• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Editorial 18 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka Harare muri Zimbabwe avuga yuko Perezida Robert Mugabe ari mu maremera akaba atazashobora kongera kugaruka mu biro nyuma y’ikitwa ikiruhuko cya buri mwisho w’umwaka ubutegetsi bwe buvuga yuko ubu aricyo arimo.

Ubusanzwe koko Perezida Mugabe buri mwisho w’umwaka fata ikiruhuko ubutegetsi akabusigira umwe muri ba Visi Perezida be babiri. Mugabe yagiye muri icyo kiruhuko cye cy’umwaka tariki 24 ukwezi gushize, asiga ku mwanya w’umukuru w’igihugu by’agateganyo Visi Perezida Phelekezela Mphoko.

Itegeko nshinga muri icyo gihugu riteganya yuko gusimbura Perezida wa Repubulika by’agateganyo bikorwa n’abo bavisi Perezida mu buryo gusimburana ariko no mu kiruhuko cy’umwaka ushize Mugabe yari yasigiye ubutegetsi Mphoko, yirengagije yuko hagombaga kuba hatahiwe Visi Perezida wundi ariwe Emmerson Mnangagwa !

-1803.jpg

Amagara arimo aracika Perezida Mugabe.

Ubusanzwe iyo Perezida agiye gusigira umwanya we by’agateganyo undi muntu aramusinyira nk’uko yabigenje abusigira Mphohoto tariki 24/12/2015. Ariko hari ikintu kije gitunguranye gituma abantu bahamya yuko koko amagara arimo acika Perezida Mugabe.

Tariki 11z’uku kwezi abantu batunguwe no kumva yuko Emmerson Mnangagwa asimbuye Phelekezela Mphoko kuri uwo mwanya wa Perezida wa Repubulika w’agateganyo. Ntabwo yasinyiwe na Perezida Mugabe ahubwo itangazo rimwimika ryasinywe n’umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’itangazamakuru n’itumanaho, Phelekezela Mphoko

Ababikurikranira hafi bagahamya yuko ibi bigomba kuba bisobanuye ko Mugabe adashobora kuzongera gusubira mu biro ahubwo kwitaba Imana kwe kwageze, cyane yuko bivugwa yuko arembye cyane mu bitaro mu gihugu cya Singapore.

Muri Zimbabwe amategeko agena yuko iyo Perezida yitabye Imana asimburwa na Visi Perezida agategeka iminsi 90, hatunganywa iby’amatora kugira ngo Perezida wa Repubulika mushya aboneke. Amakuru akavuga yuko haba muri leta cyangwa mu ishyaka ZANU riri ku butegetsi baziho ubushobozi buke visi perezida Mphoko bwo kuba yayobora igihugu amezi atatu yose.

-1802.jpg

Emmerson Mnangagwa, Phelekezela Mphoko, Robert Mugabe

Ikaba ariyo mpamvu bahisemo kumukuraho bakamusimbuza Mnangangwa uzwiho ubushobozi bukomeye akaba n’umuhanga bukomeye mu by’ubukungu akaba n’umuntu wa hafi cyane na Grace Mugabe, umugore wa Prerezida.

Gushyirwaho kwa Mnangangwa benshi muri Zimbabwe babifata yuko aje ari umuntu ugomba gutegeka ya minsi 90 ya nyuma y’urupfu rwa Robert Mugabe, anategurira Grace Mugabe kuzasimbura umugabo we ku butegetsi.

Kayumba Casmiry

2016-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Editorial 04 Jun 2017
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.

Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.

Editorial 16 May 2021
Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Editorial 30 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Editorial 29 Jun 2016
APR FC yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota atatu hagati yayo na Rayon Sports, Kiyovu SC yatsinze Police FC – Ibyaranze umunsi wa 22 wa RPL
Amakuru

APR FC yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota atatu hagati yayo na Rayon Sports, Kiyovu SC yatsinze Police FC – Ibyaranze umunsi wa 22 wa RPL

Editorial 31 Mar 2025
Dosiye y’Umunyamakuru Robert Mugabe yashyikirijwe ubushinjacyaha
Mu Rwanda

Dosiye y’Umunyamakuru Robert Mugabe yashyikirijwe ubushinjacyaha

Editorial 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru