• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Editorial 29 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva intambara ihuza umutwe wa M23 n’ingabo za Kongo yatangira muri uyu mwaka, Tshisekedi ntiyahwemye kubeshya amahanga ko ari u Rwanda rwamuteye kugirango ahishe ikibazo abakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bahura nacyo harimo kwicwa no guhohoterwa.

Mu ntangiriro y’iki cyumweru, abahatanira umwanya wa Perezida aribo Martin Fayulu, Matata Ponyo na Dr Denis Mukwege basohoye itangazo bahuriye hamwe bagaragaza ibibazo Perezida Tshisekedi yateje igihugu cye kuva yaba Perezida harimo , kudatsinda amatora, ruswa ikabije, icyenewabo, kwigwizaho imitungo, kubangamira uburenhganzira bwa muntu n’ibindi birego byinshi. Guhera uwo munsi ibitangazamakuru byose bikorera muri Kongo byamaze igihe biganira kuri iryo tangazo rigaragaza gutsindwa kwa Tshisekedi mu myaka ine amaze ayobora. Uwo munsi kandi Moise Katumbi wahoze ayobora intara ya Katanga yatangaje ko nawe aziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu bibera ihurizo Tshisekedi.

Kugirango arebe ko bwacya kabiri, uwo munsi ku wambere tariki ya 26 Ukuboza 2022, ingabo za Kongo zasohoye itangazo ryibutse ko M23 ishyigikiwe n’u Rwanda yubuye imirwano. Iri tangazo ry’ingabo za Kongo FARDC ryari nko gufata agakombe k’amazi ugashaka kuzimya ishyamba ry’inzitane ryahiye.

Nyuma yo kubona ko iri tangazo nta kintu ryakoze ku gitutu kuri Tshisekedi, bazanye indi nkuru imeze nkaho ari film, Minisitiri w’umutekano mu gihugu yerekanye abantu bane aho yavugaga ko ari intasi za Leta y’u Rwanda. Muri abo harimo Col Mugisha Ruyumbu Santos, wafatiwe ko ari umunyamulenge, Nshimyimana Biseruka Juvenal ukuriye Umuryango Utegamiye kuri Leta urwanya inzara muri Kasai witwa “African Health Development Organisation” ukorana n’abasuwisi. Nshimiyimana kandi yakoranye bya hafi n’umugore wa Pereizda Tshisekedi ariwe Denise Nyakeru Tshisekedi.

Undi ni umusore w’imyaka 33 Moses Mushabe wakoraga ubucuruzi abana na Nshimiyimana ariko kuko basanze muri mudasobwa ye ifoto ari mu ngandi yambaye imyenda ya gisirikari bemeje ko ari umusirikari ukomeye mu ngabo z’u Rwanda waje kuneka.

Ibi byose byakozwe mu rwego rwo kugabanya umuriro wacanwe kuri Tshisekedi n’abakandida baziyamamariza uwo mwanya bamwibutsa ko yibye amatora adakwiye kwiyongeza indi manda.

Muri iki cyumweru kandi, Tshisekedi yatumije inama y’abaminisitiri aho icumi batari bemerewe kwinjira kuko ari abo kuruhande rwa Moise Katumbi aho batatu bahise begura. Abasigaye ni abo Tshisekedi yashukishije amafaranga harimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Christophe Lutundula.

Mu bikorwa bya politiki kandi habay itangwa ry’amakarita y’itora aho mbarwa aribo bayabonye abandi agasohoka amasura atari ayabo. Abakongomani bakaba bemeza ko iyi ari intangiriro ko amatora atazagenda neza. Ikindi ni uko intara zegereye aho Tshisekedi avuka naho afite abayoboke zahawe amakarita menshi y’itora bivugwa ko yatangiye kwibwa ataranaba.

Ni ukubitega amaso naho ikinyoma cyo gushyira ku Rwanda ibitagenda byose muri Kongo ntaho bizamugeza. Tshisekedi wabaye Perezida atarabaye na Mayor, amaze kubona ko kuyobora igihugu bitandukanye no gutwara taxi akazi yakoraga akiba mu Bubiligi.

 

 

2022-12-29
Editorial

IZINDI NKURU

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Editorial 15 Mar 2016
Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya

Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya

Editorial 10 Apr 2018
Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 17 Mar 2021
Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Editorial 19 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika

Editorial 29 May 2018
U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund
UBUKUNGU

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Editorial 11 Oct 2019
Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Editorial 05 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru