• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Editorial 17 May 2017 POLITIKI

Nyuma y’amasaha macye Perezida mushya w’u Bufaransa, Emmanuel Macron arahiriye kuyobora kiriya gihugu, yibukijwe ko agiye kunywana inka ikirego ku bijyanye n’uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, cyakomeje kuzinzika.

Ibi yabyibukijwe binyujijwe mu ibaruwa, ihuriro ry’imiryango yiyemeje gushakisha abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bahungiye mu Bufaransa(CPCR) bamwandikiye bamusaba kugaragaza politiki ye ku bijyanye no gukurikira abakekwaho kuyigiramo uruhare ndetse n’imibanire ye mishya n’u Rwanda.

Muri iyo baruwa ndende ifite umutwe ukomoza ku ‘gufata ihene igihebeba’(Battre le fer tant qu’il est chaud), igenewe Perezida Macron yanditswe tariki ya 14 Gicurasi 2017 igaruka kuri byinshi bisabwa Macron, yasinyweho na Alain Gauthier, Umufaransa akaba n’Umunyarwanda uyobora CPCR (Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda).

Bagira bati “mumaze gutorerwa kuyobora u Bufaransa , ni muri urwo rwego nifuje kugira ubutumwa mbagezaho nka perezida wa CPCR, ihuriro ryashinzwe mu 2001 ryihaye intego yo gukurikirana mu butabera abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi bari ku butaka bw’u Bufaransa.

Atangira amwibutsa ko mu ntangiriro zo kwiyamamaza kwe hari indi baruwa yamugejejeho ikurikiwe n’iyi.

Ati “mu ntangiriro zo kwiyamamaza kwanyu, nabagejejeho ibaruwa ifunguye yasinywe na Rwabuhihi, perezida wa ACPCR igizwe n’inshuti za CPCR, umuryango nyarwanda uri mu cyerekezo nk’icyacu.”

Gauthier yibukije Macron wagaragaraga ko ashobora kwegukana umwanya wa perezida muri ayo matora,ko bamwandikiye ibaruwa yarimo ibibazo bitatu byabazwaga Macron ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi.

-6633.jpg

Uyu ni Emmanuel Macron w’imyaka 39 watsindiye kuba perezida w’ u Bufaransa

«Mwemeza umwanzuro w’urukiko rusesa imanza rwahakanye kohereza mu Rwanda abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside , aho bakekwa kugirira uruhare rwabo muri jenoside yakorewe Abatutsi ? »

“Ni izihe ngamba muteganya gufata kugira ngo uburyo u Bufaransa bugenda biguru ntege mu gukurikirana dosiye zabo ngo bihagarare ? ni izihe ngamba zidasanzwe mwatanga ngo zikurikizwe zituma, itsinda ryashyizweho mu kurwanya ibyaha byakorewe inyoko muntu ryashinzwe muri 2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Paris rukorana ubushobozi bukwiye.”

Gauthier yibutsa Perezida Macron uko igihu cyabuditse

Ku gice kigenewe Macron nka Perezida Mushya w’u Bufaransa, Gauthier amwibutsa ko guhera mu 1994, hari amabaruwa asaga 30 yagejejwe ku Bufaransa akomoza ku bufatanye bwavugwaga ku bufaransa mu guhishira abakekwaho kugira uruhare mu byaha byakorewe inyokomuntu, harimo 25 yanditswe na CPCR.

-6632.jpg

Alain Gauthier, Umufaransa akaba n’Umunyarwanda uyobora CPCR (Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda).

Nubwo hakozwe ibyo byose , kugeza ubu u Bufaransa bumaze kuburanisha imanz eshatu z’abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi. Abo ni Simbikangwa Pascal wahoze mu ngabo z’u Rwanda(EX-FAR) wakatiwe igifungo cy’imyaka 25 yashingiwe n’urukiko rw’ubujurire, hari kandi na Tito Barahira na Ngenzi Octavien bahoze bayobora komine Kabarondo nabo bakatiwe bakatiwe igihano cya burundu.

Iyi ni ngendo ki nyakubahwa Perezida ?

Gauthier akomeza abaza Macron iby’uyu muvuduko anenga.Ati « Bizafata igihe kingana iki mu gihe hakigenderwa kuri uyu muvuduko , nyakubahwa Perezida, kugirango ibirego byose twabagejejeho byigweho ? bizafata igihe kingana iki ngo abavugwamo bose bazajyanwe imbere y’ubutaberaa bw’igihugu cyacu ?. »

Akomeza yerekana ko hari izindi bateganya kuba batanga ziyongera ku zindi. Ikindi ni uko pariki nta muntu yigeze ikurikirana ukekwaho kugira uruhare muri jenoside, mu gihe bitagizwemo uruhare n’imiryango yanze kurebera abakekwaho ibyo byaha bidegembya muri icyo gihugu, aho usanga abantu badakunze gukomoza kuri Jenoside imaze imyaka 23 ibaye.

Ku bijyanye n’abayoboye u Bufaransa yerekana ko batigeze bashaka kwemera uruhare rwabo mu bijyanye na jenoside.

Ati « ntabwo tuzatuza kugaragaza ubufatanye bwabayeho mu by gisirikare, muri dipolomasi , no mu gutera inkunga mu by’ubukungu, byakozwe na guverinoma yari iyoboye u Bufaransa mu 1994 n’abari abayobozi b’u Rwanda icyo gihe barimo Perezida Habyarimana. »

Ni igihe cyo gutsura umubano n’u Rwanda ?

Macron abazwa niba agiye kugirana umubano usesuye n’u Rwanda.

« Ku buyobozi bwanyu , murateganya kongera gutsura umubano n’u Rwanda mu bya politiki, umubano nyamubano ? mu myaka myinshi mu by’ukuri, Minisiteri y’Ububanyi n’amahang y’u Bufaransa(Quai d’Orsay) bafata u Rwanda nk’aho rutakibaho. Ese uruhare rw’abagabo nka Vedrine na Juppe, ruzakomeza guhabwa agaciro. »

ahereye ku byo Macron yatangaje ko ashak kugira u Bufaransa igihugu Isi yose ireberaho mu byiza, Gauthier yamubajije niba no mu butabera agiye guhagurukira gukurikirana abakekwaho kugira uruhare muri jenoside.

-6631.jpg

Yongera kumubaza niba ari igihe cyo guhindura uburyo bwo gutsura umubano ukwiye na Afurika, ndetse n’u Rwanda.

Source : BWIZA

2017-05-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Editorial 13 Mar 2019
Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Editorial 24 Jun 2025
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudakuka umutima kubera Coronavirus

Editorial 14 Mar 2020
Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Editorial 03 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara
Mu Mahanga

Muri CNLG haravugwa ubujura bw’imishahara

Editorial 20 Aug 2016
Perezida Kagame yakiriye indahiro za Depite  Bitunguremye, Kalinijabo na  Mukamana bose bakomoka muri  RPF- Inkotanyi.
Amakuru

Perezida Kagame yakiriye indahiro za Depite Bitunguremye, Kalinijabo na Mukamana bose bakomoka muri RPF- Inkotanyi.

Editorial 18 Nov 2016
U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

Editorial 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru