• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni Yaburiwe Ko Nadafungura Gen Kayihura Bizamugiraho Ingaruka Zikomeye

Perezida Museveni Yaburiwe Ko Nadafungura Gen Kayihura Bizamugiraho Ingaruka Zikomeye

Editorial 30 Jul 2018 ITOHOZA

Abo mu muryango wa Gen Kale Kayihura ndetse n’inshuti ze za hafi bo mu gace ka Kisoro, baburiye Perezida Museveni ko gufunga uyu mujenerali bizamugiraho ingaruka zikomeye zishingiye kuri politiki.

Amezi abiri ashize Gen Kayihura afungiye i Makindye muri kasho ya gisirikare nyuma yo gufatirwa iwe ahitwa  Lyantonde, kugeza n’ubu akaba ataragezwa imbere y’ubutabera ngo icyo ashinjwa kimenyekane.

Ku wa Gatandatu tariki ya 28 Nyakanga 2018, ubwo itsinda ry’abaturage bari baturutse muri Kisoro bagiye gusura umuryango wa Kayihura utuye i Kampala, batangaje Perezida Museveni ko natarekura Gen Kayihura azabona ingaruka za mbere mu matora y’umukuru w’igihugu nazaba yiyamamaje.

Michael Niyonsaba wagize icyo atangaza mu izina rya bagenzi be bari kumwe ubwo basuraga umuryango wa Kayihura, yagize ati “ Twatoye Perezida Museveni ku majwi yacu 99%, ubu bizahinduka mu gihe cyose bazaba batafunguye Gen Kayihura”.

Niyonsaba akomeza avuga ko ari Kayihura wahoraga akora ubukangurambaga muri Kisoro mu myaka yose yagiye ishira Museveni atorwa, asaba abaturage kumutora, ndetse no gutora ishyaka rye NRM.

Iri tsinda ryasuye umuryango wa Gen Kayihura, ryitwaje inkoko, ibitoki n’ibindi biribwa bitandukanye mu rwego rwo kuwugaragariza ko bifatanyije na Kayihura muri ibi bihe bitoroshye arimo ndetse n’urukundo bamufitiye n’umuryango we.

Gel Kale Kayihura w’imyaka 62 y’amavuko, yahoze ari umuyobozi w’igipolisi cya Uganda, muri Werurwe uyu mwaka nibwo Perezida Museveni yamuvanye kuri uyu mwanya amusimbuza Okoth Ochola. Iyirukanwa rya Kale Kayihura wari umaze imyaka 13 ayobora Igipolisi cya Uganda ryatunguye benshi bitewe n’uburyo yafatwaga nk’umutoni imbere ya Perezida Museveni.

Abaturage bo muri Kisoro basuye umuryango wa Kayihura bitwaje ibiribwa
Michael Niyonsaba na bagenzi be baburiye Museveni ko natarekura Kayihura, azahura n’ibibazo

 

2018-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Editorial 06 Sep 2017
Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Editorial 25 Jul 2018
Iby’Umunyamakuru  Ndahayo Obed  wahunze Igihugu byamenyekanye

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Editorial 05 Nov 2017
Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Editorial 06 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero
Mu Mahanga

Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Editorial 17 Jan 2019
Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana
INKURU NYAMUKURU

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Editorial 11 Sep 2019
Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP  Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak
Uncategorized

Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak

Editorial 02 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru