabyigiraho nko kuba iyo abantu bagambiriye, bafite n’intego ishingiye ku kurokoka kwabo, nta nzitizi n’imwe yababuza kugera ku iterambere bifuza.”

Perezida Paul Kagame niwe mukuru w’igihugu wa mbere w’umunyafurika ugejeje ikiganiro ku bitabira iyi nama.

-6174.jpg

-6173.jpg

-6177.jpg

-6176.jpg

-6175.jpg

Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko Israel ari inshuti ikomeye y’u Rwanda kuko ari ibihugu bisangiye amateka

Source & foto: Village Urugwiro

2017-03-28
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Editorial 28 Feb 2020
William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

Editorial 11 Jan 2018
Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Editorial 12 Mar 2024
Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Editorial 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe
SHOWBIZ

Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Editorial 15 Jun 2018
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Editorial 10 May 2018
Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Editorial 30 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru