• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Ubwanditsi 06 Aug 2018 Mu Mahanga

Perezida Museveni yatunguranye yitabira igitaramo cy’umuhanzi Bebe Cool basanzwe bafitanye umubano wihariye, cyabereyemo agashya kadasanzwe kubera umuriro wabuze mu gihe cy’iminota icumi.

Bebe Cool yakoze igitaramo gikomeye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 3 Kanama 2018, cyabereye ahitwa Kololo Airstrip ahari hateraniye abakunzi b’umuziki amagana bari baje kureba uyu muhanzi ubimazemo imyaka irenga makumyabiri.

Iki gitaramo cyagombaga kurangira saa sita z’ijoro nk’uko amategeko y’Umujyi wa Kampala abigena ku bitaramo bibera hanze ariko cyo cyagejeje saa munani.

Perezida Museveni yaratunguranye yitabira iki gitaramo mu gihe mu myaka yashize nabwo Bebe Cool yategura ibitaramo binini agateguza abakunzi be ko bazabona uyu mutegetsi ariko bikarangira atahakandagiye.

Daily Monitor yatangaje ko ubwo Perezida Museveni yari amaze kwinjira muri iki gitaramo yitabiriye bwa mbere kuva yajya ku butegetsi, haririmbwe indirimbo yubahiriza igihugu ubundi ahabwa icyicaro.

Akimara kwicara, umuriro wahise ubura ndetse umara hafi iminota icumi abafana bari mu kizima ku buryo n’Umukuru w’Igihugu yamaze icyo gihe cyose yicaye ahantu hatabona ibintu byafashe nk’ibidasanzwe.

Uyu muriro umaze kubura, mu bafana bamwe batangiye kujujura bemeza ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala ari bwo bubiri inyuma mu gihe abandi bavugaga ko byakozwe n’abarwanya Museveni barangajwe imbere na Bobi Wine umaze iminsi afungirwa ibitaramo.

Ubuyobozi bwateguye iki gitaramo cya Bebe Cool nyuma bwamenyesheje abafana ko ikibazo cyabayeho ari moteri yari yashizemo amavuta gusa bamwe banze kubyemera.

Muri iki gihe cyose umuriro wabuze, Perezida Museveni n’abamurinda bagumye hamwe ndetse aho igitaramo cyabereye nta mufana wari wemerewe kuva mu cyicaro ngo ajye ahandi, muri make buri wese yategetswe kuguma aho ari mu buryo bwo kurinda icyahungabanya uyu muyobozi wari wicaye ahatabona.

Perezida Museveni ntiyigeze ahaguruka ngo abyine gusa mu byiciro yagaragazaga ko yishimiye cyane uyu muhanzi ku buryo yanamusabye ko yamuririmbira iyitwa “Kabulengane”, imwe mu zo akunda bidasanzwe.

Yongeyeho ati “Nkunda abahanzi bo muri Uganda by’umwihariko Bebe Cool kuko basigasira umuco wacu biciye mu ndirimbo zabo gakondo. Muri make mba numva abo mu bindi bihugu bakwiye kwigira kuri izi ndirimbo zacu.”

Bebe Cool yashimiye mu buryo bukomeye Perezida Museveni witabiriye igitaramo cye n’uburyo ashyigikira abahanzi ba Uganda mu byiza no mu bibi.

Perezida Museveni yashimiye cyane Bebe Cool ku bw’umuziki we

Uyu muhanzi yaririmbye mu gihe cy’iminota 40, yagiye imbere y’abafana inshuro eshatu aririmba izakunzwe cyane mu myaka yo hambere n’zindi nyinshi zigicurangwa uyu munsi zirimo Ki Ekiganye, Ndi wuwo, Batidemu, Nananana, 18 and over, Nasalawo with Chizzo, I do, Tofayo, freedom, Love you everyday, Sente n’izindi.

Muri iki gitaramo, Bebe Cool yunamiye Mowzey Radio witabye Imana muri Gashyantare 2018, yacuranze mu buryo bwa live indirimbo ya Good Life yakunzwe cyane ‘Zuena’.

Bebe Cool n’umugore we Zuena ku munsi w’igitaramo bari bishimye cyane

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Ubwanditsi 21 Sep 2021
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Ubwanditsi 24 Oct 2024
Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Ubwanditsi 26 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara
Amakuru

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

RUSHYASHYA 08 Apr 2026
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora
Mu Rwanda

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Ubwanditsi 29 Apr 2017
HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni
SHOWBIZ

HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru