• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Ubwanditsi 24 Feb 2017 Mu Rwanda

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda guhera ejo tariki 25/02/2017 biteganyijwe yuko azatangira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Tanzania, igihugu cyamuhaye ubuhungiro muri za 70 !

Umuyobozi w’intara ya Dar es Salaam, Paul Makonda, ejo yabwiye abanyamakuru aho mu murwa mukuru wa Tanzaia yuko Museveni azaba ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, rukazarangira ejo bundi tariki 26.

-5869.jpg

Makonda yabwiye abo banyamakuru yuko Perezida Museveni azagirana ibiganiro birambuye na mugezi we, Perezida John Pombe Magufuli, ariko yirinda kuvuga ibyo bizibandaho uretse kuvuga gusa yuko bizaba bigendanye n’ubukungu, ubucuruzi na diplomasi.

Abakurikiranira hafi ibyo muri Prezidansi ya Tanzania bahamya yuko ibiganiro by’abo bakuru b’ibihugu byombi bizibanda ku kibazo cy’imishyikirano igamije kureba uko amahoro yagaruka mu gihugu cy’u Burundi.

Perezida Museveni niwe muhuza mukuru w’ibibazo by’Abarundi n’ubwo imirimo ya buri munsi ikorwa na Benjamin William Mkapa, wahoze ari Perezida wa Tanzania. Imishyikirano y’Amahoro ku Burundi ihagarariwe n’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC), ubu Magufuli abereye umuyobozi !

-5872.jpg

Perezida Museveni na Perezida Magufuri

Iyo mishyikirano y’Abarundi ubushize yabereye Arusha, isanzwe ibera, kuva tariki 16 kugeza tariki 18 z’uku kwezi ariko leta y’u Burundi yanze koherezayo intumwa zayo, itanga impamvu ubona zifite intego (intumbero) zo gushaka kwica iyo mishyikirano.

Leta y’u Burundi yavuze yuko idashobora kujya mu mishyikirano yanatumiwemo imitwe yibumbiye muri CNARED ngo kuko yagize uruhare muri ya kudeta yapfubye, Gicurasi 2015. Bujumbura kandi ikanavuga yuko iyo mishyikirano igomba kuzajya ibera mu Burundi aho gutwarwa Arusha muri Tanzania.

-5873.jpg

Perezida Museveni na Perezida Nkurunziza

Iki kibazo rero gihangayikishije Mkapa akaba yaratangaje yuko agomba kugishyikiriza abayoboye EAC ku buryo bwihutirwa ! Museveni nk’umuhuza nawe ni ngombwa guhura na Perezida wa EAC’ ku buryo bwihutirwa ngo barebere hamwe icyakorwa !

Casmiry Kayumba

2017-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatuye mu manegeka mu duce twa Gitega na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali bagiye gushyirwa igorora

Abatuye mu manegeka mu duce twa Gitega na Kimisagara mu Mujyi wa Kigali bagiye gushyirwa igorora

Ubwanditsi 16 Sep 2021
Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Ubwanditsi 30 Sep 2021
Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Ubwanditsi 09 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose
Amakuru

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma
Mu Mahanga

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru