• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Editorial 09 May 2018 IKORANABUHANGA

Perezida Paul Kagame yavuze ko ikoranabuhanga rigomba kwifashishwa nk’uburyo butuma ibindi bikorwa abantu bakeneye bishoboka, hagamijwe no gukemura ibibazo abaturage bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi.

Perezida Kagame yabigarutseho ku munsi wa mbere wo gutangiza Transform Africa Summit 2018, yitabiriwe n’abagera ku 4000 baturutse mu bihugu bisaga 80 byo mu mpande zitandukanye z’Isi.

Ubwo yari ahawe umwanya ngo agire icyo avuga ku musozo w’ikiganiro cyagarukaga ku buryo bwo kubaka Isoko Rusange mu ikoranabuhanga, Perezida Kagame yagaragaje ko hari inzego zikwiye kongerwamo imbaraga, ashingiye ku byo yanyuzemo ubwo yinjiraga muri politiki.

Yagize ati “Ikibazo cya mbere nibazaga cyari ukwibaza ngo ni iki nkwiye kuba nkora muri politiki, ni ibihe bikwiye kuza imbere. Icyo naje kubona ni uko muri guverinoma cyangwa politiki, ni ugufasha abaturage gushobora gukora ibishoboka bashingiye ku bintu byinshi birimo ubucuruzi. Igikorwa cyanjye cya mbere kwari ugutuma ubucuruzi bushoboka, ku baturage bo mu gihugu cyanjye.”

Yavuze ko gukora byose bisaba ikoranabuhanga, guhanga udushya no kwihangira imirimo, bikaba ari ibintu by’ingenzi ibihugu bya Afurika bigomba gushyiramo imbaraga bifatanyije.

Yakomeje agira ati “Muri Afurika tugomba kugira iyo myumvire yo gutuma ubucuruzi bukorwa neza no kwemerera umuntu wese kubigiramo uruhare. Bivuze ngo izo miliyari 1.4 z’abaturage bagomba kubona ayo mahirwe, abari ku isoko bose bakabasha gukora ibyo bashoboye kandi abantu bafite ubushobozi butandukanye, hagashyirwaho uburyo butuma byose bishoboka.”

Yakomeje agira ati “Dushore imari mu burezi, mu buzima, mu bikorwaremezo, ibyo byose bizamura impano, ubumenyi, kugira ngo tugire abaturage bafite ubuzima bwiza, banabasha gukora ibibateza imbere bakigeza ku rundi rwego.”

Perezida Kagame yavuze ko Afurika ikwiye gukorera hamwe, kugira ngo hubakwe uburyo butuma n’ibindi bikorwa byose bishoboka.

Yakomeje agira ati “Urebye ku ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru yaba 4G, 5G, dukwiye kubirangamira ariko tukanabasha guhanga uburyo bukemura ibibazo byo ku rwego rwo hasi bigera ku mubare munini w’abaturage.”

“Ntabwo ari ukuvuga ngo oya reka tugume muri ibyo bibazo abaturage bacu bafite gusa tube turetse iryo koranabuhanga rigezweho no guhanga udushya, Oya. Ni ukubaka uburyo bwo guhuza ibyo byose, bidufasha kwiteza imbere tukabasha kubaha ahazaza twifuza.”

Perezida w’Inteko Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye, Miroslav Lajčák, yavuze ko nubwo iyi nama bayise Transform Africa, itari mu nyungu za Afurika gusa, kuko impinduka zishobora guhera muri Afurika ariko zigakwira Isi yose, anabihuza no kuba iyi nama idakoranyije abaturutse mu bihugu 54 bya Afurika ahubwo baturutse imihanda yose mu migabane itandukanye.

Yakomeje agira ati “Iyo urebye Afurika ubona ibintu bitandukanye birimo amahirwe, ubushake, ariko igikomeye kurusha ibindi ni icyizere kubera ko mu byakozwe byose, hari n’ibindi bigiteganywa.”

Yavuze ko kugira ngo ibikorwa byose bikenewe bikorwe neza, hakenewe kwita ku ikoranabuhanga by’umwihariko, kuko rimaze guhindura ibikomeye imibereho y’abantu guhera ku buryo bavugana, uko bagura bakanagurisha n’uburyo batanga serivisi zitandukanye.

2018-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

Editorial 10 Mar 2020
U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Editorial 02 Mar 2018
Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’

Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’

Editorial 17 Nov 2018
GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Editorial 08 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri  yashimuswe  na CMI
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri yashimuswe na CMI

Editorial 13 Feb 2018
Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0
Amakuru

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Editorial 04 May 2025
Col Habyarimana wa FDLR yatawe muri yombi
ITOHOZA

Col Habyarimana wa FDLR yatawe muri yombi

Editorial 25 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru